Harmonize uri kubarizwa mu Rwanda, ari kumwe na Bruce Melodie basangiye baryohewe na Capati ndetse n’ipirahu yo mu Biryogo, mu busanzwe imenyereweho gukoranya imbaga igasangirwa na benshi.
Harmonize ni umwe mu bahanzi bakomeye
mu karere ka Afurika y’iburasirazuba akaba ari umwe mu bahanzi bashimirwa umuziki
wabo, ndetse ibikorwa bye bigashimwa na benshi bitewe n’uko adasiba
kubigaragaza.
Uyu muhanzi umaze kwerekana ko yaryohewe
na Kigali, tariki 23 Mutarama 2023 yerekeje mu Biryogo ahazwi nko mu marangi
maze yirira capati ndetse n’iprahu yaho mu buryo busanzwe.
Uyu muhanzi mu bihe bitandukanye
wabonaga ko yanyuzwe, ndetse abantu bari bamuri impande ubona ko bishimiye
kumubona mu buryo budasanzwe ari gusangira nabo, benshi zari inzozi.
Ubwo yari avuye kurya, hari umubyeyi wamuguyemo
atitaye kubashinzwe umutekano amwereka urukundo rudasanzwe, maze amwereka ko
ibyo amaze imyaka akora banyurwa nabyo.
Bruce Melodie na Harmonize ku meza
Bamwe mu bari bahereye i Nyamirambo
aho Harmonize yari ari banyuzwe no kumubona, maze agenda abaha amafaranga kubigendanye
n’icyo yishimiraga.
Amakuru ava mu ikipe iri kugendana n’uyu
muhanzi avuga ko uyu muhanzi yahagurukanye ibihumbi 600, ndetse aya mafaranga
yose ubariyemo n’ayo yishyuye ngo nta n’iritoboye yagarukanye.
Basangiraga ipirahu na Capati imbere yabo
TANGA IGITECYEREZO