RFL
Kigali

Racine yakoze indirimbo ku mwana ugiye kuvutswa kubaho-VIDEO

Yanditswe na: Theos Uwiduhaye
Taliki:19/02/2023 0:00
0


Umuraperi Racine yashyize hanze amashusho y’indirimbo yise ‘No Name’, yakoze ashaka kugaragaza agahinda rimwe na rimwe umwana agira iyo nyina amuvukije ubuzima bwo kubaho agakuramo inda ye



Mu kiganiro na InyaRwanda yavuze ko iyi ndirimbo yayikoze agaragaza agahinda k’umwana nyina wari umutwite agiye kuvanamo inda ye.

Ati ‘‘Ni indirimbo nakoze mvuga ku mwana bagiye gukuramo inda ye. Igitero cya kabiri mba nishyize mu mwanya w’umubyeyi agaragaza impamvu agiye gukuramo inda ye. Ubutumwa burimo ni ukudakuramo inda.’’

Yakomeje avuga ko iyi ndirimbo iri mu mujyo w’izo ashaka gutangira gukora mu cyise ‘Rwa Hip Hop’. Iri rikaba ari n’izina rya album ye aheruka iriho iyi ndirimbo.

Iyi ndirimbo iri muri 13  album Racine yise ‘Rwa Hip Hop’. Iyi album yashyize hanze muri Nzeri umwaka ushize igaruka ku gahinda gakabije kibasiye benshi muri iki gihe.

Iyi album iriho indirimbo zirimo iyo yise  Intro, No name, Mom, Umwuzukuru, Nkawe, Injajwa, Leta, Intrude, Kamatari,i Bugande, Ikanzu, Wait for me ndetse na Story.

Rwa Hip Hop igaragaraho abahanzi barimo Prime Mazimpaka, Symphony Band, Glory Majesty, Ish Teachy, Marcelo Messenger, na Umutagatifu Utazwi.

Aba –Producers bayikozeho barimo Kina Beat, Koze, Logic Hit, Master Beat, The Major n’abandi.

Kamatali Thierry [Racine], ni  umuhanzi w’imyaka 27 yatangiye umuziki mu mwaka wa 2013.

Mu bahanzi uyu musore afata nk’icyitegererezo avuga ko mu Rwanda akunda cyane Byumvuhore wamenyekanye mu bihe byo hambere, muri Afurika agakunda umuraperi Sarkodie naho muri Amerika akemera cyane Kendrick Lamar nawe umenyerewe mu njyana ya Hip Hop.Racine yaririmbye yishyize mu mwanya w'umwana ugiye kuvutswa ubuzimaRacine ni umwe mu baraperi b'abahanga

REBA AMASHUSHO Y’INDIRIMBO NSHYA YA RACINE 

   





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND