RFL
Kigali

Mugisha Moise yegukanye isiganwa rya Akagera Race, agaruka ku rubyiniro - AMAFOTO + VIDEO

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:29/05/2023 9:39
0


N'ubwo atigeze afata umwanya wa mbere, Mugisha Moise yegukanye isiganwa rya Akagera Race ryabaye iminsi ibiri, aho abasiganwa bahagurukiye i Gicumbi.



Mu mpera z'iki cyumweru, ni bwo hakinwaga isiganwa ry'amagare ryari ribayeho bwa mbere, aho ryaciye mu bice bitandukanye by'i Burasirazuba.

Abakinnyi bahagurutse ku wa gatandatu mu Karere ka Gicumbi, basoreza mu Karere ka Nyagatare imbere ya Kaminuza yigenga ihakorera.

Abasiganwa bahagurutse ku isaha ya saa 14:00 PM bakoresha amasaha agera kuri abiri, banyuze Nyagahanga, Gatsibo, Ngarama, Mimuli, binjirira mu marembo ya Nyagatare. 

Nk'ibisanzwe, abakinnyi bari mu byiciro bitandukanye, abakinnyi bakiri bato mu bakobwa ndetse n'abakuru, abakinnyi bakiri bato mu bahungu, ingimbi ndetse n'abakuru.

Abagore bakoze intera ingana na Kirometero 77, Nzayisenga Valentine aba uwa mbere, Mwamikazi Djazilla aba uwa kabiri, naho Mukeshimana Josiane aba uwa gatatu.

Mu bagabo, basiganwe intera ya Kirometero 84, Tuyizere Etienne aba uwa mbere, Masengesho Vainqueuer aba uwa kabiri, naho Joel Kyaviro aba uwa gatatu. 

Mu batarengeje imyaka 23, Tuyizere Etienne yabaye uwa mbere, Masengesho Vainqueuer aba uwa kabiri, Gahemba Bernabe aba uwa gatatu. Mu bana bato Tuyizere Hashim niwe wabaye uwa mbere, Uhiriwe Epoir aba uwa kabiri, Nshimiyimana Phacas aba uwa gatatu.

Mu Bagabo, Tuyizere Etienne yageze i Nyagatare ari uwa mbere

Abana bato b'abakobwa, Uwera Aline niwe wabaye uwa mbere, Byukusenge Mariata aba uwa kabiri, Iragena Charlotte aba uwa gatatu.

Ku cyumweru, abakinnyi nabwo bahagurutse mu Karere ka Nyagatare berekeza mu Karere ka Kayonza, ku ntera ingana na Kirometeri 160.

Abasiganwa bahagurutse ku isaha ya saa 09:00 am, basohoka muri Nyagatare binjira Gatsibo, bafata Kayonza barakomeza  bagera Rwinkwavu, barakata bagaruka i Kayonza imbere ya Gare, ari naho basoreje. 

Manizabayo Eric ukinira Benediction niwe wabaye uwa mbere, akoresheje amasaha 4 iminota 28, n'amasegonda 45, Niyonkuru Samuel ukinira Les Amis aba uwa kabiri naho Mugisha Moise aba uwa gatatu. 

Mu Ngimbi zitarengeje imyaka 23, Niyonkuru Samuel niwe wabaye uwa mbere, akurikirwa na Tuyizere Etienne, Masengesho Vainqueuer aba uwa gatatu.


Mu bagore basiganwe intera ya Kirometero 91 aho bavuye i Nyagatare bagasoreza i Kayonza, Nzayisenga Valentine niwe wabaye uwa mbere, akurikirwa na Mwamikazi Djazilla naho Mukashema Josiane ukinira Benediction aba uwa gatatu.

Abana bato b'abakobwa, basiganwe intera ya Kirometeri 75 aho bahagurukiye i Ryabega basoreza i Kayonza. Byukusenge Mariata niwe wabaye uwa mbere, Umutoni Sandrine aba uwa kabiri, naho Ingabire Domina aba uwa gatatu. 

Abana bato b'abahungu, nabo bakoze intera ingana n'iya bashiki babo, Nizeyimana Fiacre akaba ariwe wabaye uwa mbere, akurikirwa na Nshutiraguma Kevin, naho Ntirenganya Moses aba uwa gatatu.

Ku rutonde rusange mu bagabo, Mugisha Moise wari wabaye uwa gatandatu mu gace ka Gicumbi Kayonza arushwa amasegonda 5 n'uwa mbere, niwe wegukanye isiganwa muri rusange nyuma yaho mu gace ka nyuma yabaye uwa gatatu.

Akagera Race ni rimwe mu masiganwa mashya yinjiye muri Ferwacy aho ritegurwa ku bufatanye n'uturere dutandukanye, ndetse na Akagera na National Park. 



Abakinnyi batatu ba mbere mu bakobwa bato 

Abakinnyi 3 ba mbere mu bahungu bato 

Isiganwa ryo ku cyumweru ryaranzwe n'uduce tw'imihanda irambitse 

Manizabayo Eric asuhuza abafana nyuma yo kwegukana agace ko ku cyumweru 

Niyonkuru Samuel wabaye uwa mbere mu batarengeje imyaka 23, umubyeyi we yari yaje kumushyigikira 

Mu bagore, ni uko bakurikiranye ndetse n'i Nyagatare ni ko byagenze 










TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND