Rwamagana: Intore z'Inkomezabigwi zakoze ibikorwa bifite agaciro ka Miliyoni 152 Frw

Utuntu nutundi - 25/02/2023 12:37 PM
Share:

Umwanditsi:

Rwamagana: Intore z'Inkomezabigwi zakoze ibikorwa bifite agaciro ka Miliyoni 152 Frw

Intore z'Inkomezabigwi icyiciro cya 10 zari ku rugerero zarushoje zimaze gukora ibikorwa bifite agaciro k'amafaranga arenga Miliyoni 152 Frw.

Kuri uyu Gatanu tariki 24 Gashyantare 2023, nibwo hashojwe urugerero rw'Intore z'Inkomezabigwi icyiciro cya 10 ku rwego rwa Rwamagana. Ibirori byo gusoza urugerero rudaciye ingando byabereye mu murenge wa Munyaga.

Nyuma yo gusoza amasomo, Urubyiruko rwo mu murenge wa Munyaga rwavuze ko indagagaciro bigishijwe mu Itorero bazazisakaza muri bagenzi babo kugira ngo bahindure imyumvire.

Ibyishaka Cecile uri mu basoje itorero ry'inkomezabigwi icyiciro cya 10 mu murenge wa Munyaga, yavuze ko yakuye impama muri iri torero.

Yavuze ati “Mu itorero twigiyemo ibintu byinshi cyane birimo gukunda Igihugu tuniga iindangagaciro z' umuco Nyarwanda na kirazira " Twahawe impanuro kandi twiyemeje kuzikuriza tujya guhindura urubyiruko bagenzi bacu nk’uko babidushishikarije. Ubu tugiye kwigisha bagenzi bacu kumenya gufata icyemezo no guhakanira abagabo bashobora gushuka abana bakabatera inda."

Igirimpuhwe Aphrodis nawe uri rubyiruko rwasoje amasomo, yavuze ko biyemeje kuba umusemburo w'impinduka mu guhindura urubyiruko bagenzi babo.

Ati “Mu itorero twakoze ibikorwa byinshi nko kubakira abatishoboye, kubaka ubwiherero, twanateye ibiti ku muhanda n'ibindi byinshi. Nk’uko Umuyobozi w'Akarere yabivuze ni twebwe tugomba kwigisha bagenzi bacu kandi tugaharanira guteza imbere imidugudu yacu dutuyemo."

Umuyobozi w'Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab yashimiye Urubyiruko rwitabiriye urugerero kandi avuga imihigo yose biyemeje barayesheje.

Ati "Turashimira zashoje urugerero rudaciye ingando kuko bakoze ibikorwa byinshi. Ubutumwa naha uru rubyiruko ni ukurusaba gukomera ku ndangagaciro ziranga abanyarwanda kandi bakazitoza bagenzi babo."

“Uru rubyiruko turarusaba gukora bashyize hamwe kandi ibyo bigiye mu Itorero bakabishyikiriza  urundi rubyiruko rwo mu midugudu batuyemo."

Icyiciro cya 10 cy'urugerero rw'Intore z'Inkomezabigwi mu karere ka Rwamagana rwitabiriye n'urubyiruko 1032 bakoze ibikorwa bitandukanye byari bigamije gukemura Ibibazo bibangamiye imibereho myiza y'abaturage.

Ibikorwa byakozwe mu karere ka Rwamagana bifite agaciro k'amafaranga y'u Rwanda 152.657.020 Frw.

Uretse ibyo bikorwa banakoze ubukangurambaga butandukanye harimo ibijyanye n'isuku n'isukura, gushishikariza abaturage gutanga ubwishingizi, kubungabunga ibidukikije n'ibindi bikorwa bigamije imibereho myiza y'abaturage.    

Umuyobozi w'Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab yashimye urubyiruko rwasoje iri torero

 

Abahize abandi bashimiwe, kandi basabwa kuzakiriza ibyo bakuye mu itorero

 

Ibyishimo ni byose ku basore n’inkumi basoje amasomo y’itorero bakoreraga i Rwamagana






Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...