Yabigarutseho
kuri uyu wa Mbere tariki 27 Werurwe 2023, mu butumwa yanyujijeho kuri konti ye
ya Twitter ikurikirwa n’abantu barenga ibihumbi 710.
Gen
Kainerugaba ukunze gutambutsa ubutumwa bunyuranye kuri uru rubuga, yavuze ko
iki gitaramo kizaba ari cyo gikomeye muri uyu mwaka, kandi ko bizaba ari
ibicika muri iki gitaramo.
Uyu mugabo
ukunze kugaragaza ko yiteguye kwiyamamariza kuyobora Uganda, yavuze ko uretse
ko aba bahanzi hazaba bahari, hari n’abandi barimo Bwiza, Kenny Sol, Azawi, Eddy Kenzo, Vinka n'abandi bazasusurutsa abanya-Uganda.
Ku wa 19
Mutarama 2023, Gen Muhoozi yifashishije Twitter yavuze ko ibirori byo kwizihiza
isabukuru ye y’imyaka 49 bizabera i Kigali. Asanzwe yizihiza isabukuru y’amavuko,
buri tariki 24 Mata.
Muri Kamena
2022, nabwo Muhoozi yari yatumiye Massamba kujya muri Uganda kuririmba mu
irushanwa ry’umupira w’amaguru ryabereye ku kibuga cya Rushere.
Ibi birori
byari byatumiwemo urubyiruko, abayobozi, abanyapolitiki, abikorera n’abandi. Icyo
gihe, Massamba yanditse kuri konti ye ya Twitter ashima ubutumire bwa Lt Gen
Muhoozi, avuga ko azitabira kandi ko ari iby'icyubahiro kongera gutumirwa.
Massamba
kandi yaririmbye mu birori by’isabukuru ya Muhoozi mu 2022. Icyo gihe, yahaye Muhoozi
impano y’umupira wanditseho ‘Inkotanyi cyane’.
Uyu muhanzi
yataramiye abitabiriye ibirori by’isabukuru y’uyu muhungu wa Museveni, aririmba
indirimbo ze zakunzwe.

Gen. Muhoozi
Kainerugaba yavuze ko bizaba ari ibicika muri iki gitaramo 
Massamba
Intore
uzwi mu ndirimbo nka 'Ikizungerezi',
'Araje', 'Kanjongera', 'Nzajya inama nande' yatangajwe mu bahanzi bazaririmba
mu gitaramo kizabera muri Uganda, ku wa 19 Mata 2023 
Chameleone
aherutse gukorera igitaramo muri Uganda kitabiriwe n'ibihumbi by'abantu, yandika
amateka avuguruye mu muziki we. Uyu mugabo yamamaye mu ndirimbo nka 'Shida za
dunia', 'Kuma Obwesigwa', 'Badilisha' n'izindi 
Bebe Cool wamamaye mu ndirimbo nka 'Love you everyday' imaze imyaka umunani, 'Easy', 'Zzina' n'izindi azahurira ku rubyiniro n’abahanzi bakomeye muri iki gitaramo

Umuhanzi w'umunya-Uganda, Eddy Kenzo wahatanye muri Grammy Awards nawe ari mu bazaririmba muri iki gitaramo

Umuhanzikazi Bwiza uherutse gutaramira mu Mujyi wa Lyon mu Bufaransa nawe yashyizwe ku rutonde

Umuhanzi Kenny Sol uzwi mu ndirimbo nka 'Forget' ategerejwe muri Uganda

Umuhanzikazi Azawi wasinye muri Swangz Avenue mu mwaka wa 2019

Umuhanzikazi Vinka uzwi mu ndirimbo nka 'Love Panic', 'Thank God' n'izindi
