RFL
Kigali

Habyarimana Marcel yatorewe kuyobora FERWAFA mu minsi 39

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:15/05/2023 13:12
0


Habyarimana Marcel Matiku wari usanzwe ari Umuyobozi Wungirije w'Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), niwe ugiye gukomeza kuyobora uru rwego, mu gihe kingana n'iminsi 39.



Ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryari rigiye kuzuza ukwezi ridafite Umuyobozi Mukuru, nyuma yaho uwari Umuyobozi waryo Nizeyimana yeguye ku mpamvu ze bwite.

Mu Nteko Rusange yabaye kuri uyu wa Mbere tariki 15 Gicurasi mu cyumba cy'inama cya Lemigo Hotel, abanyamuryango baje gusaba ko Habyarimana Marcel Matiku yaba ayoboye inzibacyuho mu gihe habura iminsi 39 hakaba amatora y'Umuyobozi Mukuru.

Bamwe mu banyamakuru basabye ko Habyarimana Marchel mu gihe yaba abyemeye, yashakirwa n'abandi bamufasha ariko ntibibe ngombwa ko Komite yose yuzuzwa. 

Ubwo Habyarimana yasabwa gukomeza, yavuze ko ibyo abyemera nta kibazo. Yagize ati: "Maze muri FERWAFA imyaka 5 n'ukwezi kumwe kandi dukorana neza, ntabwo iminsi 39 rero yananira kuyiyobora."

Habyarimana Marcel Matiku amaze kuyobora FERWAFA muri komite y'inzibacyuho inshuro zigera kuri ebyiri 

Abanyamuryango basabye ko Habyarimana Marcel Matiku yafatanya na Hadji Youssuf Mudaheranwa uyobora Gorilla FC na Ancilla Mukankaka wavuye mu Nyemera. Aba bose nk'uko babisabwe, nta n'umwe wabyanze, biyemeje kuzakorera hamwe ndetse bagategura amatora ya Komite Nyobozi itaha.

Amatora ya Komite Nyobozi nshya igomba kuyobora FERWAFA mu myaka 4 iri mbere, azabera mu Nteko Rusange isanzwe izaba tariki 24 Kamena 2023.

Jules Karangwa ariyunga kuri iyi komite nk'Umunyamabanga w'Umusigire, nyuma yaho agiye muri uyu mwanya asimbuye Muhire


Komite nshya ya FERWAFA igiye kuyobora mu minsi 39, aho ifite inshingano zo gutegura amatora no gusoza umwaka w'imikino






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND