RFL
Kigali

Bamuhetse mu ngobyi! Audia Intore yamuritse album, aha impano ababyeyi bataramye u Rwanda-AMAFOTO+VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:9/03/2023 2:36
0


Umuhanzikazi Audia Intore yakoze igitaramo cye cya mbere yamurikiyemo album ye ya mbere yise “Uri Mwiza Mama” yatuye umubyeyi we utakiriho. Ataramira abakunzi nyuma y’uko abasore b’ibigango bamugejeje ku rubyiniro ari mu ngobyi ya Kinyarwanda.



Cyabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 8 Werurwe 2023 i Gikondo ahasanzwe habera Expo. Muri iki gitaramo yazirikanye abahanzi bataramye u Rwanda barimo umuhanzikazi wagwije ibigwi, Cécile Kayirebwa, Mutamuriza Annociata [Kamaliza], Uwera Florida n’abandi.

Ni igitaramo yahuje no kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’umugore ku Isi hose, aho kuri iyi nshuro insanganyamatsiko igira iti “Ntawe uhejwe: Guhanga udushya n’ikoranabuhanga biteza imbere uburinganire.”

Mu rwego rwo kwizihiza uyu munsi no gushima, Audia yahaye impano yihariye Mariya Yohana, Nyiranyamibwa Suzanne ndetse na ‘Uwanjye Mariya’ Mukuru wa ‘Kamaliza’ ndetse na Arnold [Umwuzukuru wa Florida] wakiriye impano ya Uwera Florida. Aba babyeyi bafashwe n’amaramgamutima buri wese ubona ko ibyishimo byamurenze.

Audia yavuze ko ‘aba babyeyi bataramye u Rwanda’ aribo yubakiyeho inganzo ye. Ati “Kuri njye ni ababyeyi, ndabubaha cyane… Nta mpamvu n’imwe yatuma ntabashima imbere y’Abanyarwanda uyu munsi.”

Uyu mukobwa yavuze ko akunda u Rwanda, kandi arashaka kuzakomeza gutarama u Rwanda anataramira Abanyarwanda.

Muri iki gitaramo kandi yashimye umuryango wa Kayumba na Nina babaye imbarutso yo gukora umuziki kwe. Uyu mukobwa yavuze ko uyu muryango ari we wamukoresheje indirimbo ya mbere bamujyana muri studio.

Audia aherutse kubwira InyaRwanda ko iki gitaramo yagihuje n’Umunsi Mpuzamahanga w’umugore mu rwego rwo kugaragaza uruhare rw’umugore mu buzima bwa muntu.

Yavuze ko gutura iyi album umubyeyi we no kuyihuza n’umunsi Mpuzamahanga w’umugore, biri mu byatumye yifashisha abahanzikazi barimo nka Mariya Yohana, Nyiranyamibwa Suzana na Sofia Nzayisenga.  

Ikirenze kuri ibyo, uyu muhanzikazi avuga ko aba bahanzikazi aribo akomoraho inganzo.

Ati “Nibanze ku babyeyi bakuze kuko nibo ntoraho iyi nganzo Nyarwanda ingize uwo ndiwe none bambereye abajyanama ba buri munsi kuko iyo hatabaho aba babyeyi bambanjirije nari kumanjirwa nkabura inganzo itsitse kuko nta soko nari kuba mvomaho.”


Muri iki gitaramo yaririmbye mu bice bibiri:

Mu gice cya mbere yageze ku rubyiniro ari kumwe n’abacuranzi be ahagana saa 20: 21’ aririmba zimwe mu ndirimbo ze yahereyeho mu rugendo rwe rw’umuziki.

Umwe mu bacuranzi be Clement usanzwe ari Producer w’indirimbo, yashimye abitabiriye iki gitaramo, yifuriza umunsi mwiza Mpuzamahanga abagore bose.

Iri tsinda ryacurangiye Audia Intore ryitwa Kesho Band ribarizwamo abarimo Jado ucuranga piano, Djembemn uvuza jembe, Sam ucuranga gitari ‘base’ ndetse na Christian uvuza ingoma.

Audia yinjiriye mu ndirimbo nka ‘Akwiye ikamba’ iri kuri album ye, akomereza ku ndirimbo ‘Umutoni’ na ‘Araje’. Asoje kurimba iyi ndirimbo yagize ati “Mu meza neza? Ndabashimiye ko mwaje.”

Ageze ku ndirimbo ‘Impundu’ yasabye abantu guhaguruka bagafatanya nawe kuyiririmba cyane ko ari imwe mu zumvikanisha umusanzu w’umugore.

Muri 2012 nibwo Audia yatangiye gusubiramo indirimbo z’abandi bahanzi b’abanyarwanda n’abandi.  Nyuma yaho nawe atangira gukora indirimbo ze ku giti cye.

Mu gice cya kabiri yagarutse yahinduye imyambaro. Aririmba indirimbo nka ‘'Uri mwiza', 'Simbi ryanjye' yakoranye Bill Ruzima imaze umwaka umwe isohotse, 'Rwangabo' ndetse na 'Bisangwa'.

Umurishyo wa nyuma w’iki gitaramo wavuze saa 23: 20’. Ni nyuma y’uko Mariya, Mukuru wa Kamaliza amuhaye impano y’urumuri.

Ubwo yaherezaga iyi mpano Audia, Mariya yavuze ko 'ntabwo twari tuziko tuzabona abana b'abanyarwanda bazi Ikinyarwanda, batarama u Rwanda'. Ati "Uru rumuri rero ndarumuhaye'.


Yabanjirijwe ku rubyiniro n’umukino ‘Ubuzima buzima’ n’abandi yatumiye muri iki gitaramo:

Uyu mukino wiswe “Ubuzima buzima” ni wo wafunguye iki gitaramo ahagana saa 19:24’ wagarutse kandi witsa cyane ku kugaragaza uburyo umugore ariwe soko y’ubuzima n’uburere bwa muntu muri rusange.

Wakinywe n’abarimo umusizi Carine wahatanye mu marushanwa ya ArtRwanda-Ubuhanzi. Yari kumwe na Muteterazina Shiffa na Umuhoza Solange baserutse mu myambaro y’icyatsi kibisi yitwikiriye amababi y’igiti cy’imyembe.

Uru rubyiruko rwakiriwe ku rubyiniro n’umukirigitananga Sophia Nzayisenga wanzitse mu ndirimbo zirimo nka “Abagore turashoboye’. Iyi ndirimbo ye, igaruka ku kumvikanisha uburyo umugore ashoboye, kandi binagaragarira mu mateka yo hambere y’u Rwanda.

Nyuma yo kuririmba iyi ndirimbo, uyu mubyeyi yabwiye abagore bagenzi ko uyu munsi ari bo wahariwe, ashimira abagabo baje kubashyigikira muri iki gitaramo.

Ati “Uyu munsi ni uwacu bagore, bagabo mwihangane. Ariko namwe turabashimira ko mwaje kudushyigikira.”

Yanaririmbye indirimbo ye yise ‘Nyambo’ asoje ashimira abitabiriye iki gitaramo ku kuntu bamwakiriye.

Nzayisenga Sophia, ni umuhanzikazi gakondo n’umucuranzi w’inanga wabigize umwuga akiri umwana muto.

Se Kirusu Thomas wataburutse mu 2010, ni we wamwigishije gucuranga inanga. Nzayisenga yisunze inanga amaze gucurangira mu bihugu birimo Uganda, Kenya, U Bufaransa, Misiri, u Budage, Tanzania, u Buholandi, u Bubiligi n’ahandi.

Uyu mubyeyi azwi mu ndirimbo zirimo 'Intarindwa', ‘Inkwashi', 'Inyangezi', 'Inkerakurima', Nyiranduza' n'izindi.

Uruyange rw’Itorero Intayoberana nibo bari batahiwe:

Aba bana nibo begukanye umwanya wa kabiri mu irushanwa ry’abanyempano mu muziki rya East Africa’s Got Talent ryabereye mu Mujyi wa Nairobi muri Kenya.

'Got Talent' ni amarushanwa aca kuri za televiziyo (reality TV show) yo kugaragaza impano, yatangijwe mu 2006 n'umwongereza Simon Cowell.

Binjiriye mu ndirimbo zubakiye ku muco Nyarwanda, akaruru k’ibyishimo, amashyi n’impundu biranga intore banyura benshi.

Aba bana bari barangajwe imbere n’umutoza wabo Nsangwa Aline Kayigemera. Ku rubyiniro bari kumwe n’abakaraza, abaririmbyi, umucuranzi wa gitari n’abandi babashije gutanga ibyishimo muri iki gitaramo.

Uruyange ni igice cy'abana cy'itorero Intayoberana rizwi mu mbyino gakondo mu Rwanda. Baherutse kugaragara mu gitaramo ‘Igitaramo Iwacu’ Intayoberana bakoreye kuri L’Espace ku Kacyiru.


Nyiranyamibwa Suzanne, umunyamuziki waboneye benshi izuba:

Uyu mubyeyi yari amaze igihe kinini atagaragara mu bitaramo mu Rwanda. Nawe, yavuze ko yari akumbuye gutaramira Abanyarwanda, ashima Audia Intore wamutumiye.

Mbere yo kuririmba yagize ati “Ndabakunda cyane. Ndishimye cyane. Hari abo duherukana cyane, bamwe ndabona mwarabaye inkumi abandi ni abagabo. Kandi ndashimira Audia Intore ni we watumye bishoboka ko nza kubataramira.”

Nyiranyamibwa Suzanne ni umuririmbyi w’inararibonye waboneye benshi izuba mu bahanzi nyarwanda. Mu 2016, nibwo yatangaje ko yagarutse gutura mu Rwanda nyuma y’imyaka irenga 40 abarizwa mu Bubiligi.

Yinjiriye mu ndirimbo ye yise ‘Uraho Rwanda’, akomereza ku ndirimbo ‘Nimuberwe bakobwa’ ndetse na ‘Gira ubuntu’ yakomeje urugendo rwe rw’umuziki.

REBAHANO AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘SIMBI RYANJYE’ YA AUDIA INTORE NA BILL RUZIMA

">

Cyusa Ibrahim yitwaje itsinda rimucangira ryitwa ‘Direction Band’:

Mu gihe abandi bahanzi bacurangiwe n’itsinda rya ‘Kesho Band’, Cyusa Ibrahim yazanye abacuranzi be basanzwe bakorana bitwa ‘Direction Band’.

Yinjiriye mu ndirimbo ‘Mama’ yakoreye umubyeyi we, ayihuza no kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abari n’Abategarugori mu rwego rwo kubacyeza.

Mama’ iri mu ndirimbo Cyusa yahimbye ‘cyera’ ziri no kuri Album ye ya mbere atigeze asohora. Ndetse, uyu muhanzi avuga ko afite indirimbo azasohora kugeza mu 2024.

Asoje kuririmba iyi ndirimbo yagize ‘Iyi ni indirimbo nahimbiye ababyeyi mwese muri hano… Ndabakunda kubera ko muri icyambu cy’Imana. Nzahora mbaririmba.”

Uyu muririmbyi yigeze kubwira InyaRwanda ko indirimbo ‘Mama’ yayihimbye mu 2016 agenda ayivugurura mu bihe bitandukanye ayijyanisha n’ibyumviro n’ishimwe afite kuri Nyina wamwitayeho uko ashoboye kuva Se yakwitaba Imana akiri muto.

Yavuze ati “Iyo urebye ubuzima twabanyemo nyuma ya Jenoside nyuma y’uko nta mubyeyi nari mfite w’umupapa wo kuba ya nyitaho akambera aha bombi, akampa igitsure cya kibyeyi […] Buriya hari ijambo ab’iki gihe bajya bavuga ngo ‘bubahwe’ ababyeyi, ‘aba-single mother’ bubahwe.”

Akomeza ati “Mama yubahwe ariko cyane cyane umubyeyi umwe usigarana inshingano zo kwita ku bana. Ni ukuri ni imbaraga zikomeye kugira ngo urere umwana akure nyuma ya Jenoside aho nta kazi kabaga gahari, aho nta mikoro, ibintu byose byazambye. Ariko we akihangana akakurera kugeza ubwo ubaye umugabo.”

Yasabye abitabiriye iki gitaramo gukomera amashyi Perezida Kagame wahaye ijambo abari n’abategarugori mu Rwanda. Yahise yanzika mu ndirimbo ‘Migabo’ yahimbiye Perezida Paul Kagame. Ati “Ndayimutuye aho ari hose.”

Mu butumwa Perezida Kagame yanyujije ku rubuga rwa Twitter kuri uyu wa 8 Werurwe 2023, yifurije Umunsi Mpuzamahanga abagore, agira ati “Ndashima abagore bose bo mu Rwanda no ku Isi yose kuri uyu munsi w’ingenzi. Turi kumwe namwe muri urwo rugamba rw’uburinganire mu buryo bukwiye!”

Cyusa yakomereje ku ndirimbo nka ‘Rwanda Nkunda’, ‘Umwitero’, ‘Muhoza’, ‘Imparamba’, ‘Marebe’, ‘Agasaza’ ndetse na ‘Nyaruguru’.


Mariya Yohanna, umwamikazi w’indirimbo zifashishijwe ku rugamba rwo kubohora u Rwanda:

Uyu mubyeyi yinjiriye mu ndirimbo ze zakunzwe mu buryo bukomeye zirimo nka ‘Intsinzi’ yamwubakiye ibigwi. Mbere y’uko ayiririmba yasabye abitabiriye iki gitaramo gufatanya nawe, bagahaguruka bakaririmba intsinzi.

Yavuze ko iyi ndirimbo irimo ibyiciro bibiri. Hari indirimbo ya mbere yahimbye yumvikanisha intsinzi y’ingabo zari iza RPA ku rugamba rwo kubohora u Rwanda n’indi ndirimbo ivuga ku ntsinzi ya Perezida Paul Kagame, ubwo yatsindaga amatora mu 2017.

Mariya yaririmbye kandi indirimbo ‘Ubutwari bw’inkotanyi’. Muri iki gitaramo, yavuze ko cyera ijambo ‘umugore ritavugikaga’

Mariya Yohana yigeze kubwira Televiziyo Rwanda ko urugendo rw’umuziki we atari inzira iharuye nk’uko benshi babitekereza. Byose byatangiye ari umwarimukazi akarenzaho no kwigisha indirimbo abanyeshuri zigakundwa mu buryo bukomeye.

Yabikoraga nk’akazi adatekereza ko ari yo ntagiriro yo kuba umunyamuziki w’umwuga. Mu birori byahuzaga ikigo yigishagaho ndetse n’andi mashuri ubuyobozi bwasabaga ko we n’ishuri yigishagamo bategura indirimbo yo kuririmba.

Iganze, itsinda ry’abasore baherutse guhabwa izina na Cecile Kayirebwa ryagaragaje ko rihageze neza mu muziki:

Iri tsinda riherutse gukora igitaramo bise "Heroe's Day Celebration Night" cyabaye ku wa 31 Mutarama 2023. Kuri uwo munsi nibwo bahawe izina rishya na Cécile Kayirebwa nyuma y’uko anyuzwe n’ubuhanga bwabo abita Indashyikirwa.

Iganze Gakondo Group ni itsinda rikora rikanasubiramo indirimbo za gakondo nyarwanda ryifashishije ibicurangisho gakondo nk'inanga, ingoma n'amajwi y'umwimerere nyarwanda.

Iri tsinda ryatangiye gukorera hamwe umwaka wa 2018 bigizwemo uruhare na Liévin Niganze akaba ari nawe muyobozi w'iri itsinda riririmba mujyana gakondo.

Rigizwe n'abagabo n'abasore bahoze muri amwe mu matorero y'umuco nyarwanda amenyerewe cyane hano mu rwa Gasabo.

Muri iki gitaramo baririmbye indirimbo nka ‘Abakobwa b’iwacu’ y’itorero Abatangampundu, ‘Karame Uwangabiye’ Muyango Jean Marie yahimbiye Perezida Paul Kagame nk’uko aherutse kubisobanura mu kiganiro yagiranye InyaRwanda. Aba basore banaririmbye indirimbo ‘Cya nyiriromba’ ya Fofo,    

Umutima wishimwe kuri Audia Intore nyuma y'uko amuritse album ye ya mbere yise 'Uri mwiza Mama' iriho indirimbo 10 


Audia bamuhetse mu ngobyi ya Kinyarwanda bamwururutsa ageza hafi y'urubyiniro 

Audia yashimye buri wese wamushyigikiye mu rugendo rwe rw'umuziki kugeza ubwo agejeje ku kumurika album ye ya mbere 

Audia yaririmbye nyinshi mu ndirimbo ze ziganje kuri iyi album yatuye umubyeyi we utakiriho 

Uyu mukobwa yavuze ko inganzo ye yubakiye ku babyeyi bakuru mu muziki bamubanjirije kugeza ubwo nawe yiyemeje gukora umuziki 


Audia Intore ubwo yashyikirizaga impano Nyiranyamibwa Suzana 

Audia yacurangiwe n'itsinda ry'abacuranzi rya Kesho Band rizwi cyane mu bitaramo bitandukanye 

Producer Clement watunganyije nyinshi mu ndirimbo za Ruti Joel yacurangiye Audia muri iki gitaramo 


Uhereye ibumoso: Mariya Yohana, Audia Intore ndetse na Nyiranyamibwa Suzana  


Nyiranyamibwa yafashwe n'amarangamutima nyuma y'uko Audia Intore amuhaye impano amushimira kwitangira umuziki 

Uwanye Mariya [Mukuru wa Kamaliza] yakiriye impano y'umuvandimwe we. Mu ijambo rye, yashimye Audia kubwo gutsimbataza umuziki wubakiye ku muco 

Audia Intore imbere y'abitabiriye igitaramo cye cya mbere cyabereye i Gikondo ahasanzwe habera Expo


Audia yashimye umuryango wa Kayihura na Nina bamujyanye muri studio ku nshuro ya mbere 

Nyiranyamibwa Suzana yongeye gutamira Abanyarwanda nyuma y'igihe kinini. Uyu mubyeyi yavuze ko nawe yari akumbuye gutaramira abafana be 

Suzana yaririmbye nyinshi mu ndirimbo ze zakunzwe kuva atangiye umuziki 

Mariya Yohana yari yicaye yitegereza umuhanzikazi Audia Intore ubwo yari ku rubyiniro 

Umuhanzi akaba n'umubyinnyi w'intore, Impakanizi yari muri iki gitaramo 

Ni igitaramo cy'imbyino gakondo! Abakitabiriye bizihiwe

Umushyushyarugamba Mahirwe usanzwe ari n'umukinnnyi wa filime 

Mariya Yohana, umuhanuzi w’intsinzi Ingabo zari iza RPA zageze mu rugamba rwo kubohora iguhugu


Itsinda ry'abakaraza bakomeye mu Itorero Intayoberana bafashije Uruyange gutanga ibyishimo muri iki gitaramo

Uruyange rwabyinnye biratinda, bagaragaza ubuhanga nyuma yo kwitwara neza mu marushanwa akomeye

Uruyange ni igice cy'abana cy'itorero Intayoberana rizwi mu mbyino gakondo mu Rwanda

Aba bana baherutse kwitwara neza mu irushanwa 'East Africa's Got Talent' aho begukanye umwanya wa kabiri

Uruyange baherutse gutanga ibyishimo mu gitaramo 'Iwacu' cy'Itorero Intayoberana cyabaye mu mpera z'Ukuboza 2022




Inshuti zahuriye mu gitaramo cy'imbyino gakondo. Inkuru z'igihe kirekire zari nyinshi

Uyu musore ati aho niho hoho! Imbere ye hari ibyo kunywa bisembuye n'ibidasembuye by'uruganda rwa Bralirwa

Umusizi Carine wahatanye muri ArtRwanda-Ubuhanzi ari mu bakinnye umukino bise 'Ubuzima buzima'

Abakobwa batatu bakinnye umukino ugaragaza ko umugore ariwe soko y'ubuzima

Sophia Nzayisenga ari mu bahanzi bataramye u Rwanda igihe kinini, kandi arakataje mu kugaragaza inganzo ye


Umuririmbyi Cyusa Ibrahim yaririmbye nyinshi mu ndirimbo zirimo 'Migabo', 'Mama' yahimbiye umubyeyi we n'izindi



Mariya [Mukuru wa Kamaliza] yahaye 'Urumuri' Audia Intore nk'intwaro izamuyobora mu buzima bwe








Cyusa yifurije Umunsi Mpuzamahanga abagore bose, avuga ko azakomeza ku baririmba







Umuyobozi w'Itorero Iganze Gakondo Group


Itsinda Iganze Gakondo Group ryatanze ibyishimo muri iki gitaramo








Nzayisenga, ni umukirigitananga umaze igihe kinini. Iyi nanga yamwambukije imipaka kandi irakomeje

Ku munsi Mpuzamahanga w'Umugore, byari ibirori hagati y'inshuti z'igihe kirekire

Nzayisenga yaririmbye indirimbo zigaruka cyane ku mugore, anabifuriza umunsi mwiza w'abo

Kuri telefoni ati 'banguka wacitswe igitaramo kirarimbanije'

Iyi nkumi iri hagati yaserukanye imyambaro yaziritseho ibibabi by'imyembe





KANDA HANO UREBE UKO CYUSA IBRAHIM YITWAYE MURI IKI GITARAMO CYA MUGENZI WE

">

 AUDIA INTORE YAMURITSE LBUM YE YA MBERE MU GITARAMO GIKOMEYE

">

NYIRANYAMIBWA SUZANA YONGEYE GUTARAMIRA ABAKUNZI BE NYUMA Y'IGIHE
">

Kanda hano urebe amafoto menshi yaranze iki gitaramo 'Uri Mwiza Mama' ya Audia Intore

AMAFOTO: Ndayishimiye Nathanael &Jean Ndayishimiye- INYARWANDA.COM

VIDEO: Nyetera Bachir-INYARWANDA.COM






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND