RFL
Kigali

House of Wisdom yateguye Igitaramo yise “How Ablaze” hagamijwe kwigisha urubyiruko

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:18/03/2023 0:50
0


Itsinda rya House of Wisdom ribarizwa muri “New Life Bible Church”, ryateguye igitaramo hagamijwe kwigisha urubyiruko kureka imwe mu mico ibangiriza ahazaza habo, imiryango yabo n’Igihugu.



Urubyiruko rwa House of Wisdom rubarizwa muri New Life Bible Church, mu rwego rwo gufasha urubyiruko bagenzi babo bateguye igitaramo kizabera mu Karere ka Kicukiro mu Kagarama, aho urubyiruko ruzahabwa inama zafasha imyitwarire yabo ndetse zikabagarura kuri Kristo.

Intego nyamukuru y’iki gitaramo ni ugukebura no kwigisha urubyiruko ubutumwa bw’Imana, kandi bakigishwa ibibi bahura nabyo nyuma yo kwishora mu ngeso mbi no kwangiza ahazaza habo.

SEE, umwe mu bayobozi b’iki gitaramo ubarizwa mu itsinda rya House of Wisdom, mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, yagarutse ku ntego z'iri huriro, n’ubutumwa bazageza ku bazitabira.

Yagarutse ku bihugije urubyiruko muri iyi minsi, harimo imbuga nkoranyambaga no kwishora mu biyobyabwenge ndetse no kujya kure y’Imana, maze hategurwa uburyo bwo kubahuza.

Yagize ati “Mu gihe urubyiruko ruhugiye ku mbuga nkoranyambaga, ibiyobyabwenge, ubusambanyi no kwita ku bitagira umumaro aho gusenga Imana, twateguye concert yo kubafasha kwegera Imana”.

Muri iyi ‘concert’ kandi hazatangirwamo ubuhamya bwa buri muhanzi, bujyanye n’uko yakijijwe. Abahanzi bazahimbaza Imana, ndetse basingize Nyagasani ukwiye gushimwa ibihe byose.

‘Concert’ yiswe “How Ablaze” izahuza abakozi b’Imana batandukanye barimo, “SEE” umwe mu bayobozi bahagarariye uru rubyiruko rwa House of Wisdom, ndetse akaba ari nawe uzayiyobora.

Bamwe mu bahanzi bazitabira iyi concert  harimo Ga-yell, Aguillaaa umuhanzi uturuka mu gihugu cy'u Burundi, Ndi sano, The Sparks Ministry na Himbaza Drama Team n’abandi.

Uyu munsi uzitabirwa kandi n’aba DJ barimo DJ Peruz uturuka muri Uganda wamenyekanye mu kuvanga umuziki wa Gospel neza ndetse na DJ Cwa, bakaba bazasusurutsa abazitabira iyi Concert.

Abahanzi bazitabira bazatambutsa ubutumwa bwabo mu njyana zitandukanye zirimo nka Rap, Trap, Pop, RnB,... Ubwo bamwe bavuga ko urubyiruko rubihirwa n’injyana za kera zikoreshwa mu rusengero, bazahabwa uburenganzira bwo gukoresha izi njyana zigezweho zikunzwe n’urubyiruko, mu guhimbaza Imana.

Mu butumwa ubuyobozi bwateguye iyi concert bwageneye abantu, babibutsa ko gukurikira Imana nta gihombo kirimo, kandi ko bashishikarizwa gukunda Imana kuko nabo ibakunda ndetse ibakeneye.

Bagize bati “Urubyiruko nk’imbaraga z’itorero ndetse n’igihugu, bashishikarizwa kumenya ko mubo Imana yahamagaye nabo barimo, kandi ko bashyize imbaraga mu gusenga Imana yabakiza byinshi bishoyemo”.

Dore bamwe mu byamamare bazitabira iyi concert


Umuhanga mu kubyina ‘Ndi Sano’ azaba ahari 
 
  Aguilaaa uturuka mu gihugu cy'u Burundi azaba ahari mu guhimbaza 

Umuhanzi SEE azaba ahari ndetse aririmbire Imana ashimishe n'abizera

Prime Mazimpaka ni umwe mu rubyiruko ruzaririmba kuri uwo munsi

Abakunzi b'umuziki wa Ga-Yell bazasusurutswa n'indirimbo yabateguriye

The Sparks Ministry, itsinda rishoboye cyane mu muziki nabo bazashima Imana





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND