RFL
Kigali

Yafunzwe hifashishijwe abasirikare barenga 3500: Ubuzima bwa Guzman Lopez, umuhungu wa El Chapo

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:13/03/2023 12:36
0


Umuhezanguni kabuhariwe wamamaye mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge Guzman Lopez, umuhungu wa El Chapo uri mu bafatwa nk’imana mu Isi y’umwijima y’amagendu muri Mexico, aho kuri ubu ufungiye muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika afite amateka yihariye ku myaka micye.



Uvuze Joaquin Guzman cyangwa El Chapo biragoye kubona umuntu utamuzi kubera ibigwi yanditse mu buzima bwo gucuruza ibiyobyabwenge agashinga n’umutwe w’ingabo zigometse zizwi nka Sinaloa Cartel.

Kuri ubu yakatiwe igihango cya burundu cyongeyeho imyaka 30, kubera ubukana bw’ibi byaha hongeweho imyaka 30. InyaRwanda igiye kugaruka ku buzima bw'umuhungu we uheruka gutabwa muri yombi.

Yitwa Ovidio Guzman Lopez yabonye izuba ku wa 29 Werurwe 1990, izina rye riri imbere cyane mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge. Avuka ku mugore wa Kabiri wa El Chapo.

Ovidio Lopez yakuriye mu Mujyi wa Mexico, umurwa mukuru w’igihugu wa Mexico aho yize imyaka igera kuri ine mu ishuri rya Legionaries of Christ, ikigo yavanywemo na Nyina ubwo Ovidio yahezwaga mu rugendo rw’ubutembere n’abandi banyeshuri.

Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zashyize hanze ibirego byerekana ko Ovidio Lopez yatangiye gukorana na Se mu mwaka wa 2008 ubwo yari akiri ingimbi.

Ikigo gifite mu nshingano ibyaha byambukiranya imipaka cya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (Office of Foreign Asset Control [OFAC]) cyamwise ‘Key Lieutenant’ ugenekereje mu kinyarwanda ni ‘Urufunguzo rw’ubuyobozi’ mu buryo bwa gisirikare ni umwofisiye w’urufunguzo muri Sinaloa Cartel.

Ovidio Lopez hatangajwe ko ari we wahise afata ubuyobozi bw’agatsiko kakamejeje mu bucuruzi bw’iyobyabwenge no gushakira amafaranga Sinaloa Cartel.

Ikinyamakuru cya Associated Press muri 2019 cyatangaje ko Ovidio Lopez Guzman ayoborana n’abavandimwe be barimo Ivan Archivaldo Guzman, Jesus Alfredo Guzman na Ismael Zambada uzwi nka El Mayo.

Muri Nyakanga 2017, Umushinjacyaha Mukuru muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika muri Leta ya Washington DC yashyize hanze ibirego bishinja Ovidio Guzman Lopez n’umuvandimwe we Joaquin Guzman Lopez gucuruza ibiyobyabwenge birimo Cocaine, Methamphetamise na Marijuan guhera muri 2008.

Ku wa 02 Mata 2018 nibwo ibi birego byemejwe. Ndetse hanashyirwaho gahunda yo gutangira kubahiga hasi hejuru aba bavandimwe bombi.

Ku wa 17 Ukwakira 2019, Ovidio Guzman Lopez yatawe muri yombi n’ingabo zihariye z’igihugu cya Mexico mu gace k’amajyaruguru y’Uburengerazuba bwa Culiacan, Sinaloa nyuma y’imirwano itoroshye yabereye muri uwo mujyi hagati y’abahezanguni ba Sinaloa Cartel n’ingabo z’igihugu.

Aba bahezanguni bahise bakwirakwira hirya no hino habarurwaga abarenga 700 mu bikorwa bavugaga ko bizatwara ubuzima bw’abasivili benshi niba Ovidio atarekuwe.

Nyuma y’igitutu cyinshi no kwatakwa ku ikigo cy’abasirikare Perezida Andres Manuel Lopez Obrador yasabye ko Ovidio Lopez arekurwa ku bw’inyungu z’abanyagihugu.

Mu kwezi kwakurikiyeho umwe mu bofiye bari bataye muri yombi Ovidio witwa Eduardo N yarishwe.

Ku wa 08 Gicurasi 2020, Santiago Nieto uhagaririye ibiro by’iperereza mu by’umutungo yatangaje ko hafatiriwe konti za banki za Ovidio n’abandi bahezanguni ba Sinaloa Cartel bagera kuri 330.

Ku wa 05 Mutarama 2023 Ovidio Lopez n’umuvandimwe we Jesus Maria batawe muri yombi mu gace ka Culiacan ubwo yari yakoresheje ibirori mu muryango nyamara bikarangira bibaye ambushi mu gihe kingana n’iminota 10 indege n’imodoka zarimennye barafungwa.

Umuvugizi w’ingabo za Mexico, Luis Cresencio Sandoval yatangaje ko ku bufatanye bw’imitwe yose y’ingabo yaba izirwanira mu mazi, ku butaka, mu kirere n’izihariye Ovidio Lopez n’umuvandimwe we batawe muri yombi ndetse bagahita berekezwa mu murwa mukuru wa Mexico.

Aho yagejejwe imbere y’umushinjacyaha mukuru ku byaha yakoze yaneteguye ndetse ku bufasha bw’ingabo zirwanira mu kirere mu buryo bwihuse cyane Ovidio ahita yerekezwa muri gereza ya Altplano aho atatinze kuko yahise ajyanwa muri gereza hamwe n’abandi ba Cartel 17 yitwa Almoloya de Juarez imwe mu zikomeye.

Mu kiganiro n’itangazamakuru, Umuvugizi w’Ububanyi n’Amahanga wa Guverinoma ya Mexico, Marcelo Ebrard yatangaje ko basabwe na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ko ariho yajyanwa nyamara ariko hari ibyaha yakoreye muri Mexico agomba kubanza gukurikirwanwaho.

Kuri ubu yakatiwe iminsi 60 mu gihe hakirebwa kubirebana no kuba yajyanwa muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika hasuzumwa nibyo aregwa.

Nyuma yitabwa muri yombi, Ovidio Lopez hagiye hanze raporo ivuga ko humvikanye kurasana hakoreshejwe imbunda noya n’inini mu mujyi wa Hermasillo ndetse no mu mijyi irimo Culiacan, Los Mochis na Guasave.

Guverineri wa Sinaloa, Ruben Rocha Moya yasabye abaturage kuguma mu nzu ndetse n’ikibuga mpuzamahanga cy’indege cya Culiacan kirafungwa hanumvikanye kurasa ku indege za gisirikare.

Hanafunzwe kandi ikibuga mpuzamahanga cy’indege cya Ciudad Obregon nyuma yo kumvikana kurasana ku modoka nini mu mihanda ya Highway 15 ibintu byongeye gusubira mu buryo mu gitondo cyo ku wa 06 Mutarama 2023.

Iyi ambushi yataye muri yombi Ovidio hatangajwe ko yahitanye abasirikare 10, abahenzanguni ba cartel 19 n’umupolisi umwe ndetse bikagira ingaruka ku bucuruzi mu buryo bugaragara kubera ibihe by’ubwoba abantu bahise bajyamo.

Mu bishwe harimo na Koroneli wafatiwe muri ambushi na ba Cartel bakamurasana n’abarinzi be ba bane mu gace ka Escuinapa ho muri Sinaloa.

Ni igikorwa kifashishijwemo ingabo zigera ku 3586 nk’uko byatangajwe n’ibiro by’ingabo za Mexico habashije kandi gufatirwa imbunda zaba cartel zirimo izo mu bwo bwa Caliber Barret 50, Caliber Machine Gun 50, Long Arms 26, Handguns 2, magazine, amasasu n’ibindi bikoresho bya gisirikare birimo imodoka 13.

Leta Zunze Ubumwe z’Amerika nyuma yo gutabwa muri yombi kwa Ovidio Lopez zahise zisohora itegeko ryihariye ryiswe 14059 ryo gukurikirana abantu bose bihishe inyuma y’ikorwa ry’ibiyobyabwenge bya Sinaloa Cartel barimo Luis Gerardo Flores Madrid bivugwa yari umufatanyabikorwa wa Ovidio Guzman mu buryo bwo gutunganya ibiyobyabwenge byabo.

Ku wa 28 Gashyantare 2023, ibinyamakuru birimo CBS News, Agence France Presse na Reuters byatangaje ko Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zongeye gusaba Mexico ko yaboherereza Ovidio Lopez Guzman.

Ku myaka 33 Guzman Lopez yahagaritse imitima ya benshi ku Isi, Amerika isaba kumufunga nk'uko yafunze Se

El Chapo, umuhenzanguni rurangirwa ku Isi mu bucuruzi bw'ibiyobyabwenge wigeze kumvikana avuga ko iyo atabicuruza ntakindi cyari kuzamukura mu bukeneItabwa muri yombi ry'umuhungu wa El Chapo ryahungabanije igihugu cya MexicoItabwa muri yombi rya Guzman Lopez ryifashishije imitwe yose y'ingabo ndetse n'igikorwa cyakozwe n'abasirikare barenga ibihumbi 3Imbunda ziremeye zari zamanuwe mu rwego rwo gushyira akadomo ku rugendo rwa Guzman Lopez

Habayeho gufunga ibibuga by'indege n'ibikorwa by'ubucuruzi mu gihe cy'amasaha atari macye






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND