RFL
Kigali

Nyuma yo kugaruka mu Rwanda, Jackson Mirror yahakoreye indirimbo igaragaramo Djarilla-VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:18/03/2023 21:16
0


Umuhanzi Jackson Mirror yakoreye indirimbo ye ya mbere mu Rwanda yise 'Medicine', ni nyuma y'amezi macye ashize agarutse mu rwamubyaye nyuma y'imyaka irenga ibiri yari amaze akorera umuziki mu gihugu cya Oman.



'Medicine' ibaye indirimbo ya kane, uyu muhanzi ashyize mu gihe gishize atangiye urugendo rw'umuziki nk'umuhanzi wigenga. Iritsa cyane ku rukundo hagati y'umusore n'umukobwa.

Jackson yabwiye InyaRwanda ati "Ibaye indirimbo ya kane, akaba ariyo ndirimbo ya mbere nkoreye mu Rwanda. Ni indirimbo ivuga ku rukundo, ni indirimbo isobanura cyane urukundo rwa nyarwo, itaka umukunzi, ivuga ko ari umuti ari we ugutera ishema kandi akunyuze, aho abantu bose baba bizi.”

Amashusho y'iyi ndirimbo agaragaramo Uwababyeyi Djarilla, usanzwe agaragara mu mashusho y'indirimbo z'abahanzi banyuranye mu Rwanda barimo Christopher, aho yagaragaye mu ndirimbo ye ‘Nibido’.

Uyu mubyeyi kandi ari mu ndirimbo z’abahanzi bakomeye nka Mico The Best, Davis D, Phil Peter, Social Mula n’abandi.

Yigeze kubwira InyaRwanda ko afite gahunda yo gufungura inzu y’imideli yagutse dore ko hirya y'ibyo akora ari n’umucuruzi w’imyenda.

Djarilla yivuga agira ati “Ndi umubyeyi w’umwana umwe ukina filime nkaba n’umwe mu bifashishwa mu mashusho y’indirimbo.” Yagaragaye muri filime zirimo ‘City Maid’, ‘Rumashana’, ‘Muthoni’ n’izindi.

Amashusho y’iyi ndirimbo ‘Medicine’ agaragaramo ya Jackson yafatiwe mu Ntara y'Amajyaruguru. Jackson ati "Ni we mukobwa nabonye wujuje ibisabwa bijyanye n'ubutumwa naririmbye muri iyi ndirimbo."

Uyu muhanzi avuga ko iyi ndirimbo imuteye ishema bitewe n'ibitekerezo ari kwakira, kandi ni ikintu yifuzaga gukorera indirimbo mu gihugu cyamubyaye.

Ati "Ndishimye cyane kuko ubwo nateguraga iyi ndirimbo nibazaga ko izaba nziza kandi natangiye kubyerekwa n’abafana banjye nshingiye ku bitekerezo ndi kwakira."


Jackson Mirror yifashishije Djarilla mu mashusho y’indirimbo ye nshya yise ‘Medecine’


Jackson yavuze ko yishimiye gukorera indirimbo ye ya mbere mu Rwanda nyuma y’imyaka ibiri yari ishize abarizwa muri Oman 

Djarilla na Jackson bafatiye aya mashusho mu Ntara y’Amajyaruguru bagaragaza bimwe mu byiza bitatse u Rwanda 

Uwababyeyi Djarilla ugaragara mu mashusho y’indirimbo ‘Medecine’ aherutse kuvuga ko ashaka gushinga inzu y’imideli 

Uwababyeyi amaze kugaragara mu ndirimbo z’abahanzi barimo nka Dj Phil Peter, Christopher n’abandi



KANDA HANO UREBEAMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘MEDICINE’ YA JACKSON

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND