RFL
Kigali

Ibanga rikomeje urugo rwe, umugore we kuri album, gutumira Tiwa Savage… Tom Close yasubije-VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:10/05/2023 12:16
0


Niba waragize amahirwe yo kumva album ‘Essence’ ya Muyombo Thomas cyangwa se Tom Close wumvise uburyo atandukanye kure na Tom Close wo mu myaka 15 ishize mu muziki! Wanumvise uburyo arangamiye isoko Mpuzamahanga.



Kuyumva amaze kuyishyira ku mbuga zitandukanye zicururizwaho umuziki, ushobora kwirengagiza ko yari amaze imyaka hafi itatu ayitegura, uhereye muri Covid-19.

Ukoze neza imibare, ubona ko iyo agenda asohora buri ndirimbo igize iyi album, byari gufata igihe cy’imyaka itatu kugira ngo indirimbo zose zibe zisohotse.

Bivuze ko buri nyuma y’amezi atatu yari kujya ashyira hanze indirimbo. Ibi biri mu byatumye abafana bamukumbura bibaza impamvu uyu Muyobozi w’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe gutanga amaraso muri RBC atagisohora indirimbo, n’aho yari ahugiye mu gutegura iyi album ye ya cyenda.

Ni album iriho indirimbo 13 ziganjemo cyane abaraperi. Iriho indirimbo 'A voice note' yakoranye na Bull Dogg, 'Finally' yakoranye na Wezi wo muri Zambia, 'Fly away', 'Inside', 'Kampala' yakoranye na A Pass wo muri Uganda, 'Superwoman' yakoranye na Sat-B wo mu Burundi, 'Be my teacher', 'The One', 'Party', 'Feelings' yahuriyemo na B-Threy, 'My Number One' yakoranye an Nel Ngabo na Riderman, 'Don't worry' ndetse na 'Mariwe'.

Producer Knoxbeat niwe wakoze iyi album. Ariko muri rusange yagizweho uruhare n’abarimo Ishimwe Karake Clement wa Kina Music, Bob Pro, Zizou Al Pacino, Kenny Vibz ndetse na Dj Bisoso.

Iyi album irihariye kuko indirimbo hafi ya zose ziriho zikoze mu rurimi rw’Icyongereza mu rwego rwo kwagura urugendo rw’umuziki rw’uyu muhanzi.

Uko yahisemo abahanzi bakoranye kuri iyi album

Mu kiganiro cyihariye na InyaRwanda, Tom Close yavuze ko buri muhanzi yatekereje kwifashisha kuri iyi album ‘Essence’ yari amwitezeho kuyishyiraho umutima.

Avuga ko mu bahanzi yifuzaga gukorana n’abo harimo na Big Fizzo wo mu Burundi, ariko yasanze ari mu bitaramo mu Burayi ku buryo bitari kumukundira ko bakorana indirimbo.

Ashingiye ku bitekerezo yakiriye, avuga ko ari kugera ku ntego ze. Ati “Sat-B sibwo bwa mbere dukoranye indirimbo kuko hari n’indi twakoranye mbere igihe nticyatuma tuyikorera ibyo twifuzaga kuyikorera, iby’indirimbo iba ikeneye kugirango ibe yamenyekana.”

“Kuko nta kuntu byumvikana ko Tom Close na Sat-B bahurira mu ndirimbo ntibe ‘Hit’ byabaye ngombwa rero ko dusubiramo tugakorana iyindi. Ntekereza rero umuntu tuzakorana i Burundi, i Burundi mpagira inshuti ebyiri, mpagira inshuti yitwa Farious nkagira inshuti yitwa Sat-B, Farious igihe narimo gukora album we ntiyari anahari yari mu Burayi.”

Tom Close avuga ko asanzwe afitanye indirimbo na Sat-B ndetse na Farious, ku buryo byamworoheye kongera kubavugisha ashaka gukorana nabo.

Avuga ko kwifashisha B-Threy kuri album ye, yashingiye ku kuba ari ‘umuraperi mwiza unakora’. Kandi yabanje kumva ibihangano bye mbere y’uko amusaba ko bakorana indirimbo.

Tom avuga ko yitaye cyane ku guhitamo abahanzi bazamufasha gukora album nziza igizwe n’ibihangano byiza, biri mu byatumye yifashisha B-Threy na Bull Dogg.

Uyu munyamuziki avuga ko imyaka 15 ishize ari mu muziki, ibihangano bye byubakiye ku butumwa bw’igihe kirekire no ‘kugerageza kujyana n’igihe’.

Biri mu byatumye izi ndirimbo ziri kuri album yaragerageje kujyanya n’ibigezweho. Avuga ko buri ndirimbo iri kuri album ifite ‘umwihariko wayo’.

Tom avuga ko buri muhanzi wese akwiriye kujya muri studio atekereza ku kintu gishya agiye kuzana ‘gitandukanye n’icyo yari yaratanze mbere’.

Uyu muhanzi avuga ko imirimo akora n’inshingano z’urugo byuzuzanya, ari nayo mpamvu buri kimwe akibonera umwanya. Ati “Urumva buri kimwe cyuzuzanya n’ikindi.”

Uyu muhanzi avuga ko n’ubwo Covid-19 yagize ingaruka ku mibereho ya muntu, ariko yasize abahanzi batekereje ubundi bwo gucuruza no kumenyakanisha ibihangano byabo.


Uruhare rw’umugore we kuri album n’ibanga rikomeje urugo

Tom Close avuga ko ubwo yategura iyi album umufasha we Ange Ingabire Tricia yagize uruhare rungana na 100%, kuko yagiye amwumvisha indirimbo yabaga avuye gukorera muri studio akamuha ibitekerezo bijyanye n’uko yanozwa ikaba nziza.

Tom Close avuga ko yagishije inama umugore we mu itegurwa ry’iyi album kubera ko ari inshuti ye kandi ‘ambanira neza’. Ati “Icya gatatu ntambangamira mu bikorwa by’ubuhanzi.” Akomeza ati “Icya kane ni n’umujyanama.”

Uyu muhanzi avuga ko indirimbo zose uko yazishyize kuri album, yabanje kuzumvisha umugore we ubwo yabaga avuye muri studio hanyuma akamuha ibitekerezo. Ati “Inshuro zose iyo natahaga mvuye muri studio, haba nijoro, haba muri weekend, niwe muntu wa mbere wumvaga indirimbo nakoze.”

Tom avuga ko hari ‘ibyo’ umugore we yamubwiraga guhindura. Avuga ko buri gihe iyo ari gukora igihangano yumva ibitekerezo bya buri muntu ariko ‘by’umwihariko ibye narabyumvaga cyane nk’umuntu tubana.”

Mu Ugushyingo 2013, nibwo Tom Close yarushinze na Ange Tricia mu birori byari bibereye ijsiho. Imana yabaye umugisha babyara abana be, ariko bafite undi umwe barera.

Urugo rw’abo rufatwa nk’urugero rwiza kandi rwihariye mu ngo z’ibyamamare cyangwa se abantu bazwi. Tom Close yabwiye InyaRwanda ko imyaka 10 ishize arushinze n’umufasha we, nta banga ryihariye rikomeje urugo rwe, ahubwo byose bitangwa n’Imana.

Ati “Ntarindi (ibanga) ni amahirwe. Buriya ugize amahirwe wenda ukaba ufite ibintu bigenda neza iyo uzi ubwenge icyubahiro ugiha uwo kigomba. Icyubahiro n’icy’Imana, ni Imana yacu twese ariko njyewe Imana yaramfashije nta bwenge bwanjye nshyiramo, ikindi nshima Imana ko mfite umuntu twuzuzanya, ni Imana ibitanga ibyo ng’ibyo no muri Bibiliya byanditsemo, ko ubutunzi ubuhabwa n’ababyeyi ariko umufasha mwiza ukamuha n’Imana.”


Igitaramo cyo kuyimurika ashobora gutumiramo Tiwa Savage

Tom Close aherutse kugaragara agirira uruzinduko mu nyubako y’imyidagaduro ya BK Arena, ndetse yahuye n’abafatanyabikorwa batandukanye barimo sosiyete ya Tecno.

Uyu muhanzi uzwi mu ndirimbo nka ‘So Fine’, avuga ko zimwe muri serivisi umuhanzi atanga harimo no gutaramira abakunzi be.

Akavuga ko igihe azatekereza gukora igitaramo amurika iyi album azakora igitaramo cyiza, kandi ashobora guhuriramo n’undi muhanzi ukomeye.

Ati “Ashobora kuba Tiwa Savage, ashobora kuba n’undi muhanzi, ushobora kuba n’undi n’undi cyagwa nkabikora njye nyine. Njye ndifuza kuzakora igitaramo abafana babona ko icyo gitaramo gikwiriye.”

Tom avuga ko iyo abakunzi b’umuziki babona ko igitaramo cyari gikenewe ‘ushobora kugikora uri wenyine muri Arena abantu bakaza’.

Uyu muhanzi avuga ko azakoresha imbaraga ze, kandi mu gihe azaba ashyigikiwe n’abafana bashaka ko abakorera igitaramo ntakizamubuza kubataramira.

Tom Close asobanura ko Tiwa Savage bataziranyi, ariko bitewe n’uko ari ibyo abantu bamaze igihe bavuga, yizeye ko igihe azaba agiye gukora igitaramo azakora uko ashoboye akajyanisha n’ibyifuzo by’abafana. Ati “Njye ndifuza kuzakora igitaramo abafana babona ko icyo gitaramo gikwiriye.”

Tiwa Savage ushobora gutumirwa na Tom Close, aherutse kuririmba mu muhango wo kwimika Charless III nk’umwami na Camilla nk’umwamikazi b’u Bwongereza.

Uyu mugore yasangije abamukurikira uko byari bimeze, maze yandika avuga ati “Ighe kimwe nzabwira umwana wanjye ko uyu ari Tiwa Savage.”

Ibigitsikamiye umuziki w’u Rwanda n’inama ze ku rubyiruko

Muri iki gihe, umuziki wa Afurika wihariwe n’abahanzi bo muri Nigeria, ndetse benshi mu bahanzi bo mu bindi bihugu bifuza gukorana n’abo.

Gutera imbere ku muziki wabo, byatumye aba bahanzi bihagararaho mu bijyanye no kubatumira mu bitaramo. Kandi, uko bucyeye n’uko bwije barigwizaho uduhigo.

Tom Close yabwiye InyaRwanda kimwe mu bigutuma umuziki w’u Rwanda utagera ku rwego rwiza, harimo imbaraga za buri wese mu gushyigikira abahanzi.

Uyu muhanzi avuga ko itangazamakuru rigomba gushyigikira abahanzi, ariko inzozi zabo ari uko umuziki wagera ku rwego Mpuzamahanga.

Tom avuga ko mu muziki ‘nta mpuhwe zibaho’ ari nayo mpamvu nta muntu ushobora kumva indirimbo yawe kubera ko agakunda gusa, ahubwo hari n’ibindi abantu bashingiraho bumva cyangwa se bashyigikira umuhanzi.

Ibi avuga ko biri mu bituma, n’abategura ibitaramo bita cyane ku kureba umuntu batumira kandi ushobora kubinjiriza.

Tom Close avuga ko ashingiye kubimaze gukorwa, yifuza ko ‘ubuyobozi dufite bwakomeza kuba ubu’. Avuga ko uko imyaka ishira indi igataha, ibintu bigenda bihinduka ku muvuduko utari usanzwe, ku buryo buri wese asabwa kujyana n’iterambere.

Yavuze ko hamwe n’ubuyobozi burangajwe imbere na Perezida Kagame ‘uko imyaka ihita n’indi igenda iza umuvuduko tugenderaho ugenda wikuba’.

Akomeza ati “Dukeneye kugira Umukuru wacu w’Igihugu, agakomeza kutuyobora niko njye mbyumva.”

Mu gihe bamwe bumvikana bagaragaza ko nta cyizere cy’ubuzima bw’ejo hazaza, Tom Close avuga ko buri wese akwiye guharanira kwiyumvamo impinduka muri we.

Uyu munyamuziki avuga ko biri kimwe gihinduka uretse ‘impinduka zose muri rusange’. Agasaba buri wese kugendana n’umuvuduko w’iterambere igihugu kiba kigezeho. Ati “Mbese wumva y’uko abantu bose baguteraniyeho. N’ah’umuntu ku giti cye.” 

Tom Close yatangaje ko umufasha we Ange Ingabire Trica yagize uruhare rw’100% mu ikorwa rya Album ‘Essence’ 

Tom Close avuga ko yashakaga gukorana indirimbo na Big Farious kuri iyi album ariko asanga yagiye mu bitaramo mu Burayi 

Tom avuga ko nta banga ryihariye rikomeje urugo rwe, ahubwo Imana yamuhaye umufasha umukwiriye 

Tom avuga ko yifashishije abahanzi yari akeneyeho kuryosha izindi ndirimbo 13 zigize album ye 

Tom avuga ko ataratangira ibiganiro na Tiwa Savage, ariko ko igihe azakorera igitaramo cyo kumurika album ye azajyanisha n’ibyifuzo by’abafana be 

Urutonde rw’indirimbo 13 zigize album ‘Essence’ ya Tom Close

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO KIHARIYE TWAGIRANYE NA TOM CLOSE

 ">

KANDA HANO UBASHE WUMVAALBUM YOSE Y’INDIRIMBO 13 YA TOM CLOSE

">

VIDEO: Nyetera Bachir-INYARWANDA.COM






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND