RFL
Kigali

#Kwibuka29: Senderi yakoze indirimbo ivuga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Kabagari

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:6/04/2023 23:08
0


Umuhanzi Senderi yashyize ahagaragara indirimbo yise ‘Kabagari’ yahanze nyuma yo kumva ubuhamya bwatanzwe n’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri aka agace, igihe yari yagiyeyo kwibuka ku nshuro ya 28.



Ni impano yabahaye kugira ngo abahatuye n’abandi bajye bakomeza kuzirikana ubwicanyi ndengakamare, bwabereye muri aka gace ka Kabagari, biciye muri iyi ndirimbo.

Uyu muhanzi yasohoye iyi ndirimbo kuri uyu wa Kane tariki 6 Mata 2023, mu gihe Abanyarwanda n’inshuti zabo kuri uyu wa Gatanu tariki 7 Mata 2023 batangira icyumweru cy’icyunamo kizarangira ku wa 13 Mata 2023, hazirikanwa Abatutsi barenga miliyoni imwe bishwe.

Ibikorwa byo Kwibuka bizakomeza mu gihe cy’iminsi ijana, hisunzwe insanganyamatsiko igira iti ‘Kwibuka, twiyubaka’.

Senderi yabwiye InyaRwanda ko muri Mata 2022 ari bwo yaherekeje inshuti ze mu gikorwa cyo Kwibuka cyabereye mu Murenge wa Kabagari, yumva ubuhamya n’ubutumwa abarokotse muri aka gace batanze, agira igitekerezo cyo kubukoramo indirimbo.

Yagize ati “Mu 2022 nagiye kwibuka mperekeje inshuti zanjye zo mu Kabagari, ngezeyo abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batanga ubuhamya, numvise ubwo buhamya ngomba kububika binyuze mu ndirimbo y’ubuhamya bwahatangiwe.”

Uyu muhanzi avuga ko iyi ndirimbo yakoze ari impano ku batuye aka agace mu rugendo rwo gukomeza kwibuka biyubaka, baharanira ko ibyabaye bitazongera kubaho ukundi.

Akomeza agira ati “Iyi ndirimbo rero nkaba nayibakoreye kugira ngo abarokotse Jenoside bo mu Kabagari aho bari hose ku Isi, bajye bayumva bibuka, bamenye na Jenoside y’indengakamere utabona ukuntu usobanura yakorewe Abatutsi b’aho mu Kabagari.”

Muri iyi ndirimbo, aririmbamo uburyo abishwe baroshywe mu mugezi wa Nyabarongo; uburyo Jenoside muri aka gace yakoranywe ubukana, aho ababyeyi n’abana bishwe batakambira abicanyi ariko bikanga bikaba iby’ubusa.

Avugamo imigezi ya Rukarara, Mbirurume, ku iteme rya Kirinda na Mwogo, aho imibiri y’Abatutsi yagiye ijugunywa kugeza mu mugezi wa Nyabarongo wisuka mu Kagera.

Senderi anaririmba ku bakozi b’Imana b’i Gitwe bishwe, akavuga ku miryango yo hambere yabaga muri aka agace, n’ibindi.

Akomeza ati “Mu Kabagari mu Karere ka Ruhango habaye Jenocide y’indengakamere, abatutsi bicwaga benshi muri bo bajugunywe mu migezi ikikije Nyabarongo baribwa n’ingona abandi Akagera karabatwara."

"Hari agace kicirwagamo abana gusa baboroga badafite uwabatabara, hari aba Pasiteri bakuwe mu nsengero bajya kwicirwa ahitwa i Gitovu.” 

Senderi yasohoye indirimbo yahimbiye ‘Kabagari’ mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi 

Senderi yavuze ko yakozwe ku mutima n’ubutumwa bw’abarokotse Jenoside, yiyemeza kubusigasira binyuze mu kububika mu bihangano

KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO ‘KABAGARI’ Y’UMUHANZI SENDERI HIT

">
 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND