RFL
Kigali

Zanzibar yatanze Miliyoni 200 Frw ku ndirimbo ya Bruce Melodie na Harmonize

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:15/05/2023 19:22
0


Mu by’umweru 16 bishize ni ukuvuga tariki 13 Mutarama 2023 ni bwo umuhanzi Harmonize uri mu bakomeye muri Tanzania, yagiriye uruzinduko mu Rwanda, ahakorera indirimbo zinyuranye z’irimo iyo yahuriyemo na Bruce Melodie abifashijwemo na Producer Element.



Ari muri studio ya 1:55 am y’umushoramari Gael Coach yasanzemo indirimbo ‘Zanzibar’ yarimo itunganywa na Element arayikunda cyane. Igaruka cyane ku gushishikariza abantu gusura ibyiza nyaburanga bya Zanzibar, kimwe mu birwa bigize Tanzania.

Iyi ndirimbo ni igitekerezo cyagizwe na Producer Element ashingiye ku buryo aha hantu hatatse ibyiza, yiyemeza kuhamenyekanisha mu buryo bwagutse.

Asubiye muri Tanzania, Harmonize yakomeje ibiganiro na Element ndetse amusaba ko yamwoherereza iyi ndirimbo nawe akayigiramo uruhare afatanyije na Bruce Melodie, umuhanzi bamaze igihe ari inshuti zubakiye ku gufashanya mu rugendo rw’iterambere.

Ubwo yari kuri Televiziyo Rwanda, icyo gihe muri Mutarama, Harmonize yavuze ko we na Bruce Melodie bitegura gushyira hanze iyi ndirimbo bahimbiye Zanzibar.

Muri iki kiganiro, Harmonize yavuze ko umubano we na Melodie wagutse ahanini bishingiye ku bihe bagiranye ubwo Bruce Melodie yamusuraga muri Tanzania. Yavuze ko urwo rugendo, rwavuyemo gukorana indirimbo, gutembera, gusangira, anaririmba mu gitaramo cye.

Ati "Twanakoze indirimbo ishingiye kuri Zanzibar. Sinzi niba umuvandimwe anyemerera kuba twayiririmba, ariko twakoreye indirimbo nziza Zanzibar." Harmonize yavugaga ko iyi ndirimbo izaba yubahiriza ubukerarugendo bwa Zanzibar.

Umushinga w’iyi ndirimbo, Harmonize yawugaragarije abashinzwe ubukerarugendo muri Zanzibar barawukunda cyane, ndetse bemeranya nawe kubatera inkunga mu buryo bw’amafaranga, banabafasha kubona ibice binyuranye bazafatiramo amashusho y’iyi ndirimbo.

InyaRwanda yabonye amakuru yizewe avuga ko ubuyobozi bwa Zanzibar bwishyuye Miliyoni 200 Frw kugira ngo iyi ndirimbo ‘ibe ikirango cyabo’ mu rwego rwo gushishikariza abantu gusura aka gace. Ariko, Bruce Melodie ndetse na Harmonize bayifiteho uburenganzira.

Uwahaye amakuru InyaRwanda ati “Indirimbo iri mu biganza byabo niyo yubahiriza ubukerarugendo rwa Zanzibar (Zanzibar Anthem), ariko Bruce Melodie na Harmonize bayifiteho uburenganzira nk’uko bigaragara. Harmonize aganiriza ubuyobozi bwa Zanzibar yababwiye ariko ko indirimbo yayihuriyemo na Bruce Melodie, bamusaba ko bayigura hanyuma bakabafasha mu ikorwa ry’amashusho yayo n’ibindi.”

Mbere y’uko bafata amashusho y’iyi ndirimbo, hari amafaranga babanje guhabwa ari muri Miliyoni 200 Frw bumvikanye.

Uruhande rwa Bruce Melodie ntirwiyumvishaga uburyo iyi ndirimbo ubuyobozi bwa Zanzibar bwayikunze, ndetse ntibanumvaga ko aya mafaranga bazayahaba.

Mu minsi Bruce Melodie yamaze muri Tanzania mu ifatwa ry’amashusho y’iyi ndirimbo, ubuyobozi bwa Zanzibar bwabafashije mu bijyanye n’imibereho, kubona uburyo bwiza bwo kuhafatira amashusho n’amafoto n’ibindi.

Ubwo aheruka mu kiganiro The Choice Live, Bruce Melodie yabwiye Isibo Tv ko ubwo yari muri Zanzibar bafashijwe na Perezida Samia Suluh wa Tanzania gufata amashusho y’iyi ndirimbo.

Ati “Twagiye gufata amashusho dufite uruhushya rwa Perezida wa Tanzania [Samia Suluhu Hassan].”

Bruce Melodie yavuze ko ashingiye ku gihe amaze ajya muri Tanzania, yabonye ko umuziki waho ugoye kuwucengeramo bitewe n'uko 'bakunda ibintu byabo kurusha uko twe tubikunda'.

Iki gihugu akigereranya na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu bijyanye no kuba umuhanzi wo mu kindi gihugu yacengera ku isoko ryaho.

Bruce yavuze ko bimusaba kuhatinda, kwiga no gukora ibintu biri hejuru kugira ngo ibihangano bye bizumvikane muri Tanzania.

Yavuze ko iyi ndirimbo 'Zanzibar' bakoze yakunzwe na Perezida Samia Suluh kugeza ubwo anabahaye uburenganzira bubemerera gufata amashusho yayo.

Uyu munyamuziki yavuze ko ubwo bari mu ifatwa ry'amashusho y'iyi ndirimbo bahuye n'imbogamizi z'ubuyobozi bw'ibanze bwo muri Zanzibar bwafatiriye ibikoresho bakoreshaga mu gihe cy'amasaha 12.

Yavuze ko bagerageje kwerekana ibyangombwa bari bahawe bibemerera gufata amashusho ariko bibanza kugorana. Ati "Biza gukurikiranwa barabifungura."

Hari amakuru ataremezwa neza, avuga ko ubuyobozi bwa Zanzibar buri gukora uko bushoboye kugira ngo iki gice kimenyekane ku buryo bari gutekereza kwifashisha abahanzi mpuzamahanga nka Chris Brown bakaririmba bakangurira abantu gusura Zanzibar.

Zanzibar imaze kuba ikirwa gikunzwe cyane na ba mukerarugendo, cyane cyane abahanzi bahakundira uburyo amashusho y’indirimbo zabo aba acyeye cyane. Hari abahafatira amashusho ku mucanga n’ibindi birwa byaho biryoshya cyane amashusho.

Zanzibar ituwe n’abaturage barenga miliyoni 1.504 (Imibare yafashwe mu ibarura ryo mu 2012), ni ikirwa kigari gifite ubuso bungana na Kilometero kare 2, 461.

Iherereye hafi y’injyana y’u Buhinde mu Birometero 50. Ifite ubukungu butajegajega icyesha inyungu ikura mu bukerarugendo, aho benshi bayisura bitewe n’imiterere n’ibinyabuzima bitandukanye bihaboneka.

Zanzibara ni Akarere gafite ubwigenge bucagase kagizwe n'ibirwa byinshi ko mu nyanja y'u Buhinde. Nubwo Zanzibar ari ikirwa cyigenga ariko kibarurwa ku gihugu cya Tanzania.

Muri Werurwe 2021, Minisitiri w’Ubukerarugendo muri iki gihugu, Lela Muhamed Mussa yasabye ba mukerarugendo bahasokera kujya bambara bikwije, ntibanyuranye n’umuco waho.

Minisitiri Lela yabwiye BBC ishami ry’Igiswayile ko hari ba mukerarugendo bagenda mu muhanda bameze "nk'aho bambaye ubusa". Uyu muyobozi yavuze ko abazarenga kuri aya mabwiriza bazacibwa amande atari munsi y’ibihumbi 690 Frw.

Ubuyobozi bwa Zanzibar bwaguze indirimbo ya Bruce Melodie na Harmonize ishingiye ku kwamamaza iki kirwa 

Harmonize na Bruce Melodie bari bamaze iminsi bateguza iyi ndirimbo 

Ubwo Harmonize yari mu Rwanda muri Mutarama 2023, yakunze iyi ndirimbo ndetse yiyemeza ko bayikorera muri Zanzibar 


Producer Element yabaye imvano y'iyi ndirimbo igaruka ku gusura Zanzibar

Producer Element [Uri hagati] ari kumwe na Caoch Gael na Bruce Melodie bagize uruhare rukomeye mu ikorwa ry’iyi ndirimbo 

Bruce Melodie avuga ko Perezida Samiah yabahaye uburenganzira bwo gufata amashusho bifashishije muri iyi ndirimbo bise ‘Zanzibar’



KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘ZANZIBAR’ YA BRUCE MELODIE NA HARMONIZE

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND