RFL
Kigali

Dore amakosa akorwa n’abantu benshi mu gihe basharije telefone zabo

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:6/02/2023 14:15
0


Mu gihe abantu bamwe bashyize ku muriro telefone zabo, hari ubwo bahura n’ibibazo bikomeye bikaba byaturaka mu makosa bakoze nyamara batabizi.



Mu gihe uyishyize ku muriro ntabwo aba ari byiza ko ukomeza ko kuyikoresha kuko bituma ikora akazi karenze kamwe mu gihe kimwe. Ese wowe washobora gukora imirimo ibiri itandukanye mu gihe kimwe? Na telefone yawe ni uko imeze, ntiyabibasha.

Mu gihe undi muntu aguhamagaye, ugirwa inama yo kujya uhita uyikura ku muriro ukabona kumwitaba ukongera ukayishyiraho kugeza yuzuye, nyamara hari abakora amakosa yo kwitabiraho.

Cagi (Charger) yawe ihora icometse. Kabone n’ubwo telefone yawe ntayiriho ariko uhora ucometse umugozi uyishariza, aya ni amakosa mabi cyane. Uburyo umuriro winjira muri uwo mugozi ukabura icyo ufata ni ko ushobora guteza ibibazo bitandukanye birimo gufatwa n’amashanyarazi mu gihe ucometse cyangwa mu gihe ahantu hari ubukonje bwinshi bwinjiye ahantu uri.

Ubushakashatsi bugaragaza ko mu gihe telefone yawe iteka ihora yuzuye, bigabanya igihe izamara kuko biba bivuze ko utajya ureka ngo umuriro ushiremo wongere uyisharize. 

Ntabwo ukoresha inziramugozi wabiguranye. Ni byiza ko iteka wibuka gushariza telefone yawe ukoresheje inziramugozi wabiguranye kuko bituma ikomeza kuba nzima aho gupfa by’akanya gato.

Inkomoko: libtitle.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND