Hari ubwo imbuga nkoranyambaga zigira umuntu imbata neza neza, akabura ubuzikuraho nyamara ntacyo zimwinjiriza. Muri iyi nkuru turigira hamawe icyakorwa umuntu akareka kuba imbata yazo.
Imbuga nkoranyambaga
zahinduriye abantu ubuzima mu buryo bwose butandukanye haba mu buryo bwiza
ndetse n’ububi, gusa si byiza kuba imbata yazo.
1.Ese kuki ushaka kuba ku mbuga nkoranyambaga. Mbere yo kugira icyo ukora, banza wibaze impamvu yabyo ubone ugikore. Bisa n’ubwenge buke kwibaza ibibazo nka biriya mbere yo gufungura konti kuri Instagram cyangwa Facebook.
Ariko niba ushaka gukoresha by’ukuri imbuga nkoranyambaga zawe (aho
kugira ngo zibe ari zo zigukoresha), kwibaza ibibazo nka kiriya bishobora
kugira igihu bivana ku maso yawe.
2. Itondere cyane abo ukurikira n’ibyo ushyira ku mbuga nkoranyambaga. Mbere yo gukurikira umuntu, banza umenye impamvu umukurikira n’ibyo uzungukiramo.
Ese wowe ni iki ushyira kuri izo mbuga? Nabyo bigenzure ubimenye. Buri kintu ukandaho ‘click’ cyangwa ukunda ‘like’ n’ibisa na cyo ni cyo kizajya kikugarukira umunsi ku munsi buri gihe ugiye ku mbuga nkoranyambaga.
Urashaka kurema ubwoko bw’amakuru asakazwa
uyakeneye, kandi ajyanye n’igihe n’ibyifuzo byawe. Aha rero mu buryo uba utanatekerejeho, ukurikira ‘follow’ abantu wenda atari abantu bashyiraho ibyo
mu by’ukuri ukeneye.
3. Jya wiha uruhushya maze usibe bamwe mu
bantu ufite muri telefoni nyuma y’igihe
runaka. Reka gukurikira uwo ari we
wese mudafite icyo muhuriyeho. Ni byiza kurushaho ku buzima bwawe bwo mu mutwe
kandi bigufasha kwigobotora ububata bw’imbuga nkoranyambaga.
Na none kandi, jya uba inyaryenge witondere ibyo ushyira ku mbuga nkoranyambaga. Ntabwo uri ‘gupostinga’ amakuru atari yo wenda y’ibihuha? Nk’uko ufite umugambi wo gusukura urutonde rw’abo muvugana (contact list).
Bigire ikintu nyambere gusangiza abandi ku mbuga ibintu bifite
ubusobanuro n’umumaro kuri wowe ariko na none bifite icyo bimariye abandi.
TANGA IGITECYEREZO