RFL
Kigali

Sengabo Jodas yasobanuye album yise 'Bene u Rwanda' agiye kumurika

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:24/01/2023 10:25
0


Umuhanzi wubakiye umuziki we kuri gakondo y’Abanyarwanda, Sengabo Jodas yatangaje ko agiye kumurika album ye ya mbere yise ‘Bene u Rwanda’, mu gitaramo yahurijemo abahanzi bagenzi be batatu n’amatorero atatu.



Yabwiye InyaRwanda ko album ye yayitiriye indirimbo ‘Bene u Rwanda’ kubera ko iyo ndirimbo yereka Abanyarwanda ko ‘imbaraga zabo ari ubumwe bwabo.’

Indi mpamvu atanga ni uko ‘iyi ndirimbo ariyo yanyinjije mu muziki’. Agakomeza ati “Ni indirimbo irimo ubutumwa cyane cyane nkunze gutanga mu bihangano byanjye, ikaba indirimbo ifite igisobanuro gikomeye ku mateka yaranze abanyarwanda.”

Album ye iriho indirimbo 10. Avuga ko isobanuye byinshi ku muziki we, haba mu gihe amaze mu muziki kandi agikomeje. Avuga ko umuntu ajya mu kintu afite intego mu rugendo, muri urwo rugendo hakabamo imbogamizi no kugira amahirwe yo kubona urukundo rw’abantu aho byanze bakagushyigikira.

KANDA HANO UGURE ITIKE HAKIRI KARE

Sengabo avuga ko iki gitaramo kizaba umwanya mwiza wo gushimira Imana urukundo yerekwa n’abantu n’uburyo bakomeza kumutera ikunga, aho yacitse intege bakamukomeza.

Asobanura gushyigikirwa nk’imbaraga z’ahazaza mu muziki we, ndetse no ‘kwerekana icyo nshoboye hagira n’umfasha akamfasha ariko nibura nagize icyo mwereka, mu by’ukuri iri ni itafari ryanjye rya mbere ku muziki wanjye.’

Iki gitaramo kizaririmbamo abubakiye umuziki kuri gakondo barimo umusizi Junior Rumaga, Nyirinkindi, Ange na Pamella, Audia Intore, Itorero Indangamirwa ndetse na Iganze Gakondo.

Sengabo Jodas avuga ko yabatumiye ashingiye ku bikorwa bya buri umwe n’umubano bagirana. Ikindi ni uko bahuriye mu gice kimwe cy’umuziki wuje ubuvanganzo Nyarwanda.

Ati “Narabiyambaje baranyumva, ibyo akaba ari nacyo cy’ibanze mbashimira. Inshuti igufasha mu rugamba ukayisanga ikakumva. Nabagejejeho urugendo rwanjye baranyumvira.”

Sengabo avuga ko indirimbo ye ‘Bene u Rwanda’ yakiriwe neza, bimuha umukoro wo gukora indirimbo ziyirusha ubwiza.

Ati “Iteka uko najyaga gukora igihangano gishya wasangaga mpangana na Bene u Rwanda, kugira ngo kitajya hanze abakiriye Bene u Rwanda bagasanga kiri hasi.”

Album ya Sengabo yatunganyijwe na ba Producer batandukanye, barimo Jay P bakoranye igihe kinini ndetse na Mucyo Nicolas.

Hari kandi Producer Igor wakoreraga muri Touch Record, akaba ari nawe wakoze ‘Bene u Rwanda’. Ni mu gihe indirimbo nka ‘Isimbi’ yakozwe mu buryo bw’amashusho na Producer Fayzo.

Iki gitaramo cyo kumurika iyi album kizaba ku wa 3 Gashyantare 2023, kikazayoborwa n'umushyushyarugamba MC Tino.

Kwinjira ni 5,000 Frw mu myanya isanzwe, 10,000 Frw muri VIP na 50,000 Frw ku meza y'abantu batandatu. 

Kizabera ahitwa Cayenne Resort iherereye ku Murenge wa Kimironko, guhera saa kumi n'ebyiri z'umugoroba. 


Sengabo Jodas yahurije mu gitaramo abarimo Rumaga, Ange na Pamella n’abandi mu gitaramo azamurikiramo album ye ya mbere yise 'Bene u Rwanda' 

Sengabo yavuze ko indirimbo ye 'Bene u Rwanda' yakunzwe, ku buryo byamuhaye umukoro wo gukora izindi ndirimbo nziza 

Ange na Pamella bazwi mu ndirimbo zirimo 'Gwera' bazaririmba mu gitaramo cya Sengabo Jodas 

Umuhanzikazi Audia Intore uzwi mu ndirimbo zirimo nka 'Sine ya mwiza', 'Simbi ryanjye' n'izindi 

Umusizi Rumaga uzwi mu bisigo birimo 'Ayabasore', 'Umugore si umuntui' n'ibindi ategerejwe muri iki gitaramo  

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'SIMBI RYANJYE' YA SENGABO JODAS

 ">

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'BENE U RWANDA' YA SENGABO JODAS

 ">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND