RFL
Kigali

Uburyo wategura amasaziro yawe ukirinda kuzasabiriza

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:13/03/2023 14:26
0


Iyo abantu bakiri mu myaka mito baba bakoresha amafaranga menshi mu bintu bitandukanye, nyamara ahazaza ntibahatekereze. Muri iyi nkuru turaganira ku kuntu wabasha gukoresha amafaranga neza, ukazigamira ahazaza.



Mu myaka 20 niho umuntu aba afite imbaraga, yaba ari umukobwa cyangwa umuhungu. Muri iyi myaka buri wese aba arajwe ishinga no gukora cyane, gushaka ubuzima, kuzigama no kwimeza neza rwose. Muri iyi myaka iyo wahiriwe ukabasha kwita ku mafaranga yawe, nibwo usanga mu myaka 50, 60 warakize cyane.

ESE NI IKI ABANTU BASABWA MU RWEGO RWO GUTEGURA AMASAZIRO?

1. Impano yawe yikuze igufashe gutangira ibyawe uyu munsi

Niba hari uburyo wabona amafaranga cyangwa ukongera ayo usanzwe ubona, fata umwanya wawe utekereze ku mpano wifitemo ubundi utangire uyikuze. Mu gihe usanze nta kintu cy’umwihariko ufite ushoboye, iga ibindi bintu bishya kuri wowe ubona ko byazavamo akazi. Nubikora gutyo, igihe kizagera ukorere amafaranga utangire kuzigamira ahazaza.

2. Shaka inzira zirenze imwe zo kubonamo amafaranga

Yego, wicaye hamwe rwose, ufite aho ukura amafaranga umunsi ku munsi ariko ahari ntabwo ahagije, urayabona ukayakoresha ukayamara. Ngaho icara hamwe utuze, ufate umwanya utekereze ku handi hantu uzajya ukura ayo kuzigama.

3. Ishyura amadeni yose waba ufite

Niba ushaka kuzazigamira ahazaza hawe, banza wishyure ikintu cyose cyitwa amadeni ufitiye undi muntu. Mbere y’uko utekereza kuva mu kazi, banza wishyure amadeni y’abandi urimo. 

4. Irememo umuco wo kuzigama mbere y’ibindi byose

Zigama mbere y’ibindi byose, mbere y’abandi bose, zigama mbere rwose. Ntihagire icyo ukoresha amafaranga wungutse utarazigama. Niba uhembwe utaragura n’ibindi bindi banza ukureho ayo kuzigama, uteganyiriza ejo hazaza.

5. Teganya

Fata umwanya umenye ngo uku kwezi nzagura ibi, kuriya kwezi nzagura ibi noneho amafaranga usigarana uyabike neza.

Uretse ibyo tuvuze, nawe hari n’ibindi uzi rwose, kuzigamira ejo hazaza by’umwihariko muzabukuru nibyo Leta y’u Rwanda yashyizemo imbaraga, ishishikariza abanyarwanda bose kujya muri ‘Ejo Heza’ kugira ngo amasaziro yabo azazire kwanduranya. Tangira uyu munsi kuko utazi ejo.

Isoko: Wikihow






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND