Lovy Longomba umunyamuziki wo kwa Awilo Longomba wabiretse akaba Pasiteri yasezeranye-AMAFOTO

Imyidagaduro - 22/05/2023 11:26 AM
Share:
Lovy Longomba umunyamuziki wo kwa Awilo Longomba wabiretse akaba Pasiteri yasezeranye-AMAFOTO

Lovy Longomba yamamaye mu itsinda ry’umuziki rya Longombas ryakoraga injyana zirimo iya Hip Hop yari ahuriyemo n’umuvandimwe witabye Imana, yasezeranye n'umukunzi we mu birori by'agatangaza byabereye California.

Ubu ibinyamakuru byinshi byo mu Karere, inkuru biri kugarukaho cyane ni iy’ubukwe bwa Lovy wakuze ari umunyamuziki uhambaye w’indirimbo zizwi nk’iz'isi, akaza kubivamo akajya kuba umutambyi, ubu akaba yaranashinze urusengero.

Amakuru y’ubukwe bwe yashyizwe hanze na Amb Thomas Kwaka wamamaye nka Big Ted. Ibyamamare bitandukanye byiganjemo ibyo mu myidagaduro ya Kenya byamurase amashimwe.

Lovy Awilo ntabwo ari umuntu wagafu k’imvugwa rimwe mu myidagaduro no muziki muri rusange kuko yahataniye ibihembo bitandukanye birimo na Grammy Awards binyuze mu bihangano yanditse n'ibyo yatunganyije. Mu bo yakoranye nabo harimo Iggy Azalea.

Avuka mu muryango w'aba Longombas. Awilo Longomba amubereye se wabo. Kuri ubu yashinze urusengero abereye umushumba rufite abayoboke batagira ingano muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.Apostle Dr Lovy Longomba ari mu ba pasiteri bagezweho muri ibi bihe Amb Thomas bamwe bita Big uhagarariye inyungu za Kenya muri California ari mu babutashye Big Teddy n'umuryango mushya wa Dr LovyDr Lovy afitanye umwana na Onyango batandukanye ubwo yerekezaga muri USA gusa gutandukana kwabo burundu bikaba byararangiye mu myaka micye ishizeUbukwe bwa Lovy buri kugarukwaho na benshi cyane ko ari icyamamare gikomeye mu muziki yasubitse akinjira mu birebana no kwibwiriza ijambo ry'Imana



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...