RFL
Kigali

'Siperansiya' yavuze kuri filime bari gukinira mu Burundi na Irunga Rongin-AMAFOTO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:29/03/2023 12:03
1


Abakinnyi ba filime b'amazina akomeye, Uwamahoro Antoinette wamamaye nka Siperansiya, na Irunga Rongin uzwi nka Irunga, bari kubarizwa mu gihugu cy'u Burundi, aho bagiye gukina muri filime yitwa “Ingaruka” bahuriyemo n'Abarundi.



Iyi filime iri mu biganza bya King Sabas nawe uzakina muri iyi filime; hari kandi Lavine, Mugisha n'abandi.

‘Siperansiya’ cyangwa Intare y’Ingore yabwiye InyaRwanda ko n'ubwo ari bo batangiye gukina mu bice bya mbere by'iyi filime 'ariko izagaragaramo n'abandi bakinnyi ba hano mu Burundi b'abasitari b'inaha b'abarundi'.

Uyu mukinnyi wa filime wagize izina rikomeye abicyesha filime 'Seburikoko', yavuze ko iyi filime izagaragaza impinduka bitewe n'uko habayeho guhuza imbaraga hagati y'abatuye ibihugu byombi.

Akomeza ati "Baba bagutekereje cyangwa baba bakubonyeho ko ushobora gushobora ibyo baba bagusabye ko wabakiniramo. Twarahageze, batwakira neza, hari ikiganiro n'abanyamakuru cyabaye. Ni ibintu byinshi byagiye biba bigiye bitandukanye."

‘Siperansiya’ yavuze ko muri rusange iyi filime 'Ingaruka' yubakiye ku kugaragaza ko iyo ugize neza, ineza uyisanga imbere kandi ko n'iyo ugize nabi nabwo bikugiraho ingaruka. Akomeza ati "Igihe icyo ari cyo cyose, iyo ubibye icyiza usarura icyiza, iyo ubibye inabi n'ubundi nawe urayisarura."

Muri iyi filime, Irunga aba ari umugabo wa Siperansiya baba barashyingiranwe Siperansiya atabishaka kubera ko aba yarabanje kumutera inda. Uyu mugabo aba akora ibikorwa by'ubushabitsi binyuranye.

Muri uko kubana nk'umugabo n'umugore, Siperansiya ntiyigeze amukunda ntarimwe. Bigera n'aho Irunga abona ko umugore we atamukunda atangira ibikorwa byo kumutoteza, bahora mu makirimbirane adashira.

Kugeza ubu, hamaze gufatwa amashusho y'igice cya mbere (Season 1) cy'iyi filime muri 'Season' esheshatu abakinnyi bazakina.

'Siperansiya' [Uwa Gatatu uvuye iburyo] na Irunga [Uwa Mbere uvuye ibumoso] bari kubarizwa mu Burundi, aho batumiwe gukina muri filime 'Inyungu'    

Irunga Rongin, umukinnyi wa filime umaze igihe kinini. Agezweho muri iki gihe binyuze muri filime zirimo 'Bamenya' itambuka kuri shene ya Youtube 

'Siperansiya' yavuze ko bakiriwe neza mu Burundi, kandi ko bagiranye ikiganiro n'itangazamakuru basobanura birambuye ibijyanye n'iyi filime 

'Siperansiya' na Irunga bavuga ko iyi filime izaba yihariye bitewe n'uko abanyarwanda n'abarundi bahuje imbaraga 

Muri filime, Siperansiya akina ari umugore wa Irunga, ariko urugo rw'abo rwugarijwe n'amakimbirane










TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Vyizigiro Arcade 1 year ago
    Ndakunda cane films zikinwa n'uwo mfata nk'icitegererezo kuri jewe ndamufata nka maman kuko arahanura cane Antoinette ndetse n'a burya natwe abarundi tugeze kuntambwe ishimishije naho tutarashikira aba kinyi ba films rwanda.ariko Ubu KO Bari hamwe bizotanga imwimbu muri films ndundi. Ndateye intege cyane Abel n'a Antoinette n'abandi bakina films. Muhezagirwe mutere imbere nk'umuzinga





Inyarwanda BACKGROUND