CANAL+ Rwanda yongeye kudabagiza abakiriya bayo ibazanira amateleviziyo mashya afite ibiganiro bitambuka mu rurimi rw’Igiswahili aho kuva mu kwezi kwa Mata, izi televiziyo wazisanga ku ifatabuguzi ryawe.
Kuri ubu Igiswahili cyabaye ururimi rwa kane mu ndimi zivugwa n’abantu benshi hano mu Rwanda wasanga kuri Canal +, nyuma y’Ikinyarwanda, Ifaransa, ndetse n’icyongereza.
Kuva tariki 1 Mata televiziyo icyenda
by'umwihariko zikorera mu Karere u Rwanda ruherereyemo, wasizanga ku ifatabuguzi
ryawe rya Canal+ aho ibiganiro byazo biri gutambuka mu rurimi rw’Igisawahili.
Sasa
Sionne umuyobozi wa Canal w’umusigire, avuga ko impamvu bahisemo kuzana aya
mashene, ari ukugira ngo bahaze amahitamo y’abakiriya babo, ndetse n’abantu
bakunda ururimi rw’igiswahili, nabo bibone kuri Canal+. Muri izi Televiziyo
harimo Televiziyo ya Madi TV, TBC1, TBC2 KNT, KTN NEWS 5EATV, Sinema Zetu, UTV,
ITV Tanzania.
Aya mashene
harimo ayo muri DR Congo, Tanzania na Kenya. Aya mashene, azajya anyuraho
ibiganiro by’imikino, amakuru asanzwe, ndetse n’ibiganiro by’umuziki. Ku bijyanye
n’ibiciro nta cyahindutse, buri mukiriya azakomeza gukoresha ifatabuguzi
yakoreshaga ku mafaranga yari asanzwe arigura.
Ubuyobozi bwa Canal+ bwatangaje ko mu buryo bwo gukomeza kudabagiza abakiriya, hari n'andi mashene ashobora kwiyongera ku ifatabuguzi mu gihe kiri imbere
TANGA IGITECYEREZO