RFL
Kigali

Uko Umuhinde Vijay yiyemeje gushyira itafari ku muziki nyarwanda-VIDEO

Yanditswe na: Theos Uwiduhaye
Taliki:23/03/2023 11:26
0


Umuririmbyi w'Umuhinde akaba n'utunganya indirimbo, Vijay Kumar Garg usanzwe akoresha amazina ya Vijay mu muziki yatangiye kwinjira ku isoko ry’umuziki nyarwanda, ndetse afite gahunda ndende no gutanga umusanzu mu gukomeza kuwuteza imbere.



Ku ikubitiro uyu musore yakoranye indirimbo na Afrique, uri mu bahanzi bo mu kiragano gishya bagezweho.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda yavuze ko yatangiye umuziki akiri umwana, ariko agatangira kubikora by’umwuga nyuma.

Ati “Nahoraga niyumvamo umuziki kuko cyari kimwe mu bice bingize, ariko ntekereza ko igihe natangiye kuwiyumvamo byimbitse uko natangiye kumenya umuziki, ubwoko bw’umuziki niyumvamo […] natangiye gukunda umuziki mu by’ukuri mfite imyaka 14 cyangwa 15.’’

Arakomeza ati “Natangiye gukuza guhuza amagambo, ndetse n’amarangamutima yanjye atangira kwigaragaza. Ntekereza ko ukunda umuziki iyo ubonye ukunyura kurushaho. Wiyumvamo nk’aho ari wowe umuhanzi ari kuvuga, n’iyo ibyo ari kuririmba byaba bitandukanye nawe. Buri wese afite uko akunda umuziki mu buryo butandukanye n’undi.’’

Akomeza avuga ko umuziki ari kimwe mu bintu bimushimisha, akaba ari nayo mpamvu waje guhinduka umwuga yashyiramo ingufu akaba ariwo ahanga amaso.

Ati “Umuziki wabaye ikintu kinshimisha kuva nkiri umwana, nageze kuri byinshi mu buzima bwanjye. Buri gihe nashakaga kuririmbana n’abandi. Icyorezo cya COVID-19 cyatumye mbona ko ubuzima ari buto cyane, kandi muri ubwo buzima buto ngomba kugera ku nzozi zanjye zose. Rero ubu, ndi gukabya inzozi zanjye zose.’’

Ahanze amaso umuziki nyarwanda…

Vijay yatangiye kwinjira ku isoko rya muzika nyarwanda, ndetse yanakoranye indirimbo na  Afrique bise “Oya”. Ni indirimbo avuga ko yakoze kubera ko ashaka gutanga umusanzu ku muziki nyarwanda, kubera ko ari igihugu akunda.

Ati “Nkunda u Rwanda n’abanyarwanda. U Rwanda rwampaye ibintu byinshi mu buzima bwanjye. Nkorwa buri gihe ku mutima n’ubwiza karemano bwarwo, umuco, imyitwarire y’abantu barwo n’ibindi. Ndetse umuziki w’abanyafurika cyane u Rwanda  uranyura, rero mu minsi mike yashize nashakaga gukorana n’umuhanzi nyarwanda.”

Yakomeje avuga ko n’ubwo bitari byoroshye  yabashije gukora indirimbo ye ya mbere ari kumwe n’Umunyarwanda, ariyo “Oya”. Akomeza avuga ko impamvu ashaka gukorana n’abahanzi nyarwanda ari uko akunda kwidagadura mu tubyiniro. Ati “Mba nshaka ko umuntu yishima, nyuma yo kumva indirimbo mu bihe bya Weekend.”

Avuga ko nta muhanzi wihariye wo mu Rwanda ashaka gukorana nawe kuko yifuza gukorana na buri wese bizabasha gukunda, mu gihe yaba abonye ayo mahirwe.

Vijay agaragaza ko ashaka kumenyekana mu muziki nyarwanda. Ati “Nshaka kumenyekana, nkakundwa mu muziki nyarwanda na buri wese. Nshaka gukora indirimbo nyinshi mu muziki nyarwanda, zakundwa n’abanyarwanda n’Abahinde.’’

Aho ashaka kwibona mu myaka itanu iri imbere mu muziki

Avuga ko mu myaka itanu iri imbere ashaka kuba ari umwe mu bahanzi bakunzwe mu Rwanda, n’iwabo mu Buhinde.

Ati “Mu myaka itanu iri imbere ndashaka kubona umuziki wanjye wageze henshi, kandi ugakundwa n’abanyarwanda bose ndetse no mu Buhinde iwacu. Nshaka gutangiza byinshi mu muziki nyarwanda, ndetse nkazana ibitekerezo bishya.”

Avuga ko ashaka kumenya igishoro cyo mu muziki na filime nyarwanda. Ngo ashaka kubona uruganda rw’umuziki wo mu Rwanda rukura, nk’izindi nganda ndetse n’igihugu.

Vijay ashaka kuba umwe mu bahanzi bakunzwe mu Rwanda 

Ubwiza bw'u Rwanda n'abaturage baho byatumye arwiyumvamo, ku buryo yarukoreramo umuziki

REBA INDIRIMBO VIJAY YAKORANYE NA AFRIQUE BISE OYA







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND