Itorero Inkindi n'Amariza rimaze imyaka isatira ibiri ritangiye guteza imbere imbyino gakondo, ryashyize ahagaragara umuvugo 'Ejo Heza' ndetse n’indirimbo 'Bana b'u Rwanda' mu rwego rwo kwifatanya n'Abanyarwanda mu kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi, guhumuriza no guha icyizere abarokotse aya mahano.
Mu gihe nk'iki cyo kwibuka Abatutsi barenga miliyoni bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri Mata 1994, abahanzi bakomeza gutanga umusanzu wabo binyuze mu butumwa bw'ihumure banyuza ku mbuga nkoranyambaga n'ahandi.
Bakora kandi ibihangano by'isanamitima
binyuze mu ndirimbo n'ibindi bikorwa, bikomeza gufasha abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri
Mata 1994.
Ni muri urwo
rwego, Inkindi n'Amariza bakoze iyi ndirimbo n’uyu muvugo. Umuyobozi w'iri
torero, Carine Karambizi yabwiye InyaRwanda ati "Twifuje gufatanya
n'abanyarwanda kwibuka abacu bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, hanyuma
tubicisha mu bihangano nk'itorero."
Ubwo
bashyiraga hanze umuvugo bise ‘Ejo Heza’, bavuze bati “iki gihangano kibe icyo
kubahoza amarira, kibe icyo kurema icyizere kuko ejo ni heza.”
Carine avuga
ko muri rusange uyu muvugo 'Ejo Heza’ ubwira cyane cyane “uwarokotse Jenoside,
ukamubwira umwihanganisha ngo areke guheranwa n'agahinda, ariko nanone tumusaba
kureba ejo hazaza, agerageza gukora yiteze imbere ateze imbere n'igihugu cye”.
Banashyize
hanze indirimbo ‘Bana b’u Rwanda’, bagira bati “Iyi ndirimbo ibanyure, ibabe
hafi muri ibi bihe twibuka abacu bazize Jenoside yakorewe Abatutsi.”
Carine
Karambizi avuga ko mu ndirimbo 'Bana b'u Rwanda' babwira urubyiruko kugira ngo bamenye
ko aribo Rwanda rw'ejo, bahanzwe amaso mu guteza imbere Igihugu.
Ati
"Nibo bazatureberera ejo hazaza. Nibo bazasigarana uku kwibuka kwacu, aya
mateka yacu mabi bayakuremo imbaraga, bayakuremo inyigisho zituma nta na rimwe
tuzongera gusubira mu icuraburindi."
Carine
yamaze imyaka 25 mu Bubiligi, ndetse ni umwe mu babyinnyi banyuze mu matorero
atandukanye mbere na nyuma ya Jenoside arimo Abatangampundu, Abahimbazamuco,
Amarebe n’Imena, Isamaza n’ayandi.
Yabwiye Inyarwanda ko yatekereje gushinga iri torero ‘Inkindi n’Amariza’ ashingiye ku buryohe buri mu mbyino gakondo, no gushaka guteza imbere umuco w'u Rwanda.
Iyi ndirimbo
‘Bana b’u Rwanda’ ndetse n’uyu muvugo ‘Ejo heza’ byakozwe mu buryo bw’amajwi
(Audio) yakozwe na Meira Pro, naho amashusho (Video) yakozwe na Otto Shamamba
yunganiwe na Umusizi Tuyisenge muri studio Umushanana Records.
Bakoze iki gihangano bashaka kwerekana ubumwe buhuriye kuri iyi ‘Bougie’ abantu bava mu mwijima bagana ku mucyo, ariko bakanahana imbaraga ngo bazamuke bagere ku rumuri
Inkindi n’Amariza basohoye indirimbo ‘Bana b’u Rwanda’ ndetse n’umuvugo bise ‘Ejo Heza’
Inkindi n’Amariza bavuze ko bakoze ibi bihangano mu rwego rwo kwifatanya n’Abanyarwanda kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri Mata 1994
Karambizi Carine washinze iri torero nyuma y’imyaka 25 yari amaze mu Bubiligi
Ababyina muri iri torero 'Inkindi n'Amariza' abenshi ni urubyiruko, “Ejo hazaza”
Bamwe mu basore n'inkumi babyina muri iri torero rigiye kumara imyaka ibiri ritangiye gukora
KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO ‘BANA B’U RWANDA’ Y’ITORERO INKINDI N’AMARIZA
KANDA HANO WUMVE UMUVUGO ‘EJO HEZA’ W’ITORERO INKINDI N’AMARIZA
TANGA IGITECYEREZO