RFL
Kigali

Iganze Gakondo batanze ibyishimo mu gitaramo gisingiza Intwari, Cécile Kayirebwa abita izina-AMAFOTO+VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:1/02/2023 9:35
0


Umuririmbyi wagwije ibigwi mu muziki w’u Rwanda, Cécile Kayirebwa yahaye izina rishya itorero Iganze Gakondo Group nyuma yo kunyurwa n’ubuhanga buhanitse bw’iri tsinda rimaze imyaka itanu rishyize imbere gusigasira umuco w’u Rwanda n’ibihangano byubakiye kuri gakondo y’Abanyarwanda.



Cécile Kayirebwa w’imyaka 76 y’amavuko, ni umwe mu Magana y’abantu bitabiriye igitaramo cya Iganze Gakondo Group cyabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 31 Mutarama 2023 cyiswe “Urwinziza Rurahamye” cyabereye kuri Crown Conference Hall i Nyarutarama.

Kuva mu ntangiriro z’uyu mwaka, abantu ku giti cyabo n’amatsinda asanzwe akora umuziki gakondo bambariye gususurutsa abakunzi babo bitandukanye n’umwaka ushize.

Babanjirijwe n’igitaramo cy’Itorero Ibihame by’Imana, ubu hari kwitegurwa n’ibindi bitaramo bikomeye birimo n’icy’umuhanzi Sengabo Jodas azamurikiramo album ye ya mbere ‘Bene u Rwanda’ ku wa 3 Gashyantare 2023 n’abandi batandukanye bubakiye ku muziki w’akarango w’Abanyarwanda.

Itorero Iganze bakoze iki gitaramo cyabo cya mbere muri uyu mwaka nyuma yo kuririmba mu iserukiramuco Iteka Cultural ryabereye kuri Institut Francais, mu bitaramo by’Umujyi wa Kigali n’ahandi.

Iri tsinda rigizwe n’abagabo/abasore batanu, basanzwe baririmba mu bukwe, kandi bizihiza ibirori bitandukanye bibera mu Rwanda no mu mahanga.

Imyaka itanu ishize batangiye uyu mwuga, bayisobanura nk’idasanzwe mu rugendo rwabo rw’umuziki, kuko bamaze kugera ku bikorwa bifatika, ari nayo mpamvu biyemeje gutegura igitaramo nk’iki.

Iki gitaramo cyambukiranyije umunsi kigeza ku munsi wo kwizihiza Intwari, wizihizwa kuri uyu wa Gatatu tariki 1 Gashyantare 2023.

Umuyobozi wa Iganze Gakondo Group, Leivin aherutse kubwira InyaRwanda ko bahisemo ko iki gitaramo kiba mbere kugira ngo bafashe abantu kuzizihiza neza uyu munsi wihariye mu buzima bw’Igihugu n’Abanyarwanda muri rusange.

Ati “Igitaramo twagishyize ku munsi wo kwizihiza Intwari z’u Rwanda ubusanzwe bawizihiza ku itariki ya 1 Gashyantare ariko twifuje ko twagikora umunsi ubanjirije kugira ngo tariki 1 Gashyantare abazitabira bazabone uburyo bwo kuwihiza ku rwego rw’Igihugu no mu miryango yabo.”

Muri iki gitaramo baririmbye bitaye cyane ku ndirimbo zabo, iz’abandi bahanzi barimo nka Muyango Jean Marie, Masamba Intore, Cecile Kayirebwa n’abandi.

Baririmbye indirimbo nka ‘Karame uwangabiye’, ‘Imihigo y’imfura’, ‘Gakondo yacu iganze’, ‘Rwanda rwera imfura’, ‘Demokarasi’ n’izindi.

Igice cya nyuma cyaranzwe cyane n’indirimbo zo kwizihiza Intwari. Umusangiza w’amagambo yakunze kumvikanisha ko iki cyari igitaramo cy’umuryango.

Iganze kandi yaririmbye icurangiwe n’abarimo umucuranzi wa gitari Bass, umucuranzi wa gitari acoustic, umucuranzi wa Saxophone n’abandi batandukanye.

Ni igitaramo kandi kitabiriwe n’abandi bo mu matorero atandukanye nk’ababarizwa mu Itorero Imanze, Imena, Abatangampundu, Urukerereza, Ingangare n’abandi batandukanye.

Cécile Kayirebwa yashyitse mu byicaro ati ‘aba basore mbise ‘Amasonga’

Uyu muririmbyi umaze imyaka irenga 50 atanga ibyishimo ku bisekuru byombi, ni umwe mu babaye hafi iri torero mu muziki wabo w’indirimbo gakondo.

Yari amaze igihe ashishikariza abantu kutazacikwa n’iki gitaramo. Ariko, yari umushyitsi Mukuru, ndetse benshi bari biteze izina rishya yita iri torero.

Ahawe indangagururamajwi, Kayirebwa yavuze ko yanyuzwe n'umudiho w'aba basore ndetse n'uburyo bitwaye ku rubyiniro, avuga ko yanezerewe cyane ku buryo kugira icyo arenzaho byamugora cyane.  Ati "Njyewe nanezerewe, nishimye cyane.”

Kayirebwa yavuze ko iri torero risanzwe rifite izina, ariko yifuje kubongereraho 'izina rya kibyeyi' maze abita 'Amasonga'.

Yavuze ko iri zina risobanura abantu bahora imbere, abanyeshyaka kandi bahagaranira kusa ikivi. Ati "Izina nabise nabise 'Amasonga'. Basanzwe ari indashyikirwa, ubwo ni amasonga y'indashyikirwa. Isonga ni umuntu uhora imbere, ibintu byose akabibera imbere, akabitunganya akabirwanira ishyaka kandi akabigira vuba ubuziraherezo."

Kayirebwa yaboneyeho no kubaha agace gato k’indirimbo bazubakiraho bazajya bifashisha mu gutangira ibitaramo byabo n’ibindi.

Cecile Kayirebwa ni umunyarwandakazi werekanye ko umuziki utazanywe mu Rwanda n’abazungu. Yamenyekanishije ubwiza bw’umuziki gakondo w’u Rwanda mu mahanga kandi kugeza n’ubu ntawe uramuhiga, ariganwa ariko ntarashyikirwa.

Yashyize hanze ‘cassette’ y’indirimbo yise ‘Ubumanzi’ iriho indirimbo ziryoshye, akagira Album yise ‘Rwanda’, ‘Amahoro’ n’izindi zitandukanye.

Abahanzi batunguranye muri iki gitaramo:

Bitandukanye n’ibindi bitaramo, Itorero Iganze Gakondo Group ntibigeze batangaza abahanzi bazabafasha muri iki gitaramo kugeza ubwo abitabiriye bataramiwe na Yvan Ngenzi uzwi mu ndirimbo zitandukanye cyane cyane izizwi mu matorero.

Ngenzi yaririmbye indirimbo nyinshi zubakiye ku gusingiza Intwari, aririmba indirimbo ze ndetse n’izo muri Kiliziya Gatolika. Yaririmbye indirimbo nka ‘Urera’, ‘Izamarere’, ‘Twaje Mana yacu’ n’izindi.

Yvan Ngenzi ni umuhanzi ufite umwihariko wo gukora injyana Gakondo mu ndirimbo zo guhimbaza Imana. Yanyuze mu matorero atandukanye nk'Urukerereza, Indahemuka n'andi yamubereye imbarutso yo gushibuka kw'impano yiyumvagamo yo kuririmbira Imana mu njyana Gakondo.

Amaze gukora indirimbo zitandukanye kandi zakunzwe zirimo; ‘Ntahemuka’, ‘Ndamushima’, ‘Uri umwami’, ‘Garuka’, ‘Mu gituza cyawe’ yakoranye na Aime Uwimana na Brenda, n’izindi. Izina rye rizwi na benshi mu bataha ubukwe cyane cyane ubw’Abakristo dore ko uyu musore atumirwa henshi mu rwego.

Umuhanzikazi Audia Intore kandi nawe yaririmbye muri iki gitaramo mu ndirimbo zirimo nka ‘Ziganje amarembo’, ‘Rwangabo’, ‘Umutoni’, ‘Simbi ryanjye’, ‘Intare batinya’, ‘Girubuntu’ n’izindi.

Muri 2012 nibwo Audia yatangiye gusubiramo indirimbo z’abandi bahanzi b’abanyarwanda n’abandi.  Nyuma yaho nawe atangira gukora indirimbo ze ku giti cye aho kuri ubu afite indirimbo eshanu.

Amaze kuririmba mu bitaramo no mu bukwe atibuka neza umubare, gusa avuga ko yaririmbye muri: ‘Umurage nyawo Kamaliza Concert’, ‘Iwacu Concert’, ‘Gakondo Accoustic Gala’, ‘Rwanda Connect Gala’, ‘Smart Service Awards’ n’ibindi byinshi.

Indirimbo nyinshi zaririmbwe muri iki gitaramo zirazwi cyane, byatumye abitabiriye banyurwa biturutse ku kuba bafatanyaga n’abaririmbyi kuziririmba, kwizihirwa n’ibindi byari mu murongo wo gushimira Intwari zitangiye u Rwanda.





 

Cécile Kayirebwa yanyuzwe n’ubuhanga bw’itorero Iganze Gakondo Group abita ‘Amasonga’ 

Kayirebwa yavuze ko ‘Amasonga’ ari abantu bahora bakora ibikorwa by’indashyikirwa, kandi bikagera ku mubare munini 

Kayirebwa yizihiwe muri iki gitaramo, abakitabiriye bamusaba kubaririmbira indirimbo ye yise ‘Umunezero’ imaze umwaka umunani isohotse ushingiye ku gihe yashyiriwe kuri Youtube 

Iganze babanje guserukanya mu mishanana yiganjemo ibara ry’umweru, baririmba nyinshi mu ndirimbo zabo 

Mu rwambariro mbere y'uko bagera ku rubyiniro bari bateguriwe 

Umunyabugeni yakojeje ibaba muri wino arashushanya karahava! 

Iri tsinda ryakoze iki gitaramo mu rwego rwo gusingiza byihariye umunsi w’Intwari


Ibyishimo bisendereye ku bitabiriye iki gitaramo cy'umuziki gakondo w'Abanyarwanda 

Umubyinnyi mu Itorero Intayoberana, Munganyinka Liliane yabyinnye Kinyarwanda

 

Umushyushyarugamba muri iki gitaramo, ni umwe mu babarizwa mu Itorero Urukerereza 

Itsinda Iganze Gakondo Group bafite indirimbo zirimo ‘Gakondo’ yibutsa Abanyarwanda gukomera ku muco wabo yaba bari mu Rwanda no mu mahanga 

Iganze Gakondo Group ni itsinda rikora rikanasubiramo indirimbo za gakondo nyarwanda ryifashishije ibicurangisho gakondo nk'inanga, ingoma n'amajwi y'umwimerere nyarwanda 

Iganze rigizwe n'abagabo n'abasore bahoze muri amwe mu matorero y'umuco nyarwanda amenyerewe cyane hano mu rwa Gasabo 

Iganze Gakondo Group imaze kwitabira ibitaramo bikomeye harimo n’icyateguwe n'umujyi wa Kigali mu 2019 n'ibindi 

Umuyobozi w’iri tsinda Liévin Niganze yagaragaje kwizihirwa muri iki gitaramo cyabo cya mbere 

Yvan Ngenzi ni umwe mu bahanzi nyarwanda barambye mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana

 

Ngenzi ni umukristo muri Zion Temple Gatenga. Azwi mu ndirimbo zitandukanye zirimo; ‘Ntahemuka’, ‘Ndamushima’ n’izindi

 

Izina rye rizwi na benshi mu bataha ubukwe cyane cyane ubw’abakristo


Mu gitaramo nk'iki cya gakondo uharanira gufata amafoto n'amashusho y'urwibutso

Audia Intore amaze gushyira hanze indirimbo nka ‘Sine ya mwiza’, ‘Urungano’, ‘Umugozi umwe’ n’izindi 

Muri 2012 nibwo Audia yatangiye gusubiramo indirimbo z’abandi bahanzi b’abanyarwanda 

Audia yaririmbye muri iki gitaramo akanyuzamo akabyina Kinyarwanda  

Ibinyobwa by'uruganda rwa Bralirwa nka Mitziig byafashishije benshi kwica icyaka



Angel na Pamella bazwi mu ndirimbo nka 'Rusengo' bitabiriye iki gitaramo 

Audia yifashishije abarimo umucuranzi wa Gitari Clement wamucurangiye muri iki gitaramo-Uyu musore yagize uruhare rukomeye mu gutunganya album ‘Musomandera’ ya Ruti Joel 

Mu ntego yihaye mu buzima bwe harimo gukomeza gukora umuziki adacitse intege agamije kumurikira impano ye abanyarwanda







Bamwe mu baririmbyi b'Itorero Iganze Group bagaragaje ubuhanga muri iki gitaramo



Abacuranzi ba gitari bafashije iri tsinda gutanga ibyishimo binyuze mu ndirimbo zitandukanye



Umucuranzi wa Saxophone yazamuye amarangamutima ya benshi muri iki gitaramo cyubakiye ku gusingiza Intwari



Umujyanama w'abahanzi batandukanye, Muyoboke Alex yitabiriye iki gitaramo


Yizihiwe! Arahaguruka acinya akadiho








KANDA HANO UREBE UKO UMURIRIBYI YVAN NGENZI YITWAYE MURI IKI GITRAMO

">

KANDA HANO UKO AUDIA INTORE YAGARAGAJE UBUHANGA MURI IKI GITARAMO GISINGIZWA INTWARI

">

CECILE KAYIREBWA YAKOZE KU MUTIMA YA BENSHI NYUMA YO KUBARIRIMBIRA

">

IGANZE GAKONDO GROUP BAKOZE IGITARAMO CYABO CYA MBERE NYUMA Y'IMYAKA ITANU

">

Kanda hano urebe amafoto menshi yaranze igitaramo cy'itorero Iganze Gakondo Group

AMAFOTO: Sangwa Julien-INYARWANDA.COM






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND