RFL
Kigali

Abagore batatu b’abanyamuziki bahuje imbaraga na Marius Bison mu ndirimbo nshya-VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:19/04/2023 21:04
0


Umuhanzi wo muri Kiliziya Gatolika, Marius Bison yahuje imbaraga n’abagore batatu b’abanyamuziki mu ndirimbo ihimbaza Imana bise ‘Ineza yawe’.



Marius yamenyekanye mu ndirimbo zirimo ‘Kuba umugabo’, ‘Nkwamamaze’ yakoranye na Uncle Austin, ‘Mbaye uwawe’ n’izindi nyinshi. Muri iyi ndirimbo hari aho baririmba bagira bati “Iteka nzajya gusingiza ku bw’ineza yawe.”

Uyu munyamuziki yabwiye InyaRwanda ko yagize igitekerezo cyo gukora iyi ndirimbo ashingiye ku buzima bwite ‘by’ibyo Imana yagiye inkorera’.

Akomeza ati “Nkareba uko ngenda ntera intambwe kandi n'iyo natsikira ikangirira imbabazi ngakomeza, nkabona ko byose ari kubw’ineza yayo.”

Muri rusange, avuga ko iyi ndirimbo ishingiye ku butumwa bw'iyobokamana, aho buri wese akwiye kureba ineza Imana imugirira agakurizaho kuyisingiza. Ati “Kuba turiho ni kubwayo.”

Iyi ndirimbo yaririmbyemo abagore batatu Habiyaremye Mutetesha Alice, Uwamahoro Pascasie ndetse na Kabera Aletha.

Bombi basanzwe ari abaririmbyi muri korali Inyange za Mariya ariko bakaba bakunda by’umwihariko ibihangano bya Marius Bison, uvuga ko hari gahunda y’uko bakomeza guhurira mu ndirimbo, ariko bizaterwa n’uburyo abantu bazabakira bashingiye kuri iki gihangano cya mbere.

Ati “Niyo ndirimbo ya mbere dukoranye ariko dushobora gukomeza gukorana bikaba byageze ku rwego rw’aho ryaba itsinda rikomeye.”

Aba bagore basanzwe baririmba neza mu makorali babarizwamo, kenshi bakunze guhura na Marius kuko izi korali ziri muri zimwe yigisha ibijyanye n’imiririmbire.

Yungamo ati “Ikindi ni uko ari abakunzi bakomeye b'ibihangano byanjye bakaba banakunda kuririmba bihebuje.” 


Marius yavuze ko iyi ndirimbo ibanjirije indi mishinga y'indirimbo ashobora gukorana n'aba bagore        

Marius Bison yahuje imbaraga n’aba bagore mu ndirimbo ihimbaza Imana bise ‘Ineza yawe’ 

Habiyaremye Mutetesha Alice usanzwe ari enjenyeri mu by’ubwubatsi akora umuziki mu buryo bw’umwuga 

Kabera Alteha umukozi muri Kaminuza y’u Rwanda (UR) waririmbye muri iyi ndirimbo 

Uwamahoro Pascasie usanzwe ari rwiyemezamirimo wahuje imbaraga na Marius muri iyi ndirimbo

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘INEZA YAWE’ YA MARIUS

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND