RFL
Kigali

Menya byinshi ku mutobe w’indimu wangiza amenyo igihe ukoreshejwe nabi

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:22/03/2023 18:27
1


Indimu ni rumwe mu mbuto zikoreshwa cyane kandi ni ingirakamaro mu mubiri igihe ikoreshejwe ku buryo bukwiye kuko umutobe wayo wangiriza byinshi mu mubiri iyo ukoreshejwe nabi, ariko kandi ukangiza amenyo.



Indimu ikoreshwa henshi ku mafunguro, ndetse benshi bakunze kuyizana igihe bagiye kurya inyama cyangwa ibintu bitekanwe amavuta menshi, nka kimwe mu bigabanya amavuta menshi mu mubiri.

Benshi batekereza ko indimu ifasha abantu bifuza gutakaza ibiro, ariko abandi bakavuga ko uko bayikoresha kenshi igenda yangiza igifu gahoro gahoro, kikaba cyapfuka ubwoya bukigize.

Indimu ni nziza kuyikoresha, n'iyo yaba buri munsi ntacyo bitwaye, ariko ni byiza kumenya uburyo ikoreshwa hirindwa indwara zimwe, wandura izindi.

Zigira akamaro kenshi mu mubiri harimo kongerera umubiri ubudahangarwa, kugabanya uburibwe bufata mu ngingo, gufasha abifuza kugabanya ibiro, kugenzura aside mu mubiri, kumisha ibisebe byo mu kanwa n'ahandi.

Abahanga bavuga ko indimu ari aside, ariko iyo igeze mu mubiri ihinduka “Alkaline” ifite akamaro ko kugabanya aside umubiri ukeneye kugira ngo itaba nyinshi umubiri ugahura n’uburwayi.

Man Matters yatangaje ko kunywa indimu buri munsi bigira ingaruka nziza n’ingaruka mbi, bitewe na gahunda y’uyikoresha. Bavuze ko indimu igira aside nyinshi yakwangiriza amenyo.

Nk'uko Ishyirahamwe ry’Abanyamerika ryita ku buzima bw’amenyo ryabitangaje, bavuga ko indimu ifite aside nyinshi kandi ko gukoresha umutobe wayo kenshi byangiriza amenyo n'imitsi iyafashe.

Nkuko ubushakashatsi bubigaragaza, amazi y’indimu akoreshwa kenshi, ashobora gutera amenyo gucukuka cyangwa guhindura ibara ry’amenyo.

Ubushakashatsi kandi bwakomeje bugaragaza ko umutobe w'indimu unashobora kubabura mu kanwa hakamera nk’ubushye, kubera ubukana bwawo.

Ni byiza kunywa indimu ivanze n’ibindi bintu, nk’amazi, igikoma, juice, n’ibindi, kugira ngo nibura gukariha kwazo kugabanuke.

Indimu yangiza ishinya ku buryo igenda iva mu mwanya wayo, amenyo agacukuka. Aside iri mu ndimu ni byiza kuyishyira mu mubiri ibanje kugabanywa cyangwa ikavangwa n’amazi igihe inyobwa cyangwa iribwa.

Ku bajundika umutobe w’indimu baba bafite ibyago byinshi byo kubora amenyo kuko atangira ahinduka umuhondo cyangwa irindi bara ritari umweru, hanyuma akagenda agira ibara ry’umukara akabora akaba yanavunguka.

Indimu ikoreshejwe neza, yomora ibisebe byo mu kanwa. Indimu kandi igira uruhare mu gukiza abantu banuka mu kwaha cyangwa bagira ibisebe bamaze kogosha incakwaha.

Iyo usiga indimu mu kwaha cyane cyane umaze kogosha incakwaha, birinda impumuro mbi bamwe bakunze kugira iyo bakuyemo imyenda, cyangwa impumuro mbi ikwira mu cyumba iyo biyambuye imyenda.

Icyitonderwa kuri bamwe bayikoresha kugira ngo bagabanye ibiro, ntabwo bakwiye kuyikamura ngo bayinywe yonyine kuko nubwo ibananura ikagabanya ibinure, ariko izamura indurwe yo mu gifu kikaba cyakwangirika.

Ku bayisiga ku ruhu, bakwiye kumenya ko iriya aside yatwika uruhu n’utwobo ducamo imyanda, bakaba barwara cyangwa bagatonyoka ku ruhu.

Igihe ukoresha indimu, irinde kuyirwa yonyine, nibigukundira mu gihe cyo kuyisiga, uvangemo ubuki kuko itera uruhu rwiza.


Indimu ikesha uruhu ariko sibyiza kuyitinzaho,utarayikaraba,gusa ibyiza wayivanga n'amavuta ntuyisige yonyine  


Indimu ni nziza ku igogora rigakorwa byihuse cyane cyane iyo wariye ibikomeye ugiye kuryama


Irinde kujundika amazi yindimu igihe kirekire kuko bicukura amenyo


Amenyo agenda ahinduka gahoro gahoro akangirika


Amenyo uko agenda abora atuma no mu kanwa hanuka ukarwara n'izindi ndwara zifata akananwa byoroshye






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Bikorimana Diocles1 year ago
    murakoze ngesigitekerezo ahubwo nabazaga ese umuntu watangiye guhura nizongaruka yabigenzate kugirango akire?





Inyarwanda BACKGROUND