RFL
Kigali

King James yatunguranye! Bwiza, Masamba na Chameleone bakoze igitaramo gikomeye cyaherewemo Gen.Muhoozi icumu n’ingabo-AMAFOTO

Yanditswe na: Umukundwa Josue
Taliki:20/04/2023 0:44
2


‘Urukundo Egumeho’ niyo yari insanganyamatsiko y’ibirori byahuje abanyarwanda baturutse imihanda yose yaba mu Rwanda no muri Uganda, ndetse n’Abanya Uganda baturutse impande zose, nyamara umutima ari umwe ari ukwishimira ifungurwa ry’umupaka.



Ni ibirori byitabiriwe mu buryo budasanzwe kuko ikibuga byaberagamo cyari cyuzuye ndetse n’abantu bamwe babuze aho bajya bakomeza kubyumvira hanze. 

Gusa usibye abari bageze aho biri bubere bakabura imyanya, abaturage bose batuye muri Uganda babikurikiranaga imbonankubone kuri Terevizyo zitandukanye zirimo n’iy'igihugu.

Urugendo rwanjye!

Nahagurutse i Kigali saa moya za mu gitondo nerekeza i Kabare ahari hagiye kubera ibirori mbaturamugabo by'isabukuru ya Ge. Muhoozi byahuje abanyaRwanda n’abanya-Ugande, ahanini bagamije kwishimira ifungurwa ry’umpaka wa Uganda n’u Rwanda.

Nageze ku mupaka saa yine, gusa ngeze ku mupaka ntungurwa cyane no kuhasanga Bus nyinshi, gusa nkomeje kwegera imbere mbona ko impamvu ari nyinshi ari abanyaRwanda benshi babukereye baje kwishimira ifungurwa ry’umupaka w’u Rwanda na Uganda.

Umurava wari wose ku bafashije abanyaRwanda kureba niba bujuje ibyangombwa bibemerera kwinjira muri Uganda, ku buryo mu gihe cy’iminota itarenze 5 ibyo byose byari bimaze gukorwa nemererwa kwinjira muri iki gihugu.

Twihuse cyane ko inyaRwanda yari ihababereye umunsi wose, mu minota 20 gusa nari ngeze ahaberaga ibirori nyirizina.

Hacuranzwe indirimbo z’ibihugu byombi u Rwanda na Uganda sinakubwira, ubona ko inger zitandukanye abakecuru n’abasaza babukereye.


Bwiza yerekanye ubuhanga mu miririmbire no kubyina

Bidatinze ibirori byakomeje, abari abashyitsi bakuru barimo Gen.Muhoozi Kainerugaba, abayobozi bo mu Rwanda na Uganda, inzego z’umutekano bose baba barahageze impundu n’amashyi biravuzwa..

Ibi birori byongeye kwerekana umubano mwiza n’ibyishimo by’ifungurwa ry’umupaka byanyuze benshi. Gen.Muhoozi yavuze ko bishimiye ndetse bananyuzwe no kuba bari kumwe kandi bahuje byose.

Uku ibi byose byabaga, ni nako umuziki wavuzwaga, umushyushyarugamba yari umuhanzi ukomeye muri Uganda na Afurika, Bebe Cool ari nawe wanyuzagamo akerekana ibyishimo atewe no kwambuka anyuze mu mupaka ajya mu Rwanda nta nkomyi. 

Nyuma y’ibirori bya mbere ibihumbi by’abantu bose bari aho babonye icyo kurya n’icyo kunywa maze barizihirwa.


Twinjire mu gitaramo nyirizina:

Saa cyenda na 22, nibwo Dr Jose Chameleone wari utegerejwe n’imbaga y’abantu yagiye ku rubyiniro, yerekana ko ari umuhanzi w’icyubahiro muri iki gihugu ndetse ko ibyo yakoze bitazigera byibagirana mu muziki wa Uganda.

Mu ndirimbo zirimbo Tubonge, Agatako yakoranye na Dj Pius n’izindi zitandukanye, uyu muhanzi yashimishije abantu benshi. 

Nyuma y’uko ava ku rubyiniro uyu muhanzi yahamagaye murumuna we Weasel akaba n’umugabo wabyaranye na Teta Sandra wo mu Rwanda, bararirimba karahava.

Saa Kumi n’imwe hatambutse ijambo ry’umushyitsi mukuru Gen.Muhoozi, Masamba wari utahiwe. Masamba yagiye ku rubyiniro abanjirijwe n’itorero, maze yerekana ubuhanga mu njyana ya Gakondo.


Masamba yaririmbye indirimbo ze zirimo Nyaruguru, Nyeganyega, Jenga, n’izindi. Yavuye ku rubyiniro asanga Gen.Muhoozi aho yari yicaye maze amushyikiriza impano y’icumu n’ingabo nyuma yo kumuha umupira wanditseho Inkotanyi.

Saa Kumi n’imwe na 58 urubyiniro rwahise rwiharirwa na King James waje atunguranye mu gihugu cya Uganda. Yashimiye ndetse anyura abantu mu ndirimbo bari basanzwe bazi nka Ganyobwe, Ndagutegereje n’izindi.

King James ntabwo yari yatangajwe mu bazaririmba muri iki gitaramo ndetse n’integuza ntiyariho, akaba yaje nk’umuhanzi wari uhishiwe abanya-Uganda ndetse akaza no kwerekana ko yari anyotewe koko.


Ababyinnyi ba Massamba ku rubyiniro

Bwiza yagiye ku rubyiniro saa Kumi nebyiri ari inawe muhanzikazi rukumbi wari watumiwe. Yatanze ibyo yasabwaga n’abafana ndetse yongeraho n’imbaraga ze afatanyije n’ababyinnyi b’abahanga baje bitwitse imitwe.

Umuhanzikazi Bwiza yakoze igitaramo cyatumye abantu batifuza ko yava ku rubyiniro, cyane ko abenshi mu banya Uganda bazi indirimbo ze zirimo Exchange, Ready n’izindi zitandukanye, uyu muhanzi yagiye akora.

Ku rubyiriniro, Bwiza yageneye impano y’imipira yanditseho izina rye, bamwe mu bafana ibihumbi bari bitabiriye iki gitaramo, bishimira uburyo yabitayeho ari nayo mpamvu yavuye ku rubyiiro batabishaka.


Kenny Sol ari nawe wari utahiwe yagiye ku rubyiniro ahagana saa kumi n’ebyiri na 57, yinjiriye mu ndirimbo Haso, asanganirwa no gusana abafana be hafi ya bose biganjemo abanya Uganda bayizi cyane.

Gusa nubwo yinjiye ku rubyiniro yishimye Kenny Sol yaruvuyeho atishiye bitewe n’uko indirimbo Ikinyafu, abantu bari bazi atayiririmbye nyuma y’uko ibuze bakamukinira izo adashaka ahitamo gushimira ava ku rubyiniro.


Nubwo hari abatabashije kubibona, gusa Kenny Sol afatanyije n’abafana be wabonaga ko bashaka indirimbo Ikinyafu yakoranye na Bruce Melodie birangira l ibuze arabashimira aragenda.

Mu gukurikirana impamvu iyi ndirimbo itabonetse, inyaRwada.com yamenye amakuru y’uko uwari gucuranga Dj Spinny yasubiye muri Uganda adatanze indirimbo za Kenny Sol, bityo Kenny Sol babibwirwa nyuma.


King James yanyuze abantu mu gitaramo

Igitaramo cyasojwe mu masaha akuze haraswa Fireworks (Ibishashi) mu kirere hishimirwa ubufatanye, imibanire myiza iherekeje ifungurwa ry’imipaka y’u Rwanda na Uganda yafunguwe abaturage bakabisamira hejuru.

 



Massamba yashyikirije icumu n’ingabo Gen.Muhoozi


Nyuma yo kuririmba Chameleon na Weasel  bagiye gusubuza Gen Muhoozi


King James ku rubyiniro


Bwiza yanyuze ibihumbi by’abantu


AMAFOTO: Olivier Mugwiza






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • INosty Grey artist 1 year ago
    Nigute abahanzi babura indirimbo zabo , nonex kennysol iyo yiyaranja mbereyuko ajyaho akabanza yamenya niba indirimbo ze zuzuye yasanga zudahari agahita azidaniloadinga ,sinzi impamvu umuhanzi abura Indirimbo ze ubwo x nokuri fone ntazo ABA afite?sinzi uko mbyufise murazeko!! Inosty Grey, Rubavu Rwanda
  • Nizeyiyandemye fidele1 year ago
    more energy it will give me good achievement





Inyarwanda BACKGROUND