Umuhanzikazi wubakiye ibihangano kuri gakondo y’abanyarwanda, Teta Diana ari mu myiteguro yo kujya kuririmba mu iserukiramuco rikomeye mu bihugu bya Scandinavia, rimaze imyaka 28 riteza imbere ibikorwa by’ubuhanzi n’Inganda Ndangamuco.
Rizaba mu gihe cy’iminsi itatu, ku wa
3-5 Kanama 2023. Iri serukiramuco risanzwe ribera mu Majyaruguru ya Suède ari
naho Teta abarizwa. Ibihugu bigize Scandinavia ni Denmark, Norway ndetse na Suède.
Iri serukiramuco azaryitabira ari
kumwe n’abacuranzi batanu asanzwe akorana na bo, bazamufasha kuririmba indirimbo
yateguye n’ibindi.
Yabwiye InyaRwanda ko yishimiye kuba
umwe mu bahanzi bazaririmba muri iri serukiramuco, kandi afite icyizere cy’uko
rizafungura n’indi miryango mu buzima bwe.
Ati “Yego! Ni ubwa mbere (Ni ku
nshuro ya mbere agiye kuririmbamo). Ndumva nishimye rwose. Ni ‘festival’ (Iserukiramuco)
nzi neza ko izafungura indi miryango myinshi y'aho nifuza kugera…”
Ku wa 7 Kanama 2019, ikinyamakuru
Travels cyasohoye inkuru igaruka kuri iri serukiramuco, aho bavugamo ko
ibikorwa biberamo birenze guhura kw'abantu bagasabana bumva umuziki.
Bavuga ko yaba mu buryo riteguwe,
ikirere cyaho, uko abantu baba basabana, abahanzi baririmba n'ibindi byinshi.
Ari byo bisiga urwibutso rw'igihe
kirekire ku bantu baryitabira.
Iri serukiramuco ribera mu
Majyaruguru ya Suede, hagati y'Umujyi wa Sundsvall na Umeå, hafi y'agace kitwa
Näsåker.
Ribera hagati mu ishyamba ryatunganyijwe, ku buryo hari ibikorwa byose bifasha ba mukerarugendo. Hari amazu yubatswe, abantu bafatiramo ibyo kurya no kunywa, aho kwicara witegeye izuba neza, aho guparika ibinyabizaga, imbuga yo kwicaramo cyangwa se kuharuhukira n'ibindi.
Aho iri serukiramuco ribera ni hafi neza n'umugezi wa Ångermanälven. Benshi bakunda kuhafatira amafoto n'amashusho.
Travels ikomeza ivuga ko iri
serukiramuco ryatangiye kuba kuva mu mwaka wa 1995, ariko ngo amateka
agaragaza ko abantu batangiye kujya kuruhukira muri aka gace kuva mu myaka 25
ishize.
Muri muzika, Teta aherutse gushyira
hanze umuzingo w’indirimbo enye yise “Umugwegwe”. Iriho indirimbo nka
‘Umugwegwe’ ari nayo yitiriye EP ye, ‘Undi munsi’, ‘Uzaze’ ndetse na
‘Agashinge.
Indirimbo ‘Undi munsi’ yubaka umuntu
watakaje icyizere, akumva ko “ejo ni undi munsi”. Ni mu gihe mu ndirimbo ‘Uzaze’
asobanura ko i Burayi atari ijuru rito nk'uko benshi babyibwira.
Hashobora kukubera heza, ariko ni
umuhana nk'iyindi, haravuna. Ni umuco utandukanye, wahaba ukahahahira ariko
n'ibikuvuna ni byinshi.
Teta Diana yavuze ko iri serukiramuco
aryitezeho gufungura imiryango y'urugendo rwe mu muziki
Teta Diana avuga ko azajyana n'abacuranzi batanu basanzwe bamufasha mu muziki
Ni ubwa mbere Teta Diana agiye kuririmba
muri iri serukiramuco
Ibihumbi by'abantu baturutse hirya no
hino ku Isi bitabiria iri serukiramuco bagataha ibyishimo| Ifoto: Gurra Tell
Mu nkengero z'ahabera iri serukiramuco uba witegeye amashyamba, umugezi n'ibindi. Harateguwe ku buryo uharuhukira|Ifoto: Johan Nylund
Ibihumbi by'abantu bateranira hamwe,
harahacumbika, bagacana umuriro wo kota n'ibindi|Ifoto: Gurra Tell
Iri serukiramuco rimaze imyaka 18 ribera muri Suede, ariko amateka agaragaza ko hashize imyaka 25 abantu bajya kuharuhukira
Abanyamuziki bo mu bihugu
bitandukanye bamaze gutumirwa kuririmba muri iri serukiramuco
KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘UMUGWEGWE’ YA TETA DIANA
TANGA IGITECYEREZO