Kigali

Sarkodie yisunze ijambo rya Perezida Kagame yishimira ko hishyuwe umwenda wa Miliyari 400 Frw

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:4/05/2023 18:46
0


Umuraperi Michael Owusu Addo uzwi mu muziki nka Sarkodie wubatse ibigwi bikomeye mu muziki w’Afurika, yifashishije ijambo rya Perezida Paul Kagame yavuze mu myaka umunani ishize, yishimira ko u Rwanda rwishyuye umwenda wa $400M ( Ararenga Miliyari 400 Frw).



Kuri uyu wa Gatatu tariki 3 Gicurasi 2023, The East African yasohoye inkuru ivuga ko u Rwanda rwabashije kwishyura umwenda wa Miliyari 400 z'amafaranga y'u Rwanda.

Ku wa 3 Kanama 2021, ni bwo Guverinoma yashyize ku isoko ry’i Burayi impapuro z’agaciro (Eurobonds), bituma ihabwa umwenda wa Miliyoni $620.

Uyu mwenda wa Miliyari 400 Frw, Guverinoma yishyuye, ni uwo mu 2013 yari yahawe bivuye ku mpapuro zo kuri iri soko ry’abashoramari i Burayi. Ntiyagombaga kurenza umwaka wa 2023, uyu mwenda itarawishyura.

Izi mpapuro cyangwa se ibizwi nka ‘Eurobonds’ ni amasezerano aha icyizere abashoramari i Burayi bakaguriza Leta imari nini mu mafaranga y'amahanga ikazishyura ishyizeho inyungu uhereye ku myaka 10 kuzamura.

Umwenda wa Miliyoni $620 u Rwanda rwahawe ku wa 3 Kanama 2021, niwo yifashishije mu kwishyura igice cy’umwenda wa Miliyari 400 Frw u Rwanda rwari rwafashe mu 2013.

Muri Kanama 2021, Minisiteri y’Imari n'Igenamigambi yavugaga ko igice cy’amafaranga azasigara mu kwishyura umwenda wa Miliyoni $400 azifashishwa “mu mishinga yihutirwa yo kuzahura ubukungu bwagizweho ingaruka na Covid-19".

Nyuma yo kubona ko u Rwanda, rwabashije kwishyura uyu mwenda wa Miliyari 400 Frw, umuraperi Sarkodie yasangije abamukurikira iyi nkuru, maze agira ati “Ni cyo mba mvuga/ni cyo mba mbabwira.”

Uyu muraperi w’imyaka 37 y’amavuko wamenyekanya mu ndirimbo ‘Illuminati’ yanagaragaje ijambo ry’Umukuru w'Igihugu cy'u Rwanda, aho yagarukaga ku buryo atangazwa n'ukuntu abakuru b'ibihugu bya Afurika badahagaruka ngo bakorere abaturage, ahubwo bakarazwa ishinga n'Inama zibahuza n'abayobozi b'ibihugu bikomeye ku Isi, bakaganira bakagaragaza ibibazo bafite.

Muri iri jambo, Perezida Kagame yavuze ko bitangaje uburyo abakuru b'ibihugu bya Afurika badashobora kwicara hamwe, ngo bashakire hamwe ibisubizo by’ibibazo abaturage bafite, ahubwo bagatereza ko bajya mu nama i Paris kuba ari ho baganirira ibi bibazo.

Iri jambo, Perezida Kagame yarivuze ubwo yari Nama ngaruka mwaka ya 49 yateguwe na Banki Nyafurika itsura amajyambere (AfDB) yigaga ku iterambere ry’ubukungu bwa Afurika, yabereye i Kigali wa 20 Gicurasi 2014. Yakurikiwe n’ibiganiro byahuje abayobozi mu nzego zinyuranye; Perezida Kagame agaruka ku nshingano z’abayobozi ba Afurika.

Sarkodie ni umwe mu baraperi beza umugabane wa Afurika wagize. Izina rye ryatumye umuziki w’igihugu cy’amavuko cye, Ghana kimenyekana. Yavukiye kandi akurira mu gace ka Koforidua mu Mujyi Tema muri Ghana, ku wa 10 Nyakanga 1988.

Ni umwanditsi w’indirimbo akaba n’umuraperi ushyize imbere gutanga ubutumwa bugaruka ku buzima busanzwe, kwishimra n’ibindi. Amaze guhatanira ibihembo birimo nka Vodafone Ghana Music Award, The Headies Award for African n’ibindi.

Uyu mugabo uvuka mu muryango w’abana batanu, afite impamyabumenyi y’icyiciro cya Kabiri cya Kaminuza [Bachelor’s] mu bijyanye na ‘Graphics Design’.

Afite kandi album ziriho indirimbo ziryoshye nka: Makye (2009) Rapperholic (2012), Sarkology (2014), Highest (2017), Black Love Album (2019), Mary (2015) Alpha (2019), ndetse na ‘No Pressure (2021)’.

Mu 2022, ikinyamakuru Glusea cyo muri Ghana, cyatangaje ko Sarkodie atunze Miliyoni $18 yakuye mu bikorwa binyuranye by’umuziki birimo nko kugurisha album, ibitaramo yaririmbyemo n’ibindi.

Ku wa 17 Nyakanga 2018, uyu munyamuziki yarushinze n’umukunzi we Tracy Owusu Addo bamaze kubyarana abana babiri barimo umukobwa witwa Adalyn Owusu Addo ndetse n’umuhungu witwa Michael Nana Yaw Owusu Addo Jnr.

         

Sarkodie ukurikirwa n’abarenga miliyoni 5 kuri Instagram, yagaragaje ko yatewe ishema no kuba u Rwanda rwishatsemo ibisubizo rukishyura umwenda wa miliyari 400 Frrw 

Sarkodie yasangije abamukurikira ijambo Perezida Kagame yavuze mu myaka umunani ishize, aho akangurira abayobozi ba Afurika gukorera abaturage batabibwirijwe 

Sarkodie yabaye umuraperi w’icyatwa muri Afurika nzima ndetse n’iwabo muri Ghana 

Sarkodie amaze iminsi mu ruhererekane rw’ibitaramo byabereye mu Bwongereza n’ahandi 

KANDA HANOU REBE IJAMBO RYA PEREZIDA KAGAME UMURAPERI SARKODIE YIFASHISHIJE

 ">

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘ILLUMINATI’ YA SARKODIE YAKUNZWE MU BURYO BUKOMEYE

">





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND