Ni mu
gikorwa cyabaye kuwa Kane tariki 20 Mata 2023, cyabereye mu Murenge wa
Ntarama mu Karere ka Bugesera mu Ntara y’Uburasirazuba.
Bruce
Melodie ku wa 15 Mata 2023 ari kumwe n'umujyanama we Coach Gael, Producer
Element n'abandi bakorana basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Ntarama, mu rwego
rwo kwiga amateka yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ubwo
yasuraga uru rwibutso rwa Ntarama ari kumwe n’iri tsinda bakorana, baboneyeho
n'umwanya wo gutanga ibiribwa by’amoko atandukanye ku miryango 20 y'abarokotse
Jenoside mu Murenge wa Ntarama muri Bugesera.
Umwe mu
bashinzwe kureberera inyungu za Bruce Melodie, yabwiye InyaRwanda ko icyo gihe
banijeje iyi miryango kuzabaha amatungo magufi azabafasha kwiteza imbere.
Ati
"Twanasuye imiryango 20 y'abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994,
turabasura, tubajyanira ibiribwa ariko tunabemerera ko tuzabaha n'amatungo
kugira ngo babashe kuzamuka mu mibereho, rero nibyo twakoze ejo hashize (ku wa
Kane)."
Yavuze ko
bahisemo gutera inkunga abarokokeye i Ntarama 'bitewe n'amateka yaho yihariye, muri Jenoside yakorewe Abatutsi'.
Urwibutso
rwa Jenoside rwa Ntarama ni rumwe mu nzibutso ndangamurage esheshatu, zibitse
amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Abantu
barenga ibihumbi bitanu barahiciwe mu gihe cya Jenoside ku itariki ya 15 Mata
1994; rwubatse mu cyahoze ari Kiliziya Gatolika ya Ntarama.


Bruce Melodie yatanze amatungo magufi (ihene) kuri iyi miryango nyuma y’uko abahaye n’ibiribwa


Imiryango 20 yo mu Murenge wa Ntarama y’abarokotse Jenoside yahawe ihene

Ubwo Bruce
Melodie yari kumwe na Producer Element basura Urwibutso rwa Jenoside rwa
Ntarama
Umujyanama
wa Bruce Melodie, Coach Gael ashyira indabo ku mva zishyinguyemo inzirakarengane
zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Basobanuriwe birambuye uko umugambi wa Jenoside wateguwe kugeza ushyizwe mu bikorwa
