Abahanzi bafatanya kuririmba Diane na Gisele, biyeguriye Imana bakiri bato, kandi bakayihimbaza mu majwi yabo meza, ndetse ubwiza bwabo bukundwa na benshi, ntibubabera inzitizi yo gukora umurimo w’Imana badategwa.
Abahanzi Iradukunda Diane na Niyibikora Gisele bazwi nka Diane na Gisele, babarizwa mu Itorero rya ADEPR Rukari, Parouse ya Nyanza, bafite impano idasanzwe yo kuririmba ndetse benshi bavuga ko ari beza imbere n'inyuma
Abaririmbyi b’abavandimwe bamenyekanye nka Diane na
Gisele, bashimishwa no kuba bari mu murongo w’Imana ndetse akarusho bakanezezwa
no kuba ubuzima bwabo bushingiye ku guhimbaza Imana.
Aba bakobwa beza bamenyekanye mu ndirimbo zitandukanye nka “Hari umunezero”, “Urakomeye” n’izindi.
Ubwo
basubizaga ikibazo kibaza impamvu bahisemo gukorera Imana, basubijeko babonye hanze ari
habi, kandi ko udakorera Imana aba akorera ubusa.
Aba bana
bavukiye mu muryango usenga, ndetse bagira amahirwe yo gukomeza kuba mu bikari
by’Uwiteka. Nk'uko babigarukaho, bavuga ko gukorera Imana nta gihombo kirimo.
Batangarije InyaRwanda impamvu bambara bikwije, aho kwambara ubusa nk’urubyiruko rwo muri iyi minsi.
Bavuga ko nubwo ari
uburenganzira kuba umuntu yakwambara ibyo ashaka cyangwa akihindura uko yifuza, ariko
guta umuco nyaRwanda atari byiza, kandi ko bagumana ibyo bahawe n’Imana.
Bagize bati “Buri wese akora ikimunejeje ku mutima
we, gusa icyiza ni uko bagumana ubwiza Imana yabahaye, gusa nanone ni uburenganzira
bwabo kwihindanya nubwo bibabaza Imana”.
Ni beza ariko ubwiza bwabo ntibubarangaza ngo bakore ibyangwa n'amaso y'Imana
Kubera gusa kw’aba bana, bamwe barabitiranya ndetse hari n'abavuga ko bavuga kimwe.
Diane na Gisele bavuga ko mu bintu bibanezeza bafite, harimo kuba bafite impano yo kuririmba kandi bakaririmbira Uhoraho.
Umuziki wabo ugenda gahoro kubera gufatanya ubuhanzi
n’amasomo, gusa bavuga ko umunsi amasomo yagiye ku ruhande, bazakora umuziki
bisanzuye. Gusa ntibivuze ko bicaye bataririmba kuko kuririmba ari nk'ubuzima kuri
bo.
Aba baramyi bashimira umuryango wabo ubaba hafi mu
buhanzi bwabo, abizera b’Itorero rya ADEPR, ndetse n’inshuti zibashyigikira mu
bikorwa byabo bya buri munsi.
Aba bahanzi Gisele na Diane, bagira inama urubyiruko ngo birinde kujya mu ngeso Imana yanga, ahubwo biyegurire Imana kuko ntawayisanze ngo yange kumwakira no kumugirirra neza.
Ubwo bashimiraga benshi bababa hafi, bashimiye itangazamakuru rikomeza kubashyigikira mu bujyanama no kwamamaza ibikorwa byabo.
Bashimira kandi ababyeyi badahwema kubaha inama z'ubuzima no gushyigikira umuziki wabo umunsi ku munsi.
Bavukiye mu muryango usenga ndetse na n'ubu baracyafatanya n'ababyeyi gusenga nk'umuryango ushyize hamwe
Diane avuga ko nubwo abantu babitiranya ariko badasa cyane
Gisele ashimira urungano rubakunda rukabashyigikira
Diane yatangarije InyaRwanda ko bataragera igihe cyo kugaragaza abakunzi babo kandi bahugiye mu masomo no mu buhanzi
Gisele nawe ashimishwa no kuba yaravukiye mu muryango uzi Imana
TANGA IGITECYEREZO