RFL
Kigali

Ally Soudy agiye gukora igitaramo cyashibutse mu myaka 15 ishize ari mu itangazamakuru

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:18/03/2023 19:04
0


Umunyamakuru akaba n’umuhanzi Uwizeye Soudy [Ally Soudy], yatangaje ko ageze imyiteguro yo gukora igitaramo cye cya mbere yise ‘Ally Soudy &Friends’, kigamije kwishimira urugendo rw’imyaka 15 amaze mu itangazamakuru ateze imbere inganda Ndangamuco muri rusange no gusabana n’abantu.



Iki gitaramo kizaba ku wa 5 Kanama 2023 muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali, yagiteguye afatanyije na kompanyi ya RG-Consult Inc isanzwe itegura ibitaramo bikomeye mu Rwanda birimo Kigali Jazz Junction.

Ntabwo muri iki iki gitaramo Ally Soudy azaba yizihiza imyaka irenga 15 amaze agira uruhare mu guteza imbere uruganda rw’myidagaduro mu Rwanda gusa, ahubwo ni uburyo bwiza bwo kugirango arusheho gutanga umusanzu we mu kwagura imyidagaduro nyarwanda no kurushaho kuyikundisha benshi.

Nk'uwagize uruhare rukomeye mu kubaka uruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda, ntawe utakwemeza ko impano nyinshi zikomeye zaciye mu biganza bye kandi mu ngeri zitandukanye yaba abacuranzi, abaririmbyi, abavanzi b’umuziki (DJs), abanyarwenya, abanyamakuru, abo mu ruganda rw’imideri/Fashion, ababyinnyi, abo muri cinema, n’ahandi hatandukanye.

Ally Soudy yizera ko abantu bafite impano zikomeye bavuka umunsi ku munsi hakaba hari n’abafite impano zitamenyerewe, akemeza ko aba bose baba bakwiye guhabwa urubuga kandi ko bitakorwa ntawe ufashe iya mbere.

Ati “Iyo nsubije amaso inyuma ku rugendo rwanjye mu uruganda rw’imyidagaduro y'u Rwanda, navuga ko natanze umusanzu wanjye mu myaka 15 ishize ndetse inarenga ariko nanone nkumva ko ngomba gukora byinshi birushijeho.”

Uyu munyamakuru usigaye abarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika akomeza avuga ko u Rwanda rukeneye iterambere rirambye kandi mu ngeri zose.

Avuga ko yatekereje gukora iki gitaramo nyuma yo gusubiza amaso inyuma agatekereza uburyo yahuriza hamwe abantu bose babanye ‘ubwo natangiraga urugendo rwanjye muri uru ruganda rw’imyidagaduro’.

Akomeza ati “Bitewe n’aho twavuye tukishimira aho tugeze ariko kandi nkanatanga umusanzu ku zindi mpano zizamuka zishobora gukenera imbaraga zacu twese dushyize hamwe.”

“Perezida Paul Kagame, akunze gusaba abanyarwanda twese gutanga umusanzu wacu mu kubaka Igihugu uko dushoboye. Njye nisanga cyane mu ruganda rw’imyidagaduro, nizera ko nzahora ndema inzira nshya kandi zidasanzwe mu gutanga umusanzu wanjye.”

Ni ku nshuro ya mbere iki gitaramo kigiye kuba. Ariko Ally Soudy avuga ko kizakomeza kuba ngaruka mwaka.

Soudy avuga ko iki gitaramo yacyise ‘Ally Soudy&Friends’ mu rwego rwo gusobanura ko buri ‘wese uzaza ari inshuti yanjye mu buryo bumwe cyangwa ubundi’.

Akomeza ati “Hari abo dushobora kuzaba tuziranye byihariye ariko hari n’abandi bankunze kuva cyera ntangiye urugendo rwanjye muri uyu mwuga ndetse n’abankunze vuba ariko bose tukaba tukiri kumwe kandi tutarahura na rimwe amaso ku yandi. Aba bose njye mbabona nk’inshuti zanjye.”

Uyu mugabo uherutse gukorana indirimbo n’umuhanzi Yampano, avuga ko yabuze ababyeyi akiri muto ku buryo yakuze afashwa cyane n’inshuti n’abavandimwe be muri byinshi.

Yavuze ko ibi byamwigishije guha agaciro buri wese uza mu buzima bwe. Ati “Inshuti zanjye zaranyizeraga kandi zikananshyigikira muri byose. Mfite inzozi zo gutegura iki gitaramo kikaba impinduka mu ruganda rwacu kandi nkanacyagura kikagera no mu bindi bice by’isi, aho umunyarwanda ari hose ku isi akibonamo ubunyarwanda ndetse akanarangwa no gukunda iwabo.”

Iki gitaramo kizajya gihuza abantu batandukanye bo mu bice bitandukanye bigize uruganda rw’imyidagaduro nka siporo, umuziki, kumurika imideri, abanyapolitiki, abanyarwenya, abakinnyi ba sinema, ndetse no kuva mu bindi bice by’imyidagaduro bitamenyerewe mu Rwanda nk’abakorobasi, abakora maji, ibizwi nka Cirque n’ibindi byinshi. Iki n’ikintu kitigeze kibaho mu Rwanda mbere

Umuyobozi Mukuru wa RG Consult Inc, Remmygious Lubega yavuze ko bishimiye gufatanya na Ally Soudy gutegura iki ‘gikorwa kidasanzwe ku isoko ry’u Rwanda’.

Arakomeza ati “Ubwo Ally Soudy yatwegeraga, ntitwazuyaje kuko dusanzwe tumuzi nk’umuntu wagize uruhare rudasanzwe muguteza imbere uruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda ndetse kugera n’ubu akaba akibikora. RG Consult Inc, iteka twifuza uruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda ruteye imbere kandi ruhatana kuruhando mpuzamahanga, bityo rero twishimira kandi twiteguye gukorana n’uwo ari we wese duhuje intego.”

Yasezeranyije ko iyi kompanyi izakomeza gutegura ibikorwa byiza kandi biteguwe kinyamwuga. Yungamo ati “Ikindi bitewe n’uburambe dufite, n’uburyo iki igitaramo kirimo gutegurwa mu buryo budasanzwe, twababwira namwe kwitegura kuzabona ibintu mutigeze mubona ho mbere mu bitaramo hano mu Rwanda.”

Kwinjira muri iki gitaramo ni 20,000 Frw mu myanya isanzwe (Regular) ni mu gihe muri VIP wishyura 40,000 Frw, ku meza y'abantu barindwi wishyura 250,000 Frw. 

Ally Soudy agiye gukora ku nshuro ye ya mbere igitaramo ‘Ally Soudy &Friends’, hagamijwe gukomeza guteza imbere imyidagaduro mu Rwanda 

Ally avuga ko yakuriye mu miryango imufasha, byatumye nawe akurana umutima wo gutanga umusanzu ku rugendo rw’ubuzima bw’abandi 

Soudy yavuze ko ashaka kwagura iki gitaramo kikarenga imipaka, mu rwego rwo guhuza abantu banyuranye


Iki gitaramo kizabera Camp Kigali, ku wa 5 Kanama 2023

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'BYUKA' YA YAMPANO NA ALLY SOUDY

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND