Me Mukamazimpaka Hilarie yamuritse igitabo yise “Ntuzazima” gishingiye ku mugabo we Aaron Rudahunga wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, mu rwego rwo gukomeza kuzirikana urukundo rwamuranze, umurage yasize n’ukuntu yamwitangiye mu bihe by’icuraburindi mu Rwanda.
Yamuritse iki gitabo mu muhango wabaye ku mugoroba wo
kuri uyu wa Mbere tariki 8 Gicurasi 2023, wabereye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa
Kigali, witabiriwe na Visi- Perezida wa Sena, Nyirasafari Esperance wari
umushyitsi Mukuru, abayobozi mu nzego zinyuranye nka Dr Karangwa Charles
uyobora Rwanda Forensic Laboratory (RFL), abo mu muryango we, inshuti,
abavandimwe n’abandi.
Iki gitabo yacyanditse mu rurimi rw’Ikinyarwanda,
kandi yagituye Abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda,
by’umwihariko imiryango yishwe umugenda, ikaba yarazimye;
Ababyeyi b’intwaza bagizwe inshike na Jenoside
yakorewe Abatutsi mu 1994, abiciwe abo bashakanye batari babasha kwibaruka
abana ndetse n’abandi bose bahuye n’akarengane n’abaharanira iteka kukarwanya.
Ni igitabo yanditse mu gihe cy’imyaka itanu. Kandi
yagishyize hanze ku itariki imwe (Tariki 8 Gicurasi 1994) n’iyo umugabo we yiciweho
mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu rwego rwo kumuzirikana no
kumuha icyubahiro abicanyi bamwambuye.
Asobanura iki gitabo, Me Mukamazimpaka yavuze ko yagize
imbaraga zo kwandika inzira iruhije umutima we n’umugabo we banyuze muri Jenoside
kubera urukundo yamukundaga ari narwo rwamuranze mu gihe yari akiriho.
Uyu mubyeyi yavuze ko umugabo we “Yari umuntu nyamuntu,
agakunda imiryango yombi, ni umuntu wari ufite urukundo, muri Jenoside itangiye
ubwo yari i Nyanza yagendaga ahamagara abantu bari i Kigali abasaba guhunga ngo
bamusanga i Nyanza, ibyo byagaragazaga urukundo yari afitiye abantu".
Visi-Perezida wa Sena, Nyirasafari Esperance wari
Umushyitsi Mukuru mu kumurika iki gitabo ‘Ntuzazima’, yavuze ko iki gitabo ari
‘Umusanzu ukomeye Me Mukamazimpaka Hilarie atanze mu rugamba turimo rwo
guhangana n’abahakana ndetse n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.”
Nyirasafari yavuze ko ubuzima Mukamazimpaka
yanyuranyemo n’umugabo we ari amasomo akomeye, kugeza ubwo yiyemeje no
kubisangiza abandi kugira ngo bumve neza urugendo rw’urukundo yagendanye
n’umugabo we wishwe afite imyaka 33.
Yavuze ko ‘Aron Rudahunga nk’uko wabitubwiye yishwe
afite imyaka 33, yari muto, yari umusore wari ukwiriye kuba yishimira ubuzima,
mukabwishimanamo ariko politiki mbi yivangura ntiyatumye abaho kimwe n’abatutsi
benshi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994’.
Akomeza ati “Kugira igitaramo nk'iki, Me Hilarie
ukagaragaza urukundo umugabo wawe yagukundaga n'urwo wamukundaga, harimo
amasomo menshi yo gushyira hamwe, gukundana, gushyigikirana, no kugira ubumwe
mu muryango, ndetse nk'Abanyarwanda. Ni nabyo twiyemeje nk'igihugu.”
Nyisafari avuga ko izina ry’iki gitabo ‘Ntuzazima’ ari
ryiza kuko ‘hari ababashije kurokoka bakabara inkuru, abashoboye bakabyandika,
abacu rero ntibazazima’. Ashimangira ko iki gitabo cyongeye gufasha ‘mu
kuzirikana abacu’.
Muri iki gitabo, uyu mugore avugamo uburyo mu gihe cya
Jenoside, umugabo we yamusabaga kujya ku ruhande kugirango aticwa, akanagaruka
ku rukundo rwamuranze.
Nyirasafari avuga ko igikorwa nk’iki kigaragaza
urugendo rw’ubumwe n’ubwiyunge u Rwanda rugezeho. Ati “Biratanga icyizere
cy’uko kwibuka no kwiyubakla tugenda tubigeraho.”
Uyu muyobozi yasabye ko iki gitabo cyazashyirwa no mu
zindi ndimi kugirango bifashe mu rugamba rwo guhangana n’abahakana bakanapfobya
Jenoside.
Nyirasafari kandi yashimye Perezida Kagame n’Ingabo
zari iza RPA yari ayoboye zahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi.
Perezida wa GAERG, Jean Pierre Nkuranga avuga ko gusohoka
kw'iki gitabo cya Hilarie ari ‘kimwe mu bikorwa GAERG iba yarateguye muri iyi
minsi ijana yo Kwibuka’. Ati “kuba cyasohotse ni umuhigo Hilarie yesheje kandi
ni n'umuhigo GAERG yesheje."
Yavuze ko Mukamazimpaka ari inkoramutima ya GAERG,
kandi ko bamenyanye ubwo bari muri Kaminuza y’u Rwanda i Huye. Yagaragaje
uburyo Mukamazimpaka yababereye urufatiro rw’uyu muryango kuva ushinzwe kugeza
n’uyu munsi.
Nkuranga yavuze ko izina ry’iki gitabo ‘ricecekesha’
buri wese ugifite urwango, uhembera ingengabitekerezo ya Jenoside n’abandi bose
biyemeje kutavuga ukuri ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Muri rusange iki gitabo kiri kuri paji 126 kivuga ku
mugabo we, haba uko bamenyanye yiga mu mashuri yisumbuye i Gicumbi, uko baje
gukundana ndetse n’inzira banyuranyemo mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi
kugeza bamwishe.
Bamwe mu batanze ibitekerezo nyuma y’imurikwa ry’iki
gitabo, barimo Umushakashatsi akaba n'umwanditsi w'ibitabo, Hon. Antoine
Mugesera, bagaragaje ko iki gitabo gifite umwihariko, kuko bishoboka ko ari
ubwa mbere hasohotse igitabo cyanditswe n’umugore ugaruka ku rukundo rw’uwo
bari barashakanye.
Abandi bashimye Me Mukamazimpaka kubera ubutwari yagize
bwo kwandika iki gitabo, biba umukoro ku bandi benshi kugira ngo nabo bazandike
kubo bashakanye, babyaye ndetse n'ibinndi.
Dr Vincent Ntaganira avuga ko nyuma yo kunyuza amaso
muri iki gitabo yabonye ibintu bikomeye birimo ‘Ukwemera kutajegajega kwaranze
Aaron kandi nabonyemo ubudaheranwa bw'abarokotse."
Mbere yuko yicwa yagize ati "Uzasigara
ntazanakondane abishe kandi uzarokoka ntaziyahure."
Uyu mugabo avuga ko impano ikomeye tugomba guha
‘abatwiciye ni ugukomeza gutwaza’ no gusiga amateka meza. Ati “Twumve ko nyuma
yo gupfa ubuzima burakomeza, ariko ni wowe bivaho.”
Incamake y’ibikubiye muri iki gitabo ‘Ntuzazima’:
Kuri Paji ya Gatandatu ijyanye no gushimira, avugamo
uburyo abo mu muryango w’umugabo we barimo Esther Mukamurenzi na Jaël Nirere,
bafatanyije n’abo bashakanye, Dr Kagame Abel na Hon. Nsabimana Emmanuel,
bamubaye hafi iminsi yose kandi muri byose.
Ati “Iyo ntabagira nk’abavandimwe, mpamya ko ntari
gushobora kwihanganira ubuzima bukomeye nasigayemo maze kubura Rudahunga twakundaga
akanakunda. Mbashimira ko barenze isano yaduhuzaga nk’umukazana na muramukazi wabo,
ahubwo bakamfata nk’umuvandimwe.”
Mu ijambo ry’ibanze avugamo ko gikwiriye ‘gusomwa
n’umuntu wese kugira ngo yumve uburyo abashakanye batandukanywa n’urupfu ariko
urukundo bagiranye rugahoraho’.
N’ubwo uru rupfu rubi rwatwaye umugabo we nta nteguza,
igihe gito yamaranye n’uwo yari yarihebeye cyamubereye impamba y’ubuzima nyuma y’aho
arokokeye ku buryo butangaje nk’uko abigarukaho muri iki gitabo.
Mukamazimpaka ajya guhitamo umutwe wacyo yarabyitondeye,
ati: «Ntuzazima». Yafashe inshinga kuzima ayishyira mu mpakanyi ayitondagura mu
ntegeko abwira Rudahunga, ati : «Ntuzazima». Yashoboroga no kuvuga ati :
«Ntuzazime», aho kuba itegeko bikaba icyifuzo.
Ni ukuvuga ko Mukamazimpaka yihaye itegeko ryo
kutazibagirwa umugabo igihe akiriho. Kandi n’igihe azaba atakiriho, iri tegeko
rizashyirwa mu bikorwa n’iki gitabo binyuze mu bazagisoma, yaba ari abari bamuzi
n’abatari bamuzi.
Iki gitabo kandi cyanditse mu buryo bwiza, nk’aho
Hilarie arimo kuganira na Aaron, bibukiranya ubuzima bwiza babayemo, amakuba
yibasiye Abatutsi banyuzemo. Anamugezaho ubutumwa bw’abo mu muryango we
babashije kurokoka.
Muri iki gitabo, Mukamazimpaka ntahugira ku mugabo we gusa. Na we ubwe avuga uburyo yabayeho n’uko yatotejwe cyane cyane guhera mu Kwakira 1990, ubwo urugamba rwo kubohora u Rwanda rwatangizwaga na FPR-Inkotanyi.
Yabonye akaga Abatutsi bahuye na ko, dore ko yakoraga
aho baje kubabarizwa bikomeye. Mukamazimpaka aheraho agatanga ubuhamya ku itotezwa
ry’abo Batutsi akanavuga ibyaranze Jenoside yakorewe Abatutsi muri rusange.
Iki gitabo kirimo amazina n’amafoto ya ba nyakwigendera
n’ababo barokotse, ku buryo ugisoma abona ko na cyo ubwacyo ari urwibutso.
Umwarimu n’Umushakashatsi ku Mateka, Kaminuza y’u
Rwanda, Ishami ry’Uburezi, Dr Philbert Gakwenzire wanditse ijambo ry’ibanze
ry’iki gitabo avuga ko ‘kizabera impamba abazagisoma bakanagikundisha abandi mu
rugendo rwo kubaka u Rwanda no kwereka ikiremwa muntu inzira iboneye yo kugera
ku cyiza’.
Mu iburiro rya mbere, Me Mukazimpaka avuga ko “Ntekereza
kwandika iki gitabo, nifuzaga gusigasira umurage w’urukundo nahawe na we,
nyakwigendera Aaron Rudahunga. Twashakanye mu 1991 (Ubukwe bwabaye ku wa 25
Nzeri 1991), wicwa mu 1994 mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.”
Avuga ko nyuma y’iminsi itatu gusa bakoze ubukwe,
batangiye gutotezwa kugeza ubwo bimutse aho bari batuye batangira ubuzima bwo kwihisha
mu bihuru, kuva tariki ya 21/04/1994 bakomezanya na Rudahunga Aaron kugeza
yishwe tariki ya 8/05/1994. Avuga ko yasohotse mu gihuru ku ya 9/7/1994.
Hari aho agira ati “Mu gihe cya Rudahunga, twari
dufite umugambi wo kutihisha kure y’inzira cyangwa kure y’umuhanda. Icyangombwa
ni uko habaga hihishe kandi twari twarasezeranye ko batuvumbuye nta n’umwe muri
twe uzahakana ko ari Umututsi.”
Akungamo ati “Yarinze apfa(Rudahunga) afite ikizere ko
n’ubwo Abatutsi n’abandi bafite ibitekerezo bidashyigikiye kwica no gukandamiza
bashira, nta kabuza ibintu bizahinduka mu Rwanda uko Imana izabigena. Ni ko
byagenze.”
Yihishe
mu rutoki rwo kwa Sebanani Andre!
Kuri Paji ya 86, Mukamazimpaka avuga ko tariki 8
Gicurasi 1994, ari nawo munsi umugabo we yiciweho mu rucyerera batewe n’igitero,
binjira mu nzu bakingura icyumba bari bicayemo babasohora hanze bababwira
amagambo mabi, banabatera ubwoba, bamukubita ikibatira cy’umuhoro, babangahisha
kubatema.
Avuga ako ‘twari twicecekeye tureba ibyo barimo,
nsenga mu mutima, Aaron ashobora kuba na we yarasengaga, n’ubwo tutari
tucyemerewe kuvugana ngo umwe amenye icyo undi ariho atekereza.’
Avuga ko uwitwa Munyamashara yaravuze ngo “sha
byamenyekanye ko muri hano tugende ujye kwisobanura.”
Mukamazimpaka avuga ko yasohokanye na Aaron akomeza
amukurikiye ubwo yari agiye kwisobanura. Munyamashara abwira Mukamazimpaka ati “wowe
turagusanga ukwawe, subirayo.” Ati “nushaka usubire kwa mukecuru cyangwa ujye iwanjye,
nava kwisobanura turaza tukubwire na we.”
Mukamazimpaka avuga ko yibajije gato icyo ajya
kwisobanura, asanga nta cyo ni ugushinyagura gusa barimo. Ati “Ni bwo nabiyatse
ndamukurikira aho bamujyanye. Aaron arahindukira andeba nabi nk’aho muhemukiye
kutemera ibyo bambwiye, ati “jyenda.” Nuko ndamanjirwa, ndasigara.”
Avuga ko aho Munyamashara yamwohereje kwihisha atari
ho yagiye, yaribajije ati ese “abaye agiye kumwica akagaruka akansanga iwe
kandi barahanyirukanye rugikubita nabyifatamo nte?”
Bityo yaciye iy’umucyamo aho kujya kwa Munyamashara
njya mu rutoki atari azi nyirarwo. Muri
iki gitabo, avuga ko yaje kumenya ko rwari urwa nyina wa Sebanani Andereya,
umuhanzi wari wishwe muri Jenoside na we i Kigali.
Abahanga mu bumenyi berekana ko nta wubasha kuvuga kuri
Jenoside akoresheje ubumenyi n’imitekerereze bisanzwe.
Umudagekazi wafashe ubwenegihugu bwa Leta Zunze Ubumwe
z’Amerika mu gihe cy’Intambara ya kabiri y’Isi, Hannah Arendt, yaranditse ati
“Jenoside ni icyaha kidashobora guhanwa cyangwa ngo kibabarirwe.’’
Undi Umuhanga mu mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, Faustin Rutembesa amwunganira agira ati “impamvu tutabasha kumva no gusobanura ibya Jenoside, ni uko ibyayo byose ari bibi. Nta wabasha kumva ibibazo n’akababaro abishwe bajyanye, cyangwa ngo yumve agahinda abarokotse basigaranye.’’
Mukamazimpaka Hilarie, umunyamategeko wabigize umwuga yamuritse igitabo yise ‘Ntuzazima’ kigaruka ku rukundo n’ubwitange byaranze umugabo we Aaron wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Visi-Perezida wa Sena, Nyirasafari Esperance yavuze ko iki gitabo 'Ntuzazima' ari intwaro ikomeye mu rugamba rwo guhangana n'abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi
Umunyamakuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA), Ingabire Egidie Bibio wabazaga ibibazo Mukamazimpaka Hilarie bijyanye n’iki gitabo cyanditse kuri Paji 126
Umushakashatsi akaba n'umwanditsi w'ibitabo, Hon. Antoine Mugesera yashimye Mukamazimpaka ku bw’ubutwari yagize bwo kwandika iki gitabo
Mukamurenzi Esther [Muramukazi wa Mukamazimpaa] yavuze ko Jenoside ikirangira, yahuye na Mukazimpaka muri Nyakanga 1994, icyo gihe ngo yari afite ibiro nka 30, kandi ni nawe wamubwiye ko musaza we yishwe
Dr Vincent Ntaganira yasabye buri wese gutekereza inkuru nziza azasiga imusozi nk’uko Aaron Rudahunga yabikoze, aharanira urukundo no kubana n’abandi neza
Umuyobozi wa Laboratwari y’u Rwanda y’Ibimenyetso bya gihanga byifashishwa mu butabera (RFL), Dr Karangwa Charles [Uri iburyo] mu bitabiriye imurikwa ry’igitabo ‘Ntuzazima’ kigaruka ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda
Nyuma ya Jenoside, Mukamazimpaka yariyubatse- Ubu afite Impamyabumenyi ebyiri z’icyiciro cya gatatu cya Kaminuza, imwe mu bijyanye n’amategeko mpuzamahanga mu bukungu n’ubucuruzi indi mu bijyanye no kumenya Jenoside no kuyikumira
Muri iki gihe, Mukamazimpaka ni umwunganizi mu matageko, akaba anikorera
Mukamazimpaka yareze imfubyi z’abavandimwe be, zimaze gukura ndetse hafi yazose amaze kuzishyingira yongeye gushaka, arushinga na Ndaruhutse Janvier mu 2007
Perezida wa GAERG, Nkuranga Jean Pierre yagaragaje uburyo Mukamazimpaka yabaye urufatiro rw'uyu muryango, amushimira ubutwari yagize bwo kwandika iki gitabo
Umwanditsi w’iki gitabo, avuga ko ‘Aaron yamanuwe ahitwa i Shori akubitwa, arinda yicwa umubiri we wamaze kuba ibisebe’. Ati “Ni aho twamukuye umubiri we waramaze kwangirika.”
Muri iki gitabo, Mukamazimpaka abwira urubyiruko ati “Rubyiruko rw’u Rwanda muri rusange, “utazi iyo ava ntamenya iyo ajya.” Uzabigisha, akababwira, akabatoza gukora ibyo mwumvise haruguru n’ibisa na byo muzange.
Umuhanzi JP Zed yaririmbye indirimbo igaruka ku budaheranwa bw’abanyarwanda
Visi-Perezida wa Sena, Nyirasafari Esperance asuhuzanya na Dr Vincent [Uri hagati ni Mukamazimpaka wamuritse igitabo 'Ntuzazima']
Muri uyu mugoroba wo kumurika iki gitabo, hazirikanwa ubuzima buzima bwaranze Aaron
Kanda hano urebe amafoto menshi yaranze kumurika igitabo 'Ntuzazima'
AMAFOTO: Nathanael Ndayishimiye-INYARWANDA.COM
TANGA IGITECYEREZO