RFL
Kigali

Kenny Sol, Jules Sentore na Dj Pius bakoze igitaramo cy’amateka mu Bubiligi-AMAFOTO

Yanditswe na: Umukundwa Josue
Taliki:6/03/2023 7:54
0


Abahanzi nyarwanda, Kenny Sol, Jules Sentore na Dj Pius basusurukije abitabiriye igitaramo cy’amateka bakoreye mu Bubiligi.



Cyari igitaramo cyari cyitezwe mu buryo budasanzwe ariko cyanagiye gicibwa intege, bitewe n’uko cyari kuririmbamo abahanzi nka Okkama na Bwiza babuze Visa.

Nyuma y’uko babuze Visa hari hatahiwe abahanzi nka Kenny Sol bamaze kuyibona, Dj Pius uherutse i Burayi na Jules Sentore usigaye usa nk’aho ahaba.

Aba bahanzi bose bageze mu gihugu cy’ububiligi bategerejwe, ndetse baza kuhakorera igitaramo cy’amateka kuko n’icyumba bakoreyemo cyari cyuzuye.

Mu ijoro ryo ku wa 4 Werurwe 2023 nibwo aba bahanzi bataramiye imbaga y’abantu, bari baje biteguye kumva umuziki wabo maze baranyurwa karahava.

Byari bimaze igihe bitangajwe ko abarimo Bwiza na Okkama bari bategerejwe mu gitaramo cyagombaga kubera i Bruxelles, gusa bitewe no gutinda kubona uruhushya rubemerera kwinjira i Burayi (Visa), Bwiza na Okkama ntibabashije gutaramira abatuye mu Bubiligi.

Kenny Sol ku rubyiniro imbere y’abafana

Kenny Sol yanyuzwe n’abakunzi be bo mu Bubiligi


Yabyinnye mu buryo byose



Dj Pius niwe wacuranze muri iki gitaramo



  • Usibye kugicurangamo yanakiririmbyemo


  • Jules Selonte nyuma yo gushimisha abakunzi be yafashe ifoto






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND