RFL
Kigali

MTN yamuritse “Mokash” uburyo bwifashishwa mu kwizigamira no guhabwa inguzanyo

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:27/05/2023 9:19
5


MTN Rwanda yashyize ahagaragara serivisi ya Mokash yifashishwa mu kwizigamira uhereye ku mafaranga macye, ndetse uyikoresha agahabwa ubushobozi bwo kuba yahabwa inguzanyo yamufasha kwiteza imbere.



Abakiriya ba MTN bashyizwe igorora kuko bashyiriweho uburyo buzifashishwa bizigamira ku materefoni yabo bakoresheje uburyo bwa Mokash. MTN yamuritse ubu buryo mu gikorwa cyabereye i Nyabugogo kuwa Gatanu tariki 26 Gicurasi. 

Buri wese ukoresha Mokash azemererwa kugurizwa amafaranga avuye ku 1000 Frw kugera ku 500,000 Frw bitewe n’inshuro abitsa, akaba yakwishyura serivisi zitandukanye zirimo kwishyura umuriro, amazi, amayinite n’ibindi.

MTN yatangaje ko uretse kuba Mokash ari nziza ku baturage ahubwo bakwiye kuba inyangamugayo igihe bafashe ideni bakishyura ku gihe aho kwisanga mu bihano cyangwa bafungirwa zimwe muri serivisi bakenera kubera ideni batishyuye.

Kayitesi Fabiora, umwe mu bakozi ba MTN, yavuze ko amwe mu mahirwe aboneka mu gukoresha Mokash harimo ibihembo bazatanga.

Yavuze ko buri cyumweru bazajya batanga ibihembo ku bantu bagera kuri 25, bahabwe amafaranga ari hagati y’ibihumbi 50 Frw ndetse n’ibihumbi 500 Frw.

Yakomeje avuga ko mu mpera z’ukwezi kwa mbere hazatangwa amafaranga agera kuri miliyoni 3 ku muturage uzaba yahize abandi mu gukoresha Mokash cyane.

Yavuze kandi ko mu mpera z’ukwezi kwa 2 hazatangwa amafaranga agera kuri miliyoni 5 z'amanyarwanda bityo inzozi z’abakiriya babo zikaba impamo.

Umunyana Roselyn (Head of Digital Business NCBA Bank of Rwanda), yatangaje ko NCBA ari umwe mu bafatanyabikorwa ba MTN mu kumurika iyi serivisi ya Mokash.

Mokash imaze imyaka igera kuri 5 ariko benshi mu baturage batayisobanukiwe, ni muri urwo rwego MTN yifuje gusobanurira abakiriya bayo imikorere ya Mokash bakayigana.

Roselyn yatangaje ko abazafata amadeni ntibishyure, babura amahirwe yo  gukomeza kubona inguzanyo, no kubona izindi serivisi bakeneye kuko abigize ba bihemu baba banditse muri CRB - ibiro bishinzwe gukurikirana uko wishyura inguzanyo wafashe.

Yashishikarije abaturage kugana iyi serivise kandi bakayikoresha neza kuko ari imwe mu nzira zatuma bahinduka abaherwe kandi bagakemura ibibazo bibugarije mu buzima bwabo, bakazamura n’Igihugu cyabo.

Muhire Aloys, umwe mu bantu bishimiye iyi serivisi MTN yabashyiriyeho, yavuze ko yari asanzwe ayikoresha ariko adasobanukiwe imikorere yayo myiza.

Yavuze ko yishimiye ko umuntu ashobora guhabwa inguzanyo akaba yakwiteza imbere cyangwa akaba yakwagura ibikorwa bye. Yibukije abantu bose gufunguza konti ya Mokash bakibonera izo serivisi nziza bagezwaho na MTN.


Abaturage bigishijwe uburyo bakoresha Mokash bakiteza imbere


Mokash izafasha abaturage kwiguriza bayikoresheje, kandi bizakunda gusa ku muntu ukoresha MTN Mobile Money 


Umunyana, umukozi wa Bank ya NCBA yavuze ko ba bihemu bazahanwa


Abaturage bari muri gare ya Nyabugogo ahabereye iki gikorwa cyo kumurika Mokash, bishimiye iyi serivisi bavuga ko bagiye kuyikoresha


Abakorera muri Gare ya Nyabugogo, abagenzi, n'abandi benshi bishimiye kwizigamira bakoresheje Mokash






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Nkurunziza Emmanuel 10 months ago
    Iyi service ya Mocash ninziza
  • Emmanuel TUYISHIME 10 months ago
    Ese nukubera iki hagurizwa bamwe na bamwe kd ataruko bakoresha mocash kurusha abandi? Mbese "hagenderwa kuki mujya kwemerera umuntu inguzanyo?"
  • Joe10 months ago
    Uwakoze inkuru yagashyizemo uko umuntu yakwiyandikisha muri mokash.
  • Bukuru Francine 2 months ago
    Muraho neza, jye mfite ikibazo ejobundi nagiye kubona mbona ngo ninishyure ideni ringana na 31,616 rwf ngo ni inguzanyo nafashe kd muby'ukuri jye ntamunsi numwe ndakoresha Mocash yemwe sindanizigamaho. Nimumfashe rwose munsobanurire ubwo buriganya murimo gushyiramo.
  • Harerimana jean claude 1 month ago
    Nonese iyo umuntu ntadeni arimo kuki aguma muri CRB





Inyarwanda BACKGROUND