RFL
Kigali

Twaganiriye! Yaryumyeho ku wamutereye ivi mu mikino: Umulisa Nelly yatangaje uko yatangiye gukorana n’abahanzi

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:28/01/2023 15:27
0


Umulisa Nelly, umukobwa wigaruriye imbuga nkoranyambaga mu mashusho amugaragaza aca amazi umusore bakina amuterera ivi rwagati mu mujyi wa Kigali, yatangaje byinshi ku buzima bwe, yirinda kugira icyo avuga ku byabaye.



Umunsi wo kuwa 27 Mutarama 2023 ni bwo ku mbuga nkoranyambaga hahererekanijwe ku rwego rwo hejuru amashusho agaragaraza umusore witwa Jean Lionel Bayubahe uzwi nka Animateur aterera ivi inkumi yitwa Umulisa Nelly ikamwandagaza ikamusiga aho ngaho.

Mu kiganiro na inyaRwanda, uyu musore witwa Animateur yadutangarije ko ari ibintu yakoze yateguye mu kwerekana ukuntu abantu b’iyi minsi barajwe ishinga no kwishimisha mu kababaro k’abandi, ibintu avuga ko bitagakwiriye ndetse akavuga ko bikwiye gucika.

Atanga urugero ko nubwo bitari ukuri ariko ntawari ubizi ko barimo gukina umukino. Avuga ko mu babonye ibyajyaga mbere bose bisekeraga bafata amashusho bashyira ku mbuga nkoranyambaga. Umuntu umwe mu mbaga yari aho niwe wenyine waje kumuhagurusta ubwo umukobwa yamusigaga.

Nyuma yo kumva uruhande rwa Animateur no kubamenyesha iby’ingenzi kuri we, twifuje no kubagezaho mu buryo burambuye Umulisa Nelly usanzwe ari mu ruhando rw’imyidagaduro aho akorana n’abahanzi bamwifashisha mu ndirimbo akanakina muri filime zitandukanye.

Mu kiganiro na inyaRwanda.com, Umulisa yatangiye avuga muri macye uwo ari we:

"Umulisa Nelly ndi umukobwa w’umukinnyi wa filime unifashishwa mu mashusho y’indirimbo. Navukiye i Nyamirambo ndahakurira ariko nyuma nza kuhava ubu nkaba ntuye i Gikondo, nkaba narahisemo gukurikira ibirebana n’amahoteli mu mashuri yanjye".

Arasobanura uko yinjiye mu byo gukina filime:

"Natangiye gukina filime mu mwaka wa 2021 mpera mu yitwa "Bad Bitch" ya Njuga yahagaze nkomereza mu nzira yanjye nyivamo ubu ndi gukina muri filime eshatu zirimo "Urugo Rwanjye", "Kigali Drama" na "Ishyano" ".

Agaruka ku birebana no gukorana n’abahanzi aho ajya mu mashusho yabo y’indirimbo

"Natangiye kugaragara mu mashusho y’indirimbo mu mwaka wa 2022, hari ukuntu abantu bakubwira bati ibi bintu wabishobora ukabyanga, ariko igihe kiragera ukavuga uti bya bintu reka rero mbigerageze. Iyo ubigerageje ukabona hari ikintu wungukamo uravuga uti bino bintu nta mpamvu yo kubireka.

Indirimbo maze kugaragaramo ni nyinshi harimo iya Kaayi yitwa Pali, indi ni iya Kevin Kade yitwa Tiana, iya Mico The Best yitwa Indembo, iya Active yitwa Kubicu n'izindi. Nubwo ariko amafaranga aza atari menshi, ariko ayo tuba twavuganye barayaduha kugeza ubu ntawe ndakorana na we utaranyishyuye".

Umulisa avuga kandi uko ahuza ubuzima bwe busanzwe n'ibyo gukina filime no kugaragara mu mashusho y’indirimbo

"Urabishobora, urumva ngira igihe cy’ubuzima bwanjye busanzwe nkabihuza n’ibyo bindi kandi birajyana". 

Kugera ubu nubwo abandi bantu batamwumva kimwe ariko ababyeyi n’inshuti ze baramwumva kandi baramushyigikira

"Umubyeyi wanjye aranyumva, mu bantu basanzwe bo uba wumva bumva ko kuba ujya mu ndirimbo atari ibintu byiza baba bumva ko nyine wataye umuco wabaye ikirara, hari n'abadatinya kukwita indaya ariko burya njyewe ndiyizi n’ababyeyi baranzi bazi uko bandeze. Ikindi ibi bintu nabigiyemo mbizi neza ko bazamvuga ariko nzi icyo nshaka".

Umulisa ageze ku mashusho akomeje guhererekanwa yandagaza Animateur wamutereye ivi yavuze ko ntacyo yifuza kuyavugaho

"Ibijyanye n'ariya mashusho byo nta kintu mbivugaho, nta kintu nshaka kubivugaho muri aka kanya".

Yafashe umwanya agira inama abandi bakobwa bifuza kwinjira mu mwuga wo gukina filime, ati  "Ikintu nabwira abakobwa bifuza kuba bajya mu ndirimbo ntabwo bisonuye ko kujya mu ndirimbo ugiye gukora uburaya, ugiye kuba ikirara, unaniranye, ... ibyo byose wabikora uba no mu rugo kuko nanjye ndacyaba iwacu, ndacyabana n'ababyeyi banjye kandi mbikora".

Yungamo ati "Niba ubikunda bikore ariko ukomeze ube wa wundi uri we apana guhinduka ngo kuko wabaye umusitari, bino ni ibintu bishira iyo ubyitwayemo nabi byica ubuzima bwawe, rero ugomba kumenya icyo ushaka ukamenya ubuzima bwawe, ukamenya n'uko ubwitwaramo".

Umulisa asoza agira icyo asaba abanyarwanda

"Abanyarwanda bakwiye guhindura imyumvire ibyo kumva ko gukina filime, kugaragara mu ndirimbo ari uburara, oya, bakamenya ko biriya ari akazi uko ubigaragaramo atari bwo buzima uba ubayemo".

Avuka mu muryango w'abana batatu, we ni uwa kabiri

Asanzwe mu myidagaduro ariko amashusho ye ya vuba abwira OYA umusore wamutereye ivi niyo yamamaye cyane





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND