RFL
Kigali

Abagore bakundana byo gupfa batangaje ko no mu rukundo badasiganwa

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:25/05/2023 13:13
0


Abagore b’inshuti magara Marissa na Petty, batangaje ko umubano wabo urangwa n’urukundo rudasanzwe, utabemerera gusigana muri byose, kandi iyo umusore akunze umwe muri bo, asabwa kubakunda bombi kuko no mu rukundo badasiganwa.



Marissa na Petty ni inshuti zahuye ku ya 1 Mutarama 2021 mu birori byo kwizihiza isabukuru ya Marissa, ariko hari haciye igihe gito Patty atandukanye n'umugabo we, gusa bahita baba inshuti cyane nk'uko bitangazwa na The Mirror.

Nyuma y'igihe gito Marissa nawe yaje gutandukana n'umugabo we kuko atamuhaga umudendezo usesuye, aza guhitamo kujya kubana n'inshuti ye Petty agasiga umugabo we w'isezerano.

Batangaza ko ubwo babanaga n’abagabo babo batahabwaga umudendezo usesuye, bityo bigatuma bumva basesa amasezerano yo kubana n’abagabo babo bakibanira kuko bari bamaze kubona ko ubushuti bwabo bwabaha ibyishimo.

Marissa yagize ati: "Ntabwo rwose twari dufite umudendezo hamwe nabahoze ari abagabo bacu, kandi ntabwo bivuze ko atari abagabo beza, ariko bari batubangamiye, nuko twifuza kubaho ubuzima twifuza dutandukana nabo”.

Aba bagore bakundana bavuga ko bahisemo guta abagabo babo bakajya kwibanira mu buzima busesuye dore ko basanze bahuje byinshi byatuma babana neza ntawe ubangamira undi.

Bagize bati “Hari ubwo umwe aba afite akajagari ariko ntibibangamire undi ahubwo buri umwe agakunda undi uko ari, bihabanye n’igihe twabanaga n’abagabo kuko byadusaba guhora twitwararika kugira twubake cyangwa ngo tunezeze abo twashakanye nabo”.

Bavuga ko umugabo ukunze umwe muri bo bitamworohera,kuko ntawajya mu rukundo ngo atere ishyari undi, ahubwo bahitamo gusangira umugabo aho kwikunda.

Biratangaje uburyo abagore bata ingo zabo kugira babone ubwisanzure nk’ubu,ariko aba bagore bo bateye iyi ntambwe baharanira ibyishimo byabo batitaye ku bizakurikiraho.

Ubwo Patty yagarukaga ku byishimo buri umwe aha undi,yavuze ko,kubana na mugenzi we bituma ahora aseka,agahora yisanzuye, ndetse akamushyigikira mu bibi no mu byiza ndetse ko ibyishimo yari yaraburiye mu rugo rwe yabigezeho.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND