RFL
Kigali

InyaRwanda Music: Indirimbo 10 zikunzwe! Kevin Kade, Bwiza na Kivumbi binjiye ku rutonde

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:12/03/2023 9:38
0


Umunsi ku wundi abahanzi bashya baravuka abandi bagashyira hanze indirimbo nshya, ariko muri nyinshi hari izihuza n’amarangamutima ya benshi bitewe n’ibihe barimo n’ubuhanga abazikoze bashyizemo.



Nk’uko mumaze kubimenyera, inyaRwanda ibafasha kumenya indirimbo zikunzwe udakwiye kubura muzo wumva umunsi ku wundi bitewe n’uko ziba zihagaze ku mbuga nkoranyambaga, izicururizwaho umuziki, uko zikinwa zinasabwa mu bitangazamakuru by’amajwi n’amashusho.

Muri iki cyumweru ibintu byahinduye isura indirimbo nshya zizana imbaraga zikomeye, byatumye zihita zizamuka zijya ku rutonde rw’icumi zafashe bugwate imitima y’abakunzi b’umuziki w’u Rwanda.

Ugereranije n’uko urutonde rw’icyumweru gishize rwari rumeze hajemo abahanzi bandi benshi, gusa umwanya wa mbere ukomeza kwiharirwa na Chriss Eazy, umusore ukiri muto ariko wamaze kwigwizaho mu buryo bwo hejuru abakunzi.

Ku mwanya wa kabiri hari indirimbo ya Bruce Melodie kuri ubu uri kubarizwa mu gihugu cya Kenya aho yerekeye mu rugendo rw’akazi, karimo n’indirimbo biteganijwe ko azakorana n’abahanzi nka Bien Aime Baraza umaze iminsi mu Bwongereza na Bahati.

‘Reka hashye’ nayo ni indirimbo iri mu zihagaze neza ndetse iri mu bihangano bicye bimeze neza biheruka gutunganyirizwa muri Kina Music, iheruka kwagurira ibikorwa byayo ku mugabane wa Amerika aho Nel Ngabo yakoreye n’ibitaramo harimo n’icyo yahuriyemo na The Ben.

‘Amayoga’ iri muri nkeya zahise zifata bigatuma zisanga kuri uru rutonde mu buryo bwihuse, ikaba yaragiye hanze nyuma ya ‘bomboli bomboli’ hibazwa ku myitwarire ya Kevin Kade bamwe bavuga ko ari mu rukundo n’umukecuru ukuze, ibisa nk’aho byari ugutwika aka ya mvugo.

‘Komusa’ ni indirimbo yaje mu bihe byiza umusore Confy yarimo yitegura gutaramira abanya Kigali mu gitaramo cya Kigali Jazz yahuriyemo na B2C hamwe na Kidum, ikaba imaze gushinga imizi dore ko yaba mu buryo yanditse, amajwi yayo n’amashusho ibyo kugaya bingana na hafi ya ntabyo.

‘No name’ ikomeje kuvugisha benshi hirya no hino mu Rwanda bitewe n’amashusho yayo, inkuru yayo ishingiye kubana bakundwamo n’ababyeyi babo babatabifuza bikarangira badasohoje urugendo rwabo ngo bagere ku isi, ibi ariko sibyo byonyine byatumye igira igikundiro cyo hejuru ahubwo ubuhanga bw’umuhanzi Racine wayikoze n’uburyo ikinnyemo mu mashusho yayo byarushijeho kuyihesha umugisha.

‘Pain Killer’ dore n’umubare w’abahanzikazi bakora muri iki gihe ari muto ariko n’ubuhanga umuhate n’udushya agira bituma ahora ateye inyota abantu, yo kongera kureba no kumva icyo akurikizaho byanatumye iyi ndirimbo ihita izamuka cyane mu minsi micye, uwo ntawundi ni Bwiza.

Kivumbi King muri iyi minsi ari mu bahanzi bahagaze neza mu Rwanda no mu Karere, cyane i Burundi aho amaze iminsi akora indirimbo n’abahanzi baho nka Vania Ice na Kirikou. Nyuma ya ‘Jaja’ yafashishijemo Juno Kizigenza, yashyize hanze ‘Keza’ ihita ishimangira ko ari mu bihe bye byiza kubera ukuntu yakiriwe neza.

‘Slow Whine’ nayo ikomeje gufata intera mu Rwanda no hanze yarwo ni iy’umuhanzi Cedric Kgboy wibera muri Canada aho amaze iminsi akora n’ibindi bitandukanye, nyamara umuziki we agakomeza kuwushyira imbere dore ko anafite abafana n’ibitaramo byinshi bikomeye biberayo abitumirwamo.

Jowest na we uherutse gutigisa ibitangamakuru n’imbuga nkoranyambaga afunzwe, nyuma yo kugirwa umwere no kurekurwa yashyize hanze indirimbo yise ‘Kuwa 3’ ivuga ibihe bikomeye yanyuzemo afunzwe yise nayo iri muzikomeye kunyura benshi, ndetse inahererekanwa cyane ku mbuga nkoranyambaga.

Hirya y’urutonde rw’indirimbo icumi hari izindi ziganjemo inshyanshya, z’abahanzi bafite izina kandi b’abahanga udakwiye gucikwa zirimo Telefone ya M1, Umwanda ya Zeo Trap, Only One ya Imfura The Son, Yes I Do ya Gisa Cyinganzo na Ikenge ya Nessa yahuriyemo na Bushali.

Urutonde rw'indirimbo 10 zikunzwe kurusha izindi udakwiye gucikwa  muri iyi minsi Kevin Kade na Kozze binjiye mu inyaRwanda Music Top 10 nyuma yo gushyira hanze indirimbo yahise ifata yitwa 'Amayoga'Ubuhanga n'udushya Bwiza agira bimaze gutuma abantu baba bategerezanije amatsiko indirimbo zeUretse u Rwanda n'u Burundi bwamaze gukurira ingofero ubuhanga bwa Kivumbi King, umusore ukiri muto ariko umaze kuba mugari mu muzikiChriss Eazy akomeje kuza imbere mu muziki, kuri ubu indirimbo ye 'Edeni' niyo iyoboye ahantu henshi no mu inyaRwanda Music Top 10Confy yari akumbuwe, indirimbo ye ‘Komusa’ yakiriwe neza byanatumye yinjira ku rutonde rw'izikunzwe Cedric Kgboy ari gukora iyo bwabaga ngo no muri Canada umuziki nyarwanda urusheho gushinga imiziIgikundiro cy'umuziki wa Jowest kirushaho kwiyongera umunsi kuwundi, kuri ubu indirimbo ye 'Kuwa 3' iri guhererekanwa cyane ku mbuga zitandukanye

KANDA HANO WUMVE UNAREBE INDIRIMBO 'TELEFONE' YA M1

">

KANDA HANO WUMVE UNAREBE INDIRIMBO 'UMWANDA' YA ZEO TRAP

">

KANDA HANO WUMVE UNAREBE INDIRIMBO 'ONLY ONE' YA IMFURA THE SON

">

KANDA HANO WUMVE UNAREBE INDIRIMBO 'YES I DO' YA GISA CYINGANZO

">

KANDA HANO WUMVE UNAREBE IKENGE YA NESSA NA BUSHALI

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND