Iyi ndirimbo
y’iminota 3 n’amasegonda 32’ yubakiye cyane ku nkuru y’abantu babiri, umusore n’umukobwa
bakundana urukundo rukomeye kandi rutanga icyizere, nyuma y’uko buri umwe
atandukanye n’uwo bahoze bakundana.
Manzi yabwiye
InyaRwanda ko muri macye iyi ndirimbo yumvikanisha uburyo umusore n’umukobwa
bishimye mu rukundo, nyuma y’uko buri umwe ababajwe mu rukundo.
Akomeza ati “Iyi
ni indirimbo y’urukundo ivuga cyane ku bantu babiri bari mu munyenga w’urukundo, nyuma yo guhemukirwa n’aba-Ex babo baba baratandukanye."
“Ni indirimbo
igaragaza kunyurwa n’urukundo uri guhabwa n’umuntu muri gukundana ugashimira
umwereka ibyishimo aguha, ko nawe ntacyo utakora ngo umushimishe ugahitamo kuba
ku ruhande rw’umukunzi wawe aribyo “By your Side " mu kinyarwanda bivuga ‘iruhande
rwawe’."
Ibi biri mu
byatumye Manzi yifashisha mu ndirimbo umukobwa witwa Frida Thim bahoze
bakundana. Avuga ko cyari icyemezo kitoroshye gufata, yaba kuri we ndetse no
kuri uyu mukobwa, ku kuba bombi bakongera guhurira mu ndirimbo nyuma y’amakimbirane.
Manzi
akomeza avuga ko gukorana indirimbo na Afrique byari mu rwego rwo kwagura
ibikorwa bye by’umuziki, ndetse no gushyira itafari ku muziki w’u Rwanda no
kuwumenyekanisha hanze yarwo.
Ati “Ni igitekerezo twagize njye n’ikipe yanjye dukorana, kuko twabonye twakorana na Afrique kuko twasanze uburyo nkora umuziki n’uwo Afrique akora twaha abakunzi bacu indirimbo nziza turamutse tuyihuriyemo. Ni uko igitekerezo cyaje."
Manzi avuga
ko asohoye iyi ndirimbo mu gihe ari kwitegura ibitaramo, azahuriramo na
Harmonize mu gihugu cya Australia.
Ibi bitaramo
byiswe “Harmonize Single Boy " bya Harmonize muri Australia, byateguwe na One Culture
Events ifatanyije na The Connect.
Bizabera mu
Mujyi wa Sydney ku wa Gatanu tariki 9 Kamena 2023 ari naho Manzi bazaririmbana; Ku wa 11 Kamena bizabera mu Mujyi wa Perth, ku wa 10 Kamena bizabera Adelaide
naho ku wa 17 Kamena 2023 bizabera i Melbourne.
Uyu muhanzi
anavuga ko ari gutegura Extended Play (EP) izaba iriho indirimbo nyinshi, yahurijeho abahanzi banyuranye bo mu Rwanda n’abo mu mahanga. 
Manzi yavuze
ko gukorana indirimbo na Afrique ari ibintu yari amaze igihe atekerezaho, kandi
yishimira ko yabigezeho 
Manzi
ubarizwa muri Australia yifashishije uwahoze ari umukunzi we Frida Thim, mu
ndirimbo yakoranye na Afrique 
Harmonize
ari kwitegura kujya gukorera ibitaramo mu gihugu cya Australia, birimo icyo
azahuriramo na Manzi mu Mujyi wa Sydney 
Manzi yavuze
ko ari gukora kuri Extended Play (EP), izaba iriho n’indirimbo z’abahanzi bo mu Rwanda 
Umutare Gaby ufasha cyane mu muziki Manzi muri iki gihe, aha bari kumwe muri studio
KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘YOUR SIDE’ YA MANZI NA AFRIQUE
