RFL
Kigali

Katty Perry yijujutiwe n’umwe mu bahatanye muri "American Idol" yagizwemo umukemurampaka

Yanditswe na: Theos Uwiduhaye
Taliki:23/03/2023 15:09
0


Sara Beth Liebe yagaragaje ko yashenguwe n’amagambo yasaga nk’urwenya, yabwiwe na Katty Perry wari umwe mu bagize Akanama Nkemurampaka ubwo yari ari ku rubyiniro rwa ‘American Idol’.



Ayo magambo yafashwe nko kumuserereza yagaragazaga ko Katty Perry yatangajwe no kumenya ko uyu mugore ukiri muto afite abana batatu.

Sara Beth Liebe w’imyaka 25 mu butumwa yashyize hanze yifashishije Tik Tok, yagize ati “Hari urwenya rimwe na rimwe rukurura impaka. Abantu benshi bagiye bambaza uko niyumva. Byari biteye isoni kuvuga biriya kuri televiziyo ndetse byanshenguye umutima.”

Yakomeje ati “Ntekereza ko umugore aba akwiriye gushyigikira mugenzi we[…] ntekereza ko bikomeje kuba umugore no kuba umubyeyi.”

Uyu mugore yasoje ubutumwa bwe avuga ko umugore aba akwiriye gukunda abana be kurusha kujya kunegura abandi. Ati “Niba uri umubyeyi mwiza kandi ukaba ukunda abana bawe nicyo cyonyine cy’ingenzi.’’

Page Six yagerageje kuvugisha Katty ngo yumve icyo avuga ariko ntibyakunda.

Mbere y’uko aririmba muri American Idol yatambukijwe ku wa 5 Werurwe 2023, Liebe yabanje kubwira Katty Perry, Lionel Richie na  Luke Bryan bari bagize akanama nkemurampaka imyaka ye ndetse anavuga ko afite abana batatu ari nabyo Katty Perry yuririyeho avuga ibyafashwe nko kumwibasira.

Uretse ibyabaye Liebe yabashije gukomeza muri iri rushanwa nyuma yo kuririmba “You Know I’m No Good” ya Amy Winehouse ndetse na “Benny and the Jets” ya Elton John.Urwenya Katty Perry yateye ku mugore w'imyaka 25 ufite abana batatu witabiriye 'American Idol' ntabwo rwavuzweho rumwe Liebe ubwo yari ari imbere y'akanama nkemurampaka Katty Perry na bagenzi be bari bagize akanama nkemurampaka 

 REBA UYU MUGORE ARI IMBERE Y’AKANAMA NKEMURAMPAKA

LIEBE YABABAJWE N’AMAGAMBO YABWIYE NA KATTY PERRY






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND