RFL
Kigali

Canada: Uwimana Razia yahawe ishimwe ku bw'ibikorwa bihindura ubuzima bw’abandi-AMAFOTO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:11/03/2023 22:39
1


Umunyarwandakazi Uwimana Razia uzwi nka Raziska, yahawe ishimwe ‘Certificat’ ku bwo gufasha abanyafurika bimukira muri Canada no gukora ibikorwa by’urukundo bihindura ubuzima bwa sosiyete mu bihe bitandukanye.



Ibi bihembo bitegurwa kandi bigatangwa n'abanya-Burkina Faso bafatanyije na Kunadia, Tropic'All&Pili Pili. Babitegura bafatanyije kandi na Ambasade ya Burkina Faso muri Canada.

Byahawe abagore bane barimo Uwimana bakoze ibikorwa by'indashyikirwa bigirira akamaro abanyafurika bagenzi babo batuye muri Ottawa.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 11 Werurwe 2023, nibwo habaye umuhango wo gushyikiriza izi ‘Certificat’ aba bagore bihurirana no kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w'abagore wizihizwa buri tariki 8 Werurwe.

Uyu muryango w'abanya-Burkina Faso wavuze ko Uwimana Razia ashimirwa ibikorwa yakoze binyuze mu kwita ku banyafurika bagenzi be bimukira muri Canada, uburyo abafasha kubona serivisi zinyuranye muri iki gihugu n'ibindi bituma bagira amakuru ahagije ku mibereho yo muri Canada.

Bavuze ko binyuze mu muryango yashinze, afasha abajya muri Canada kumenya aho babariza serivisi, aho kuba n'ibindi bijyana n'uburenganzira bwo kuba muri Canada.

Banagarutse ku buryo akoresha imbuga nkoranyambaga mu guhugura abanyafurika babarizwa muri Canada, uburyo ategura ibiganiro bigaruka ku bujyanama, uburyo abagore bakwiye guharanira kugeza ku nzozi zabo n'ibindi.

Uyu mugore aherutse gutangiza ibihembo yise 'Prix Rwanda Diaspora Investors' bishimira Abanyarwanda baba mu mahanga ariko bashoye imari mu Rwanda. Nabyo byagarutsweho mu muhango wo gutanga ibi bihembo kubahize abandi.

Bati "Razia twishimiye ku gushyikiriza iki gihembo ku bw'ibikorwa by'indashyikirwa wagaragaje."

Uwimana yabwiye InyaRwanda ko iri shimwe yahawe rigiye gutuma arushaho gukora ibikorwa bifasha bagenzi be.

Ati “Ndumva nezerewe! Kubona ibikorwa nkora mbikorera umuryango, sosiyete Nyarwanda iba mu mahanga hakaba hari abantu babibona bakabishima narishimye cyane, mbona ari ukuntera izindi mbaraga, kandi nanjye kugira ngo nkomeze mbishikarize abandi nabo bashobore kugira icyo bakora kugira ngo twubake u Rwanda rwacu."

Yavuze ko n'ubwo ari mu mahanga, ariko yiyemeje gukora ibi bikorwa mu rwego rwo gutera abandi ishyaka ryo kubaka u Rwanda no gufasha abajya muri Canada.

Razia yavuze ko iyo umwe ateye imbere biteze imbere undi 'bigatuma twubaka igihugu cyacu'. Ati "Biduhaye imbaraga zo gukora n'ibindi biri imbere." 

Uwimana Razia umaze igihe abarizwa muri Canada yashimiwe gufasha no guteza imbere abanyafurika bajya muri iki gihugu 

Uwimana yavuze ko kuba ibikorwa akora bishimwa, bigiye gutuma ashyira imbaraga mu byo akora 

Mu 2022, Uwimana yatanze ibikapu ku banyeshuri bo mu bigo by’amashuri i Nyamirambo 

Uwimana aherutse gutangiza ibihembo ku banyarwanda baba mu mahanga ariko bashoye imari mu Rwanda 

Uwimana ari kumwe n’abandi bagore batatu bahawe ibihembo n’umuryango w’abanya-Burkina Faso batuye muri Canada


 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Jado1 year ago
    Nkurikije ibiganiro Razia akora, n'abandi bagiye bakora nkawe, u Rwanda rwatera imbere birushijeho. Smart woman✍🏾





Inyarwanda BACKGROUND