RFL
Kigali

RDB yasubije aho igeze ikora ibyo Perezida Kagame yasabye gufasha abahanzi

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:4/03/2023 16:48
0


Imyaka itanu irashize umuhanzi Igor Mabano abwiye Perezida Paul Kagame, ko abahanzi Nyarwanda bagikomwa mu nkokora no kubyaza umusaruro ibihangano bakora.



Yabimubwiye ku wa 21 Kanama 2018, mu biganiro bihuza urubyiruko rw'imbere no hanze y'igihugu, bizwi nka 'Meet the President' byabereye mu Intare Conference Arena i Rusororo mu Karere ka Gasabo.

Icyo gihe Igor Mabano yabajije ikibazo agira ati “…Ikibazo cya mbere kijyanye na ‘platform’ y’uburyo umuziki dukora twawubonamo amafaranga nk’uko twabyize.”

Mabano ni umwe mu bahanzi bize umuziki ku ishuri rya muzika rya Nyundo. Nyuma yo gusoza amasomo, yakoze indirimbo anakomeza urugendo rwo gutunganya indirimbo (Production).

Abaza iki kibazo, yumvikanishaga ko nk’abahanzi bakeneye kwerekwa uburyo babyaza umusaruro ibihangano byabo. Ni ikibazo kimaze igihe!

Mu kumusubiza, Umukuru w’Igihugu yavuze ko Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco ndetse n’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Iterambere, bakwiye ‘gufasha bariya bantu (uburyo) abantu twabigeraho.” Akomeza agira ati “Hanyuma ibishaka ubufasha tukaba twabishaka.”

Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ibikorwa mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere, Emmanuel Hategeka akaba n’Umuyobozi Mukuru wungirije muri RDB, wari muri iyi Nama, yavuze ko ibyo ‘asaba ni byo (Igor Mabano).”

Hategeka yavuze ko hari Sosiyete Nyarwanda y'abahanzi (RSAU), yashyizweho ihuriza hamwe abahanzi ikabafasha kubyaza umusaruro ibihangano byabo.

Yavuze ko uru rwego runafasha abahanzi kwandikisha ibihangano byabo ‘kugira ngo abandi batabikoresha mu nyungu zabo’.

Yakanguriye Igor Mabano n’abandi bahanzi kugana RDB, Umukuru w’Igihugu amubwira ko atari ko byakagenze ahubwo bo nka RDB bakwiye kwegera abahanzi.

Perezida Kagame ati “Muzamwegere! Muzabegere, mubafashe, kuko bariya ba ‘Rwandan Society of Authors (RSAU) wavugaga ntabwo bazi gukora amafaranga […] Ni byo nyine irabahuza (urubuga) bose, ariko barashaka izindi mbaraga zivuye hanze y’ukuntu ibyo byabyazwa umusaruro w’amafaranga.”

Akomeza ati “Naho barahura (guhura), bagakora umuziki mwiza, bagakora ibindi by’ubuhanzi byiza ariko kubihinduramo ikintu cyibyara amafaranga ntabwo babizobereyemo. Niyo mpamvu nshaka ko RDB yabafasha, mukabegera mukabikemura.”

Ubwo yari mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano yabaye ku wa 27-28 Gashyantare 2023 iteraniye muri Kigali Convention Center, Perezida Kagame yibukije abayobozi gushyira mu ngiro ibyemezo biba byafashwe.

By’umwihariko, yahwituye RDB ku kuba idakora neza gahunda ya “One Stop Border” igamije gufasha abashoramari kubona serivisi/ibyangombwa byose bakeneye mu gihe cya vuba.

Umwe mu bakoresha urubuga rwa Twitter witwa Justin usanzwe ari n’umuhanzi, saa kumi n’ebyiri z’iminota 53’ zo kuwa Gatanu tariki 3 Werurwe 2023, yashyize kuri konti ye ya Twitter ubutumwa buherekejwe n’amashusho, abaza RDB aho igeze ishyira mu bikorwa ibyo Perezida Kagame yasabye gukorera abahanzi.

Yagize ati “Kuko u Rwanda rukwiye ibyiza! Perezida wacu bwite yadusabiye ko mudusanga kugeza na n'ubu turacyabategereje cyangwa mwaraje ntitwabimenya? Hari igihe azongera akadukorera ‘surprise’ akatugarukaho wenda muzatureba".

Mu batanze ibitekerezo harimo n’Umuyobozi w’Urugaga rw’Abahanzi, Intore Tuyisenge, watangiye ubutumwa ashima Perezida Kagame ku bw’ ‘itegeko rirengera umutungo bwite mu by’ubwenge No50/2018 ryo ku wa 13 Kanama 2018’.

Yabwiye Perezida Kagame ko n’ubwo iri tegeko ryatowe ‘ntiryubahirizwa’. Avuga ko ibi biri mu bigikoma mu nkokora abahanzi. Akomeza ati “Gusa n’ubwo hari ibitagenda neza ariko hari n’ibyakozwe.”

Intore Tuyisenge yashimye Minisitiri w’Urubyiruko n’Umuco, Rosemary Mbabazi, kubera ibyo bamaze gufasha abahanzi. Avuga ariko ko hari ibindi abahanzi bagikeneye.

Ati “Turabizeza nk’abahanzi ko ibyo dusaba bizajyana no kwemera ko dufite inshingano. Bitabaye ibyo mwadukorera byose byaba ubusa.”

Intore Tuyisenge yatabaje Leta:

Yavuze ko gufasha abahanzi kwishyira hamwe badafite aho gukorera nta musaruro bizatanga. Ati “Kuri ubu kubabona biragoye kuko ntaho gukorera dufite.”

Uyu muyobozi yavuze ko babuze aho gukorera nyamara hari inyubako nyinshi za Leta zidakorerwamo.

Yavuze ko mu bihe bitandukanye bagaragaje ibibazo byabo. Igisigaye ni uko bahabwa umwanya n’amahirwe ‘tukubaka ubuhanzi butunga ababukora bukanateza imbere Igihugu.”

Tuyisenge yashimye ko ingingo ya ‘One Stop Center’ yaganiriwe mu Umushyikirano, yizera ko ‘natwe nitugeraho kuko natwe abahazi ibyacu biratatanye’.

Tuyisenge yabwiye InyaRwanda ko n’ubwo bimeze gutya hari ibyo kwishimira.

Ati “Kuba abahanzi twarasubijwe agaciro n'uburenganzira tukaba tutakiri ba Sagihobe kuko dusigaye tubikora by'umwuga kandi hari benshyi bitunze kugeza ubu ni ibyo kwishimira kandi tunabishimira Igihugu cyane.”

Umuhanzi Limu ukora indirimbo zigaruka ku gukunda Igihugu, yanditse abwira Perezida Kagame ko hari byinshi bimaze gukorwa mu gihugu, ariko kandi umuhanzi aracyabangamiwe na byinshi bituma adatera imbere kandi ‘turi mu batanga ibyishimo kubumva ibyo dukora’.

Akomeza ati “Ariko ibyo byishimo dutanga binyuze mu bihangano byacu iyo usubije amaso inyuma usanga bisa n’aho nta giciro bihabwa.”

Nyuma y’ibibazo binyuranye n’ibitekerezo, Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Iterambere (RDB), cyasubije ko “Ku bufatanye n’inzego zitandukanye zirimo RDB, Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Ikigo cy'Igihugu gishinzwe imirimo imwe n'imwe ifitiye igihugu akamaro (RURA) n’abandi, hari ibikorwa byakozwe n’ibindi bikiri gukorwa kugira ngo abahanzi babone umusaruro uturuka ku bihangano byabo ndetse n’ibikorwa byabo bikomeze gutera imbere.”

RDB yavuze ko mu byakozwe harimo “Ubukangurambaga n’amahugurwa byahawe abakoresha ibihangano barimo ba nyiri ibitangazamakuru n’abandi aho basobanuriwe icyo itegeko riteganya ku burenganzira bw’umuhanzi banibutswa kubahiriza itegeko rirengera umutungo bwite mu by’ubwenge.”

Mu butumwa bwo kuri Twitter, RDB yakomeje ivuga ko Urugaga rw’abahanzi (RSAU) rukomeje “igikorwa cyo gukusanya amafaranga yishyurwa ku ikoreshwa ry’ibihangano ndetse guhera mu mwaka wa 2019 ikaba iyasaranganya abahanzi biyandikikishije muri icyo kigo.”

RDB yagaragaje ko hari ibyo imaze gukora nyuma y’ikibazo Igor Mabano yagejeje kuri Perezida Kagame

Mu myaka itanu ishize, Igor Mabano yavuze ko abahanzi bakeneye kungukirwa n’ibihangano bakora

Mu nama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 19, Perezida Kagame yasabye abayobozi gukurikirana no gushyira mu ngiro ibyemezo biba byafashwe








TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND