RFL
Kigali

Patient Bizimana yashyize mu rurimi rw’igiswahili indirimbo ye ‘Ndaje’ imaze imyaka 18-VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:10/05/2023 9:09
0


Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Patient Bizimana usigaye abarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yahuje imbaraga na Nelson Mucyo bashyira ahagaragara amashusho y’indirimbo ye ‘Ndaje’ basubiyemo bayishyira mu rurimi rw’igiswahili bayita "Nakuja Mbele Zako."



Igiswahili cyangwa Igiswahiri ni ururimi rwa Kenya rukoreshwa cyane muri Tanzania, Uganda, u Rwanda, Burundi ndetse na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC). Ku rwego Mpuzamahanga ni rumwe mu zihuza abaturage benshi ku Isi cyane mu bihugu bigize Umuryango w’Ibihugu by’Iburasirazuba (EAC).

Iyi ndirimbo yayisohoye mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 9 Gicurasi 2023, anayiherekeresha amagambo ari mu rurumi rw’icyongereza mu rwego rwo gufasha buri wese ushaka kumva ubutumwa bwiza bw’Imana yakubiye muri iyi ndirimbo.

Patient yabwiye InyaRwanda ko yari amaze igihe kinini yakira ubutumwa bw’abantu cyane cyane abo mu mahanga bamubwira ko bakunze iyi ndirimbo ariko ko batumva neza ubutumwa bukubiyemo, yiyemeza kuyishyira mu Giswahili, akanasiyobanura mu cyongereza.

Ati “Kuko yakunzwe cyane muri iyo myaka twifuje kuyishyira mu giswahiri kugirango n’abantu batunva ikinyarwanda bavuga igiswahiri ibafashe kwegera Imana.”

Iyi ndirimbo uyu munyamuziki yayishyize hanze mu 2005, bivuze ko imaze imyaka 18 isohotse. Avuga ko kuva yajya hanze yakiriye ubuhamya bw’abantu banyuranye, bagiye bamubwira ko ‘yasubije intege mu buzima bwabo’.

Muri iyi ndirimbo hari aho agira ati “Mana yanjye sinifuza gutaha uko naje, ungirire ubuntu nsakazaho urukundo. Muri wowe nziko ariho nzaruhukira iteka imiruho y’isi n’imisozi nurira.”

Agakomeza ati “Ndaje mubwiza bwawe, Ndaje ungirire neza, Ndaje nunve icyo umbwira. Rya jwi ryawe ryongorera. Ndaje nteze ugutwi umbwire. Ngaho ngenza ukushaka. Hari impanvu ituma mpora imbere yawe ndamya, ndirimba zaburi nshya. Wakoze umurimo, wambereye inshungu ubwo nari uwo kuzapfa. Umpindura umwana wawe, ndaje nshima.”

Patient Bizimana amaze imyaka irenga 20 akora umuziki wubakiye ku gusingiza Imana no kugarura abantu kuri Yesu. Kandi, yaguye igikundiro cye mu ngeri zose.

Uyu muririmbyi wamamaye mu ndirimbo nka ‘Iyo neza’ yakoreye ibitaramo mu bihugu bitandukanye byo muri Afurika, ndetse mu 2022 yataramiye mu Burayi.

Bizimana avuga ko yiyumvisemo impano yo kuramya mu 2002, yinjira mu muziki mu buryo bw’umwuga mu mwaka wa 2007 nyuma y’igihe cyari gishize yinjiye mu Itorero Restoration Church. 

Patient Bizimana yasohoye amashusho y’indirimbo ‘Ndaje’ yashyize mu rurimi rw’igiswahili ayita ‘Nakuja Mbele Zako’

Patient Bizimana avuga ko yafashe icyemezo cyo gushyira iyi ndirimbo mu Giswahili biturutse ku busabe bwa benshi

Nelson Mucyo [Uri ibumoso] umaze iminsi afasha Patient Bizimana gusubiramo indirimbo ze zo hambere

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘NAKUJA MBELEZAKO’

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND