Umunyarwanda Jean Niyonshuti ubarizwa mu Mujyi wa Cape Town muri Afurika y’Epfo, yatangiye urugendo rwo kumenyekanisha u Rwanda binyuze muri filime akorera muri iki gihugu abarizwamo nk’imwe mu ntego yihaye yo gutanga umusanzu we ku gihugu.
Uyu musore yavukiye kandi akurikira mu Karere ka Kamonyi mu Ntara y’Amajyepfo, aho yize
amashuri abanza ndetse n’ayisumbuye.
Muri iki
gihe abarizwa mu Mujyi wa Western Cape, aho akorera ibikorwa bye. Asanzwe ari
umwanditsi, umusizi n’umukinnyi wa filime ukomeye.
Yabwiye InyaRwanda
ko gutangira gukora no gutegura filime atari ibintu byamugwiririye kuko, kuko
kuva akiri muto yakuze akunda kureba filime akumva afite inyota yo kwinjira
muri cinema.
Hejuru y’ibi,
avuga ko igihe cyageze abona ko yifitemo impano yo gutera urwenya no gukina
ikinamico.
Ati “Maze
kumenya ubwenge najyaga ndeba filime nkumva nanjye nifuje kuzaba umukinnyi wa
filime maze gukura ngeze mu mashuri yisumbuye natangiye gukina urwenya
(Comedy), ikinamico (Theatre) nkajya nandika nkanavuga imivugo.”
Niyonshuti
yavuze ko impano ye yigaraje cyane binyuze muri filime ya mbere yakinnyemo
yitwa ‘Gica’ atakomeje gukinamo bitewe n’ubuzima.
Akomeza ati “Nagerageje
gukina filime, filime ya mbere nakinnyemo yitwa ‘Gica’ ariko ku bw’impanvu z’ubuzima
ntago nakomeje gukina gusa impano yo yari indimo.”
Ni filime
avuga ko yamufashije kwipima mu bijyanye n’imikinire imbere ya Camera. Ati “Yamfashije
kwipima mu mikinire. Yampaye icyizere kuko niho naboneye ko impano yange ifite
imbaraga.”
Iyi filime ‘Gica’
yayihuriyemo n’abarimo Damour ‘Selemani’, ‘Bijoux’ wo muri filime Bamenya, Mutoni
Assia, Ndayizeye Emmanuel, n’abandi banyuranye..
Niyonshuti yakomeje
avuga ko bitamuciye intege nyuma y’uko ahagaritse gukina muri iyi filime, kuko
yakomeje kwandika n’izindi filime kugeza ubwo afunguye shene ye ya Youtube
atangira kunyuzaho filime z’uruhererekane zigaruka ku ngingo zinyuranye.
Mu 2021,
nibwo Niyonshuti yafashe umwanzuro wo kwinjira ku isoko ry’abatunganya filime
biturutse ku mpano afite kuko ‘numvaga igihe cyo kuyishyira hanze igafasha
sosiyete ntagushidikanya nagize kubera nari nifitiye icyizere n’ubushobozi
bwabyo.’
Filime ze
nyinshi ziganjemo urwenya, ariko kandi hari n’izindi zigaruka ku mibanire y’abantu n’abandi mu ngo no hanze y’azo.
Uyu mugabo
avuga ko yibanda kuri filime zigaruka mibanire kubera y’uko ‘nshaka gutanga
umusanzu mu mibanire y’abantu n’abandi bitewe nibyo mbona hanze mu buzima bwa
buri munsi’.
Mu rwego rwo
gutuma filime ze zirangamirwa ku isoko mpuzamahanga, ashyiraho uburyo bwa ‘Subtitles’
bufasha abantu gusoma bakamenya ubutumwa buri muri filime.
Niyonshuti
avuga ko ashaka gukorana na buri wese kandi agashyira imbaraga mu guteza imbere
uruganda rw’imyidagaduro cyane cyane mu banyarwanda babarizwa muri Afurika y’Epfo.
Yungamo ati “Tuzajya
dutegura ibitaramo bihuza Abanyarwanda baba muri iki gihugu, mu rwego rwo
kuzamura ibendera ry’u Rwanda’.
Binyuze kuri shene ye yise ‘Musaza Box’ yifashisha abakinnyi barimo nka Jean, Kaliza, Walter, Jacky, Wenger, Cadette n’abandi bakina ubutumwa aba yateguye.
Filime ze zitunganywa na YC Creative, byose bigakorera mu Mujyi wa Cape Town.
Niyonshuti yavuze ko nyuma yo kuva muri filime ‘Gica’ atacitse intege, ahubwo yakomereje urugendo rwe muri Afurika y’Epfo
Niyonshuti arashaka kwifashisha Cinema akagaragaza imibereho y’Abanyarwanda muri rusange
Niyonshuti
avuga ko binyuze kuri shene ‘Musaza Box’ azafatanya n’abanyarwanda batuye muri
Afurika y’Epfo guteza imbere ibikorwa by’imyidagaduro
KANDA HANO UREBE AGACE KA FILIME KAGARUKA KU BURINGANIRE MU NGO
REBA HANO AGACE KA FILIME KAJYANYE NO GUTERETA UMUKOBWA WIYEMEYE
TANGA IGITECYEREZO