RFL
Kigali

Nigeze kugirira ishyari Christopher, Meddy na The Ben- Bruce Melodie yiniguye ahakana gutunga Isibo TV

Yanditswe na: Daniel HAVUGARUREMA
Taliki:5/05/2023 23:02
1


Umuhanzi Bruce Melodie yahishuye ko yigeze kugirira ishyari mugenzi we Christopher Muneza ndetse ko impamvu nyamukuru ituma adakorana indirimbo n’abahanzi Meddy na The Ben ari uko isoko bamugezaho arifite.



Itahiwacu Bruce [Bruce Melodie] avuga ko kuva yatangira umuziki yagiriye ishyari umuhanzi umwe mu myaka yo ha mbere ubwo basaga nk'aho bahataniye umwanya w’umuhanzi mushya mu muziki nyarwanda.

Mu kiganiro yagiranye na MIE Empire, Bruce Melodie ukubutse muri Nigeria yavuze ko Christopher yigeze kumutera ishyari ubwo yashyiraga hanze indirimbo ‘Habona’ ikaba ikimenyabose, abari bamwegereye bakajya bamubwira ko yasigaye kandi abandi bageze kure.

Bruce asubiza ikibazo cy’umufana wari umubajije impamvu atagira ishyari cyane ko ngo agaragara nk’utarigira, yavuze ko abarimo umuraperi Amani Hakizimana uzwi nka Ama G The Black bakoranaga icyo gihe bamwumvishije ko ari gusigara mu gihe Christopher ari gukora cyane bituma yumva amugiriye ishyari.

Ati "Kuba nta shyari ngira, ntekereza ko biba mu migisha ngira. Mu bijyanye n’akazi dukora sinibaza ko hari uwo nkwiye kugirira ishyari, undushije uba wandushije bimeze nko kurwana. Ishyari ntacyo ryafasha umuntu urifite kuko ntirifata amajwi, ntirifata amashusho nta kintu warimaza."

Akomeza akomoza ku muhanzi yigeze kugirira ishyari mu myaka yatambutse ati “Kera nigeze kugirira umuntu ishyari, nigeze kugirira ishyari Christopher. Kera yabaga muri Kina Music kandi iyi nzu itunganya umuziki yari yarafatishije bya hatari. Icyo gihe nta shyari nagiraga, Christopher asohora indirimbo ‘Habona’, Ama G akajya aza akambwira ngo wabumvishe abandi bana naho wowe uraho, nanjye ntangira kubitekerezaho. “

“Umutwe waragiye urabyimba noneho mu gihe uri kubyimba nkumva ahantu hose irahari, Ama G akajya ambwira ngo abandi bana bari gukora indirimbo nziza naho wowe uri muri 'yakoyo we'. Icyo gihe naragiye ndasara nta murongo n’impano Imana yanyihereye yo gukora byose”.

Melodie mu rwenya rwinshi yakomeje avuga ko nyuma yaje gusanga atari ishyari yari yifitemo ahubwo ko ryaterwaga na Ama G The Black wamwoshyaga kandi ko nyuma yaje kwegera umuhanzi Christopher akamubwiza ukuri ko yari arimufitiye kandi ko yamenye uwamushukaga.

Uyu muhanzi kandi yagarutse ku mubano afitanye n’abahanzi nyarwanda Meddy na The Ben bakorera umuziki muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika utavugwaho rumwe n’abantu batandukanye ku mbuga nkoranyambaga bavuga ko Bruce Melodie ashobora kuba yishyura umunyamakuru wo kuri YouTube uzwi nka Fatakumavuta kugira ngo asebye ndetse anibasira abo bahanzi bombi bubatse izina rikomeye mu muziki.

Bruce Melodie yavuze ko aba uko ari babiri ari abantu baziranye bisanzwe atari inshuti za hafi ariko ko ku ruhande rw’akazi bashobora gukorana kuko nta kindi kibazo cyihariye kiri hagati yabo. Uyu muhanzi kandi yavuze ko atabona amafaranga yo kwishyura uwo munyamakuru ngo asebye bagenzi be kuko afite byinshi yashoramo amafaranga kandi ko ayakunda bihambaye ku buryo atayapfusha ubusa.

Asubiza umufana wari amubajije ku mubano uri hagati ye, Ngabo Medard uzwi nka Meddy na Benjamin Mugisha wamamaye nka The Ben ndetse n’impamvu nta ndirimbo barakorana, Melodie yavuze ko ari gushaka irindi soko ritari riyo mu Rwanda kuko ryo arisanganywe.

Ati”Ntabwo bishoboka ko nta umwanya wo kwanga umuntu nta n’umuntu nakwishyurira gusebya abantu kuko mfite byinshi nayakoresha. Umubano wanjye na The Ben na Meddy ntawo, ntabwo turi inshuti cyane ariko duhuye twasuhuzanya kandi twakorana akazi.”

Akomeza agira ati “Impamvu tudakorana umuziki ni uko badakorera inaha mu Rwanda ntabwo tubonana umunsi ku wundi ikindi kandi Meddy na The Ben bagiye kumpa isoko mfite, ndigushaka gufatisha n’ahandi tutaragera. Ibyo nari gukorana n’aba bahanzi bombi barabikoze kuko bahuriye mu ndirimbo zitandukanye bityo abakunzi b’umuziki barabyakiriye”.

Uretse ibi uyu muhanzi yahishuye ko Televiziyo ISIBO TV yamwitiriwe atari iye ndetse ko yamaze gukuramo ake karenge ubu atakibarizwa mu bakorana n’iyi nsakazamashusho ishingiye ku myidagaduro ndetse ko amasezerano ya miliyari yasinye yo kwamamaza kompanyi ya Food Bundles yaheze mu kirere.

Avuga ko nawe ubwe aheruka aya masezerano asinywa ko atigeze ahabwa amafaranga yasinyiye arenzaho ko uwahoze ari umujyanama we Lee Ndayisaba ari kubikurikirana mu nkiko.



Bruce Melodie yahakanye ibyo gutunga televiziyo ya ISIBO TV- Ubanza ibumoso ni Kabanda Jean De Dieu, Umuyobozi Mukuru wa Isibo Tv- Uri iburyo ni Mike Nshuti, umunyamafaranga w'inshuri ya Bruce Melodie


Melodie aherutse kwegukana ibihembo bibiri muri The Choice Awards 2022 bya ISIBO TV



Bruce yavuze ko yigeze kugirira ishyari Christopher Muneza- Icyo gihe yari akibarizwa muri Kina Music yavuyemo akarwara 'Depression'






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Bayingana gregoire Bay-G 1 year ago
    Ibyobyo bibaho kdi buriwese byamubaho kugira ishyari turarigira nkabantu najye mbona abandi bafite hit nkumva ntacyo nkora nkubungubu mfite indirimbo yitwa igikoma by bay-G ariko mbanumva mfite ishyari kuberako idacyinwa uko bikwiye mugire amahoro yimana.





Inyarwanda BACKGROUND