Inshuti ni abafite umumaro! Shaddyboo yateye utwatsi ibyo kugirana ubucuti na Yolo The Queen

Imyidagaduro - 25/01/2023 11:01 AM
Share:
Inshuti ni abafite umumaro! Shaddyboo yateye utwatsi ibyo kugirana ubucuti na Yolo The Queen

Mbabazi Shadia uzwi nka Shaddyboo yatanze igisobanuro cy’ijambo Slay Queen benshi bahora bibaza, anakomoza ku kuba nta bucuti ateganya kugirana na Kirenga Phiona wamamaye nka Yolo The Queen.

Mu kiganiro yagiranye n’abamukurikira ku rubuga rwa Instagram aho bagendaga bamubaza ibibazo bitandukanye, hari uwamubajije uko afata kwigira mu butunzi ‘Fincancial Independence’ no kuba ‘Slay Queen’.

Shaddyboo yabisobanuranye ubuhanga bukomeye mu rurimi rw’icyongereza, ugenecyereje mu kinyarwanda agira ati: “Ibyo bintu bibiri biratandukanye, kwigenga mu bijyanye n’ubutunzi ni igihe umuntu yinjiza byinshi bisumbye kure ibyo atakaza, mbega akagira icyo abika."

Naho ibyo kuba Slay Queen abisobanura agira ati: “Naho Slay Queen ni umuntu uba ashakisha ubutunzi, agamije kubaho mu buzima buhenze bw’ibirori."

Abajijwe ku mubano we na Yolo The Queen avuga ko batari abanzi ariko adateganya ko baba n’inshuti, kuko agirana ubucuti n’ab’umumaro ati: “Ariko n’ubundi ntabwo turi abanzi ariko nta n’ubucuti nshaka. Ubucuti ntabwo ari swing zanjye pe! Inshuti ni abafite umumaro."

Yaba Kirenga Phiona [Yolo The Queen] na Mbabazi Shadia [Shaddyboo] bose bakaba ari abantu bakunze kuvugisha benshi kubera uburanga bwabo butangaje, bukurura abatari bacye bishimangirwa n’umubare uri hejuru w’ababakurikira ku mbuga nkoranyambaga.

Shaddyboo akaba ari umugore w’abana 2 w’imyaka isatira 31 kuko yabonye izuba kuwa 20 Mata 1992, ndetse aherutse gutangaza ko yize mu mashuri yisumbuye ibijyanye n’Imibare, Ubugenge n’Ubumenyi bw’isi [MPG] ndetse ngo atunze amamodoka menshi.

Mu gihe Yolo The Queen we ari umukobwa nk’uko bigaragara ushobora kuba ari hagati y’imyaka 25 na 28, wize mu mashuri arimo King David kuri ubu ukora ibijyanye no kwamamaza n’ubucuruzi bw’amafaranga binyuze mu ikoranabunga nk’uko aheruka kubitangaza.

Shaddyboo yatanze igisobanuro cya Slay Queen avuga ko ari abakobwa baba bashaka uko babaho mu buzima buhenze

Shaddyboo yavuze ko ubucuti atari ikintu cye n’iyo hari uwo babugiranye aba ari uw'umumaro bityo ntabwo ateganya na Yolo The Queen


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...