RFL
Kigali

Inama ya FIFA: Mu Rwanda hatangijwe umupira w'amaguru ku bagore bafite ubumuga - AMAFOTO + VIDEO

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:15/03/2023 14:37
0


U Rwanda rwabaye igihugu cya mbere gitangirijwemo umupira w'amaguru ku bagore bafite ubumuga, mu muhango ufite aho uhuriye n'inama ya FIFA.



Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru w'Abafite Ubumuga ku Isi, WAFF, ryatangije umupira w'amaguru w'abafite ubumuga mu bagore, umukino ukinwa mu buryo busanzwe n'ubw'umupira w'amaguru usanzwe. 

U Rwanda rwari rusanzwe rufite shampiyona y'umupira w'amaguru mu bagabo bafite ubumuga, ndetse n'ikipe y'igihugu iri mu zimeze neza muri Afurika.

Uyu mupira w'amaguru mu bagore ntabwo wari waratangijwe n'ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru mu bafite ubumuga ku Isi, ndetse ibihugu bitandukanye ku Isi byari bifite uyu mukino ariko utarinjira mu bitabo bya (WAFF).

Mu kiganiro n'itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa Kabiri mu nzu ya Minisiteri ya siporo, Georg Schlachtenberger, Umuyobozi Mukuru Ushinzwe Ibikorwa (Executive Director) muri WAFF, yashimye intambwe u Rwanda rumaze gutera. 

Yagize ati “Kuba uyu munsi u Rwanda rufite abakinnyi babiri bakina muri Shampiyona ya Turikiya ikinamo ababigize umwuga, byerekana uburyo uyu mukino uri gukura cyane kandi biratanga icyizere ko no mu bagore bizihuta.”

Perezida w’Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umupira w’Amaguru w’Abafite Ubumuga (RAFA), Rugwiro Audace, yavuze ko bishimiye urwego uyu mukino ugezeho mu Rwanda n’ubwo mu bagore ukiri mu ntangiriro. 

Yagize ati “Ni igitekerezo twishimira cyane nk’u Rwanda, cyane cyane ko tugendera ku ihame ry’uburinganire aho tumaze kugira amakipe ane y’abagore mu turere dutandukanye, ndetse mu bagabo tukaba tumaze kuyobora akarere duherereyemo.”

Yongeyeho ko hari ibiganiro byatangiye hagati y’iri Shyirahamwe ayoboye na FERWAFA, ku buryo impande zombi zifatanya mu guteza imbere umupira w’amaguru mu bafite ubumuga n’abatabufite.

RAFA yatangiye ibikorwa byayo mu 2015, ubu ifite amakipe arindwi y’abagabo mu gihe amakipe ane y’abagore yatangiye gukina shampiyona uyu mwaka. Ku ruhande rw’ikipe y’igihugu, u Rwanda nirwo rufite igikombe cya CECAFA cya 2019 cyakiniwe muri Tanzania.

Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Ubugororangingo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba muri ICRC, Subhash Sinha, yavuze ko bishimiye kugira uruhare mu itangizwa ry’umupira w’amaguru w’abagore bafite uruhare nyuma y’igihe bamaze bakorana na Komite y’Igihugu y’Imikino y’Abafite Ubumuga mu Rwanda.

Ku wa Kane, tariki ya 16 Werurwe saa Cyenda, nibwo hateganyijwe umukino wo gutangiza ku mugaragaro gahunda y’umupira w’amaguru ku bagore bafite ubumuga, ndetse Umunya-Pologne Marcin Olesky azaba ari umushyitsi wihariye kuri uyu mukino. 

Oleksy w’imyaka 36, yabaye umukinnyi wa mbere ufite ubumuga wegukanye igihembo cy’uwatsinze igitego cyiza, mu biheruka gutangwa na FIFA mu kwezi gushize. 

Marcin Oleksy ategerejwe i Kigali kuri uyu wa Kane, aho azagaragara mu kibuga akina umupira wa Amputee Football

U Rwanda rwabaye igihugu cya mbere gitangirijwe umukino w'umupira w'amaguru ku bagore bafite ubumuga  

Musanze, Rubavu, Nyarugenge na Nyanza ni yo makipe mu bagore yatangiye shampiyona

Gatete Fidele ubanza iburyo na Patrick Imanirutabyose ni abanyarwanda b'ikipe y'igihugu bakina muri Turikiya 

Kanda hano urebe uko umukino w'umupira w'amaguru wa Amputee Football ukinwa 







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND