Bizandikwa mu mateka! Itorero Inyamibwa ryakoze igitaramo gihebuje bizihirijemo isabukuru y’imyaka 25, aho bamaze ipfa ibihumbi n’ibihumbi bitabiriye igitaramo "Urwejeje Imana" binyuze mu mbyino n’umukino byubakiye ku muco Nyarwanda.
Bakoze iki gitaramo
cy’uburyohe mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki 19 Weurwe 2023 muri Kigali
Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali.
Iri torero rizwi cyane mu
guteza imbere umuco. Ryifashishwa cyane mu bukwe no mu bindi birori n'ibitaramo
bitsimbaza umuco w'u Rwanda.
Imyaka 25 ishize batangiye
gukora, ni urugendo rurerure ariko kandi rwatumye baguka, yaba mu baririmbyi,
ibyo bakora, kwiteza imbere n'ibindi.
Iki gitaramo bacyise
'Urwejeje Imana' mu gisobanuro cy'u Rwanda rwagutse, ruhorana itsinzi,
iterambere n'Imana.
Umuyobozi Ushinzwe
gukurikirana ibikorwa by'Itorero Inyamibwa, Rusagara Rodrigue, aherutse kubwira
InyaRwanda ko bahisemo kucyita ‘Urwejeje Imana’ mu kumvikanisha imyaka 25 ishize
y’urwibutso baherekejwe n’Imana.
Akomeza ati "Ni
urugendo rurerure! Mu by'ukuri impamvu yo kucyita 'Urwejeje Imana' icya mbere
'Urwejeje Imana' ni u Rwanda rwejeje Imana. Bishatse kuvuga ngo ni u Rwanda
ruhora rutsinda, ni u Rwanda ruhorana intsinzi, ni u Rwanda ruhorana
iterambere, ni ya Mana irara ahandi, yirirwa ahandi ikarara i Rwanda."
Iki gitaramo cyafunguwe
ku mugaragaro n’itsinda ry’abana ryitwa ‘Nyundo Kids Drummer’ ahagana saa
19:11’, binjiriye mu murishyo w’ingoma wanyuze benshi.
Ni igitaramo cyihariye
kuri iri torero, kuko ryizihiza isabukuru y’imyaka 25 ishize babonye izuba.
Amateka agaragaza ko
ryavutse mu 1998, rishinzwe n’abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi
mu 1994 bigaga mu cyahoze ari Kaminuza Nkuru y’u Rwanda i Butare.
Umushyushyarugamba Mukiza
Eric wo mu Itorero Inganzo Ngari wayoboye iki gitaramo, atangiza iki gitaramo
yavuze ko Inyamibwa bizihiza “Urugendo rutari rworoshye ariko babashije kugera
ntego bari bihaye.”
Uburyohe
budashira mu gitaramo ‘Urwejeje Imana’ cy’Itorero Inyamibwa
Umwe mu babyinnyi
b’itorero Inyamibwa yatangije iki gitaramo avuga uburyo iri torero ryagutse
kuva mu myaka 25 ishize.
Yavuze ko batangiye
bakina ikinamico, nyuma baza no gutangira ibyo kubyina imbyino gakondo no
gususurutsa abantu mu birori binyuranye.
Avuga ko uko ahagana mu
2012 batangiye bajya gutaramia muri Kenya, ibihugu bibatumira bikomeza
kwiyongera kugeza ubwo bagiye n’ibwotamasimbi.
Uyu mukobwa yanavuze ko
kuva icyo gihe itorero ryagutse, bunguka imiryango mishya, barashyingira,
barashyingirwa n’ibindi byakomeje urugendo rwabo.
Imyaka 25 ishize
bishimira ko ibikorwa byabo byarenze kuba baratangiriye muri Kaminuza, ahubwo
bikaba byaragiye ku rwego rw'Isi.
Umwaka ushize (2022) iri
torero ryaserukiye u Rwanda mu iserukiramuco rya mbere ku Isi ryitwa 'Festival
de Confolens' ribera mu gihugu cy'u Bufaransa.
None
ubu ni ‘Urwejeje Imana’. Inyamibwa bigaragaje mu bihe bitandukanye-
Abasore n’inkumi
baserutse mu myambaro ya Kinyarwanda, abandi bavuza ingoma ubundi batanga
ibyishimo mu ndirimbo n’imbyino bateguye.
Abasore binjiriye mu
ndirimbo igaruka ku gusingiza Intwari z’u Rwanda. Muri iyi ndirimbo bavuga ko
intwari arizo zubakiyeho amateka meza y’u Rwanda. Ati “Banyarwanda muze
dusingizwe intwari.”
Bari bitwaje ibyapa
byanditseho ibyiciro by’intwari z’u Rwanda ‘Imanzi’, ‘Imena’ n’ingenzi’. Nyuma
banzitse mu ndirimbo ishishikariza abantu gukunda umuco w’u Rwanda. Bati “Umuco
w’u Rwanda tuwusakazeho hose.”
Iyi ndirimbo bayibyinnye
abakobwa babyina bafite ingoma, bambaye imyambaro y’inshabure.
Bakinnye kandi umukino wumvikanisha
ibigwi by’Inyamibwa. Bakomereza ku ndirimbo igaruka ku Nkotanyi bati ‘Inkotanyi
cyane yabyirutse itsinda.’ Iyi ndirimbo yaririmbwe n’abahanzi bubakiye ku muco
barimo Masamba Intore.
Iki gitaramo kitabiriwe
n’abarimo Masamba Intore, Ruti Joel, Jules Sentore, Minisitiri w'Ubucuruzi
n'Inganda, Dr Jean Chrysostome Ngabitsinze n’abandi banyuranye.
Muri iki gitaramo kandi,
abakuru mu Inyamibwa basanganiye bagenzi babo bafatanya nabo gususurutsa
abitabiriye iki gitaramo. Inyamibwa baherukaga gukora igitaramo mu mwaka wa
2018.
Umuyobozi Mukuru w'Ikigega
RNIT Iterambere Fund, Bwana Jonathan Gatera, yakanguririye abantu umuco wo
kwizigama. Yavuze ko abagize Inyamibwa batangiye kwizigamira uyu munsi, mu gihe
cy’imyaka itanu iri imbere baba ‘bafite inyibuko y’imyidagaduro yabo bwite’
(Inyamibwa Cultural Exbihition).”
Aba babyinnyi kandi
baserutse mu kindi gice cy’umubyino, aho bagiye bagaragaza amwe mu mafoto
ashushanya ibikorwaremezo u Rwanda rwagezeho mu myaka ishize y’urugendo
rw’iterambere, birimo nk’inyubako ya Kigali Convention Center, imishinga
ihanzwe ijisho n’ibindi binyuranye.
Iri torero ryanatanze
ibyishimo binyuze mu ndirimbo ‘Komeza imihigo Rwanda’. Basoje kuririmba no
kubyina iyi ndirimbo bakomewe amashyi y’urufaya, aherekejwe n’akaruru
k’ibyishimo mu rwego rwo kubashimira uburyo babataramiye.
Iki
gitaramo kitabiriwe na Minisitiri ndetse n’abadepite:
Umuhuzabikorwa
wa AERG ku rwego rw'Isi, Udahemuka Audace, yavuze ko bishimira ko iyi myaka ishize ‘tubasha gutaramira
Abanyarwanda, tugasusuruka kandi tukaganira’.
Yavuze ko nyuma ya 1994, bitari
byoroshye kubona abantu bongera gutarama, bagasakuza (gusakuza), bagaca
imigani. Avuga ko aha ari naho havuye igitekerezo cyo gushinga iri torero
kugira ngo rijye rifasha abantu kwegerana.
Yashimye ingabo zari iza
RPA ‘kuko bahagaritse Jenoside uyu munsi tukaba tuhagaza neza twishimye’.
Yashimye kandi ababyeyi ‘batubaye hafi muri bya bihe byari bigoye’.
Uyu muyobozi yashimye
kandi abitabiriye iki gitaramo, Ati “Kubona abantu bangana gutya ni ibyo
kwishimira cyane.”
Yavuze amazina y’abantu barimo
Fulgence, Raissa, ikipe tekinike ndetse n’abandi bose bagize uruhare mu
gutegura iki gitaramo. Ati “Aba bantu bakoze ibi bintu byiza tubahaye inka.”
Umukino ndetse n’ibindi
byose Inyamibwa bagaragaje muri iki gitaramo byateguwe na Landry afatanyije na
Mpinganzima Joselyne.
Udahemuka yavuze ko mu rwego rwo kubashimira uburyo bitwaye muri iki gitaramo n'imyaka 25 ishize mu rugendo "Tubahaye inka". Yayihaye itorero ryose muri rusange’.
Ababyinnyi b’iri torero kandi basabye Min.Ngabitsinze kubasanga ku rubyiniro, ubundi abakora mu ntoki mu rwego rwo kubashimira uburyo bitwaye muri iki gitaramo.
Umurishyo wa nyuma w’iki gitaramo, wavugijwe ahagana saa 22: 37’.
Minisitiri Ngabitsinze yatanze ibihembo ku bahize abandi mu kwizigamira mu kigega RNIT, anashimira Itorero Inyamibwa
Umuyobozi w'Itorero Intayoberana, Kayigemera Sangwa Aline n'umugabo we Ndayizeye Emmanuel [Nick Dimpoz] wamenyekanye cyane muri filime 'City Maid'
Umukinnyi wa filime Yvan ukina muri filime Bamenya. Muri iki gihe ahatanye mu bihembo Rwanda International Movie Awards
Umuhanzi Jules Sentore uherutse mu bitaramo mu Burayi yashyigikiye Itorero Inyamibwa
Munyakazi Sadate wayoboye ikipe ya Rayon Sports ni umwe mu bitabiriye iki gitaramo "Urwejeje Imana" cy'Itorero Inyamibwa
Abakobwa b'Inyamibwa bishimiwe bikomeye muri iki gitaramo binyuze mu mbyino
Kamikazi Queen Loxanne witabiriye Miss Rwanda ya 2022 imbere y'abitabiriye 'Urwejeje Imana'
Abasore b'Inyamibwa bifashishije indirimbo zirata Intwari z'u Rwanda, banyuze benshi
Minisitiri w'Ubucuruzi n'Inganda, Prof Ngabitsinze Jean Chrysostome mu bihumbi by’abantu bitabiriye igitaramo ‘Urwejeje Imana’ cy’Itorero Inyamibwa
Angel na Pamella bazwi mu ndirimbo zirimo nka 'Gwera', 'Rusengo' n'izindi bitabiriye iki gitaramo
Hacanwe urumuri mu kwizihiza isabukuru y'imyaka 25 y'Inyamibwa
Inyamibwa bateye barikirizwa...... Mu mashyi no mu mudiho
Muri iki gitaramo bashimiye kandi barata Intwari z’u Rwanda, zasubije agaciro umunyarwanda
Hashimwe Polisi y’u Rwanda ku bw’umutekano watumye ibitaramo by’umuco n’ibindi bikorwa mu Rwanda bikomeza kuba
Itorero Inyamibwa ryatanze ibyishimo bisendereye mu gitaramo bizihirijemo isabukuru y’imyaka 25 bamaze
Mukiza Eric wari umushyushyarugamba muri iki gitaramo cyubakiye ku muco
Inyamibwa batangiye urugendo rwo guteza imbere umuco w’u Rwanda, bahereye ku gukina ikinamico bagenda baguka, banataramira mu bihugu bitandukanye
Umuratwa Kate Anitha wambitswe ikamba rya Miss Supranational Rwanda 2021, ni we waririmbishije aha hantu binyuze muri sosiyete yashinze yashinze yise 'Nitha Impressions'
Abakaraza b'itsinda ry'abana bo ku Nyundo ryafashishije benshi gususuruka binyuze mu murishyo w'ingoma
Abasore n'inkumi bari biteguye uyu munsi mu buryo budasanzwe!
Mbere yo kwinjira muri iki gitaramo, wabanzaga kwerekana ko waguze itike ikwemerera kwinjira
Kamikazi Queen Roxanne witabiriye Miss Rwanda 2022 ni umwe mu babyinnyi bagize Itorero Inyamibwa
Keza Melissa uri mu bakobwa bavuyemo Miss Rwanda 2022
Mu muhanda wo kuri Kigali Serena Hotel werekeza Camp Kigali aho iki gitaramo cyabereye
Aba babyinnyi bahagurukiye kuri Spor View Hotel Kicukiro berekeza Camp Kigali
Mu gitaramo nk'iki cy'imbonekarimwe ugerageza gufata amafoto cyangwa se amashusho bisiga urwibutso rudasa
Umuyobozi wa Uno Fashion, Kwizera Danny [Uri iburyo] ubwo yari ageze ahabereye iki gitaramo
INYAMIBWA BANDITSE AMATEKA AVUGURUYE MU GITARAMO CYABO NYUMA Y'IMYAKA INE
">
INYAMIBWA NKURU ZASANGANIYE BAGENZI BABO MURI IKI GITARAMO BANYURA BENSHI
">
RYARI IJORO RYA GAKONDO MURI IKI GITARAMO CYO KWIZIHIZA ISABUKURU Y'IMYAKA 25
MBERE Y'IGITARAMO, ABAGIZE INYAMIBWA BAKOZE AKARASISI MU BYISHIMO
Kanda hano urebe amafoto menshi yaranze iki gitaramo 'Urwejeje Imana'
AMAFOTO: Sangwa Julien&Nathanael Ndayishimiye-INYARWANDA.COM
VIDEO: Rwigema Freddy&Nyetera Bachir-INYARWANDA.COM
TANGA IGITECYEREZO