Diamond yakuyeho igihu cy’umwiryane ukunze kuvugwa hagati ye na Ali Kiba

Imyidagaduro - 06/03/2023 5:18 AM
Share:

Umwanditsi:

Diamond yakuyeho igihu cy’umwiryane ukunze kuvugwa hagati ye na Ali Kiba

Umuhanzi w’Umunya-Tanzania Diamond yagaragaje ko aryohewe n’indirimbo ya mugenzi we Ali Kiba yise “Asali ", cyangwa se “Ubuki " mu rurimi rw’Ikinyarwanda.

Asali ni imwe mu ndirimbo Kiba aheruka gushyira hanze. Diamond yagaragaje ko yayishimiye, yifashishije urubuga rwa Instagram agaragaza ko iri mu zo aharaye.

Diamond na Ali Kiba bakunze kuvugwaho kutumvikana ndetse bamwe bakunze kubafata nk’abakeba mu muziki, n’ubwo batangiye kuwukora  mu bisekuru bitandukanye.

Ntabwo ari ubwa mbere umuhanzi Diamond Platnumz asobanura neza ko ari umufana w’umuziki wa Ali Kiba, kuko yigeze kubivuga ku yindi ndirimbo y’uyu muhanzi yise ‘‘Hadhithi’’.

Na Kiba yigeze kugaragaza ko yemera ibihangano bya mugenzi we, nawe avuga ko akunda indirimbo yahuriyemo na Omarion bise “African Beauty ".

Gusa bamwe hari igihe babifata nk’uburyarya, no kujijisha rubanda.

N'ubwo benshi babafata nk'abakeba, bo bakunze kugaragaza ko buri umwe akunda ibyo mugenzi we akora 

Diamond yagaragaje ko ari gufana indirimbo Ali Kiba yise 'Asali'

REBA INDIRIMBO YA ALI KIBA DIAMOND AHARAYE MURI IKI GIHE

REBA INDIRIMBO YA DIAMOND, ALI KIBA YAVUZE KO AKUNDA

 

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...