RFL
Kigali

Umuririmbyi Ketchup wo muri Nigeria uherutse kugwa mu bwogero ategerejwe i Kigali

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:7/02/2023 12:21
0


Umuririmbyi Onyido Nkemjika wamamaye mu muziki ku izina rya Ketchup ategerejwe i Kigali mu rugendo rugamije kumenyekanisha ibihangano bye bitandukanye amaze gushyira ahagaragara.



Ketchup uherutse gusohora amashusho y'indirimbo ye yise 'Chebet' amaze iminsi atangaje urugendo rwo kwimenyekanisha mu bihugu bitandukanye byo muri Afurika mu rwego rwo kwagura urugendo rwe rw'umuziki nk'umuhanzi wigenga.

Mu myaka itandatu ishize yasubiyemo indirimbo 'Pam Pam' yifashishije Jose Chameleone wo muri Uganda. Ni indirimbo yaguye umuziki we, iramumenyekanisha no mu bihugu byo mu Karere k'Afurika y'Iburasirazuba. Uyu musore asanzwe ari inshuti y'akadasohoka ya Chameleone.

Umwe mu bashinzwe kureberera inyungu ze mu muziki, yabwiye InyaRwanda ko Ketchup azagera mu Rwanda hagati ya tariki 15-20 Gashyantare 2023 mu rugendo rugamije kumenyekanisha ibihanano bye mu itangazamakuru.

Hejuru y'ibyo ariko azaba aje "gusura u Rwanda no kumenyekanisha ibihangano bishya afite."

Uyu muririmbyi yifashishije imbuga nkoranyambaga ze aherutse kugaragaza inkuru ivuga ko yakoze impanuka ubwo yikubitaga mu bwogero (Douche). 

Yanditse avuga ko n'ubwo yakoze iyi mpanuka bitahagaritse gahunda ye y'urugendo rwe rwo kumenyekanisha injyana ya Afro Dance Hall yashyize imbere.

Yikubise mu bwogero buri mu nyubako ye ibarizwa mu Mujyi wa Lagos muri Nigeria. Bimwe mu binyamakuru byo muri kiriya gihugu byanditse bivuga ko uyu muhanzi yavunaguritse imbavu, ariko yaje kuvuga ko ntakibazo gikomeye yagize ku mubiri we.

Uyu musore afitanye indirimbo 'Baby Oh' yakoranye na Davido imaze imyaka itandatu. Ketchup avukana n'abana bane, yize amasomo y'Itangazamakuru muri Kaminuza ya Atlantic College.

Indirimbo ye ya mbere yashyize hanze yayise 'Nuvo' yayikoranye na Dj Jam Jam wo mu Bwongereza mu 2010. Iyi ndirimbo yanamufashije kwegukana igikombe cye cya mbere mu muziki mu byatanzwe na AEA Awards.

Nyuma yakoze indirimbo 'One the beat' yakozwe na Rayce mu 2012. Muri uwo mwaka ni nabwo yahuye na Producer EmmyACE wamufashije gukora indirimbo zubakiye ku mudiho wa Afro Dancehall.

Amaze kwegukana ibikombe bikomeye birimo nka AEA Awards Malaysia 2012, yabaye umuhanzi w'umwaka mu bihembo bya Mayhem in May (MIM) byatangiwe muri Nigeria mu 2013, yabaye kandi umuhanzi w'umwaka mu bihembo bya Green Awards Nigeria mu 2013 n'ibindi.

Mu 2014, uyu muririmbyi yasinye amasezerano n'inzu ifasha abahanzi mu bya muzika ya 606 imufasha gushyira hanze indirimbo zirimo nka 'Holy Mic', 'Mama' ndetse na 'Pam Pam' yaje gusubiramo afatanyije na Jose Chameleone.

Uyu muhanzi anafite indirimbo 'Show Me Yhur Rozay' yasubiyemo afatanyije na Olamide na Phyno.

Ketchup yinjiye mu muziki abifashijwemo na Se wari umufana ukomeye wa Bob Marley, umunyamuziki w'ibihe byose mu njyana ya Reggae. 

Ketchup agiye kuza mu Rwanda mu rugendo rugamije kumenyekanisha ibihangano bye 

Ketchup aherutse kugwa mu bwogero, avuga ko bitazahagarika urugendo rwe mu bihugu bitandukanye byo muri Afurika 

Ketchup arazwi cyane mu ndirimbo zirimo ‘Pam Pam’ yakoranye na Jose Chameloene 

Ni ubwa mbere Ketchup agiye kugirira uruzinduko mu Rwanda 

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'PAM PAM' KETCHUP YAKORANYE NA JOSE CHAMELEONE

 ">

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'CHEBET' YAKETCHUP UGIYE KUZA MU RWANDA

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND