RFL
Kigali

Inka Perezida Kagame yagabiye Gen. Muhoozi zimaze kuba 17

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:25/04/2023 18:53
1


Umujyanama wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni mu by'umutekano akaba n'umuhungu we, Gen Muhoozi Kainerugaba, yashimye Perezida Kagame amubwira ko inka 10 yamugabiye zamaze kororoka ubu zigeze kuri 17.



Muhoozi yabimubwiye ku mugoroba wo kuwa Mbere tariki 24 Mata 2023, ubwo yakirwaga na Perezida Kagame na Madamu mu kwizihiza isabukuru ye y’amavuko y’imyaka 49.

Mu ijambo rye, Gen. Muhoozi yashimangiye ko Perezida Kagame ari inshuti ye. Avuga ko intangiriro yo gushimangira ubushuti ari 10 yamugabiye, kandi yishimira.

Avuga ati “Nagira ngo nkubwire Nyakubahwa, za nka zimeze neza, zarabyaye, wampaye inka 10 none ubu zabaye 17 zivuye kuri zazindi wampaye.”

Mu ijambo rye, Perezida Kagame yashimye Gen. Muhoozi ku bwo kuba intangiriro y’imibanire myiza y’ibihugu byombi.

Umukuru w’Igihugu yavuze ko u Rwanda na Uganda ari inshuti kandi bafite amahoro. Ati “Turabona amahoro hagati y’ibihugu byacu. Nibyo, mushobora kugira amahoro ariko hari igihe mutaba inshuti, ariko ubu ndatekereza ko ubu byombi tubifite. Turi inshuti ndetse dufite n’amahoro. Warakoze Gen. Muhoozi ku ruhare wagize muri ibi, kuba warabaye ikiraro gihuza impande zombi.”

Umwaka ushize Muhoozi yizihirije isabukuru muri Uganda. Icyo gihe yari yatumiye Perezida Paul Kagame.

Tariki 15 Werurwe 2022, nibwo Perezida Paul Kagame yakiriye mu rwuri rwe imfura ya Perezida Museveni, Gen. Muhoozi Kainerugaba, amugabira inka z'Inyambo.

Si ubwa mbere Perezida Kagame agabiye inka abo mu muryango wa Perezida Museveni. Tariki 31 Nyakanga 2011, Perezida Kagame yagabiye Perezida Yoweli Kaguta Museveni inka 10 z'Inyambo ubwo bari mu rwuri rwe, ruherereye mu nkengero z'ikiyaga cya Muhazi mu Karere ka Kayonza mu Ntara y'Iburasirazuba. 

Mu mpera za 2011 ubwo Perezida Kagame yari muri Uganda mu kiruhuko cya Noheli, nawe yagabiwe na Perezida Museveni inka 20 z'amashashi yo mu bwoko bwa Ankole.

   

Gen. Muhoozi yashimye Perezida Kagame wamugabiye inka 10 none zikaba zimaze kuba 17 

Ku wa 15 Werurwe 2022, nibwo Perezida Kagame yagabiye Muhoozi inka 10 

Ku mugoroba wo kuwa Mbere tariki 24 Mata 2023, nibwo Perezida Kagame na Madamu bakiriye Gen.Muhoozi mu kwizihiza isabukuru ye







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • HAGUMUBUZIMA1 year ago
    MWARAKOZE MUYOBOZI WACU WURWANDA





Inyarwanda BACKGROUND